Ihuriro ry’ abagore bari mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda (FFRP) rikomeje kwamagana ibihuha bivugwa na bamwe babifitemo inyungu zabo cyangwa se badasobanukiwe bagenda bavuga ko hatowe itegeko ryo gukuramo inda.
Mu gikorwa cy’umuganda rusange wabaye kuwa gatandatu tariki 29/09/2012, Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) yashyikirije akarere ka Nyanza igihembo cy’uko kabaye indashyikirwa mu kwita ku bikorwa by’umuganda w’abaturage.
Rayon Sport iranyomoza amakuru avuga ko yaba ishaka kwirukana abatoza bayo, barimo Umutoza wungirije witwa Abdoul Mbarushimana, batangiye Shampiyona nabi batsinde, cyane cyane umukino uheruka iyi kipe yatsinzwe na AS Kigali bikarakaza abafana cyane.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imiyoborere (RGB) na gifatanyije n’Ishyirahamwe ry’Ibinyamakuru byigenga (FPN), byasabye abayobozi bimana amakuru kandi babifitiye ubushobozi kubireka. Babikanguriwe mu mahugurwa y’umunsi umwe bagenewe kuri uyu wa Gatanu tariki 28/09/2012.
Abakobwa bagize ibyago byo guterwa inda bakiri munsi y’imyaka 18 y’amavuko bo mu murenge wa Busasamana mu mujyi wa Nyanza barahamagarira abandi kwirinda ibishuko bakima amatwi ababakururira mu busambanyi.
Mbonimpa Daniel w’imyaka 30 y’amavuko yatawe muri yombi n’abaturage bo mu mudugudu wa Mukindo, akagali ka Kibinja, umurenge wa Busasamana bamushinja kubiba ibintu kubera igihanga cy’ibyarahani bibiri yafatanwe abishakira umuguzi.
Umuryango w’abanyeshuli bacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 biga mu ishuli ryisumbuye rya ESPANYA ( AERG-ESPANYA) riherereye mu karere ka Nyanza wizihije isabukuru y’imyaka 9 umaze ushinzwe kuwa gatandatu tariki 22/09/2012.
Ubwo yifatanyaga n’akarere ka Nyanza muri gahunda yo kurwanya ibiyobyabwenge mu rubyiruko, Umunyamabanga wa leta ushinzwe amashuli abanza n’ayisumbuye yatangaje ko ubuyobozi bw’ako karere bufitanye igihango na polisi y’igihugu.
Ntakirutimana Madaleine utuye mu mudugudu wa Bugina, akagali ka Migina, umurenge wa Muyira mu karere ka Nyanza yatemewe inka n’abagizi ba nabi bashakishijwe baburirwa irengero.
Bamwe mu bahesha b’inkiko batabigize umwuga bakorera mu karere ka Nyanza barashinjwa n’abaturage ko aribo badindiza irangizwa ry’imanza zaciwe n’inkiko kandi zitarajuririwe mu gihe cy’iminsi 30 ibarwa kuva isomwa ry’urubanza ribayeho nk’uko amategeko abiteganya.
Akarere ka Nyanza na Rayon Sports basinyanye amasezerano y’ubufatanye ashimangira ko Rayon Sport izimukira i Nyanza ndetse ako karere kakazajya gatanga miliyoni 40 muri mwaka mu rwego rwo gushyigikira iyo kipe.
Inkeragutabara zo mu karere ka Nyanza zibumbiye muri koperative zakuye mu bwigunge abatuye ku mupaka w’u Rwanda n’u Burundi, zishyiraho ubwato buzajya bubafasha mu buhahirane kuko ubanzwe nta buryo bwari buriho bwahuzaga aba baturage.
Mbarubukeye Jean Marie Vianney w’imyaka 42 y’amavuko utuye mu murenge wa Ntyazo mu karere ka Nyanza yagejejwe mu bitaro bya Nyanza yatemwe ukuboko kwe kw’iburyo na mukuru we amuhoye ko amubujije gukomeza kurwana.
Inama Njyanama y’akarere ka Nyanza yemeje ko ikipe ya Rayon Sport ihabwa amafaranga yagenerwaga ikipe ya Nyanza FC ariko ikagaruka iwabo ku ivuko, mu nama yateranye kuri uyu wa Gatanu tariki 31/08/2012.