Umuryango w’Abayapani ushinzwe iterambere mpuzamahanga JICA, Japanese International Cooperation Agency washyikirije Abanyarwanda 60 bafite ubumuga n’ingabo zamugariye ku rugamba ibikoresho by’imyuga binyuranye bazakoresha mu kwiteza imbere no gufasha Abaturarwanda kubona serivisi zikomoka ku myuga uko bazikeneye. (…)
Umwana witwa Hakorinoti w’imyaka 17 y’amavuko wari umushumba mu rugo rwo kwa Minani Ernest utuye mu mudugudu wa Buhaza, Akagali Gati mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza basanze amanitse mu giti cy’umwembe yapfuye bikekwa ho yaba yiyahuye.
Umuyobozi w’akarere ka Nyanza arahamagarira abafite inshingano za kiyobozi mu byiciro byose kuba maso kandi bagakora cyane bagamije iterambere ry’abo bayoboye kuko kuri we ngo iyo umuyobozi asinziriye gato, abo ayoboye bose ntibashobora kugira aho bagera, ndetse ngo ahubwo bo barasinzira bakagona.
Umusuwisi witwa Jérémie Robyr akaba ari inzobere mu gukora inyigo z’ubukerarugendo n’ibibuga bikorerwaho umukino wa Golf mu ruzinduko yagiriye mu karere ka Nyanza tariki 8/011/2013 yasize yijeje ubuyobozi bw’ako ubufatanye mu gushakisha uko ubukerarugendo na Siporo byatera imbere muri aka karere.
Nkurikiyinka Joseph w’imyaka 48 y’amavuko wari utuye mu mudugudu wa Nyakabungo, Akagali ka Kagunga mu murenge wa Ntyazo mu karere ka Nyanza yakubiswe n’inkuba ahita apfa ku mugoroba wa tariki 6/11/2013 mu gihe uwo bari kumwe we yashoboye kurokoka.
Umwarimu witwa CITO Sylvestre yafatiwe muri Local ya 16 mu kigo cy’ibizamini cya Lycée ya Nyanza mu karere ka Nyanza akekwaho gukopeza umunyeshuli mu kizamini cya Leta cy’isomo ryo kwihangira imirimo (Entrepreneurship).
Ubwo umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’umutekamo mu gihugu, Ambasaderi Munyabagisha Valens, yasuraga gereza ya Nyanza tariki 2/11/2013 yagaragaje ko isuku yaho n’abaho ikwiye kuba yafatwaho icyitegererezo.
Sibomana Salvator w’imyaka 53 y’amavuko ufite ubwenegihugu bw’u Burundi wari atuye mu Rwanda yaguye ku cyambu cy’i Mututu, mu gihe yari ategereje kwambuka ngo ajye kwivuriza uburwayi bwe mu gihugu cye cy’amavuko yari amaranye iminsi.
Mu nkengero z’umugezi wa Mwogo unyura mu murenge wa Nyagisozi mu karere ka Nyanza hatoraguwe umurambo w’umugore witwa Uzamushaka Alphonsine w’imyaka 31 y’amavuko afite igikomere mu mutwe bigaragara ko yakubiswe maze akajugunwa muri uwo mugezi.
Katabarwa Araika w’imyaka 51 na Mutarambirwa Sylvestre w’imyaka 50 bafatiwe mu murenge wa Ntyazo mu karere ka Nyanza bapakiye ibiti byo mu ishyamba rya Leta byitwa “imisheshe” bivugwa ko bivamo imibavu (Parfum).
Nsaziyinka Augustin w’imyaka 70 y’amavuko wari utuye mu mudugudu wa Kimirama, Akagali ka Kimirama mu murenge wa Busoro mu karere ka Nyanza yiyahuye tariki 28/10/2013 anyoye umuti ukoreshwa mu buhinzi bita Simikombe ngo kuko umugore bashakanye amuca inyuma.
Mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umugore wo mu cyaro wabereye mu karere ka Nyanza ku rwego rw’igihugu tariki 26/10/2013 inka 66 zagabiwe bamwe mu batishoboye bababaye kurusha abandi hagamijwe kuzamura ubukungu n’imibereho myiza yabo.
Umugoroba w’ababyeyi watangijwe ku mugoroba wo kuwa Gatanu tariki 25/10/2013 watangijwe mu karere ka Nyanza ku rwego rw’igihugu witegezweho kuzakemura byinshi mu miryango y’Abanyarwanda.
Murenzi Protais wari umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagali ka Gitovu, umurenge wa Busoro mu karere ka Nyanza yagurishije ishyamba rya Leta ringana na hegitari eshatu amafaranga avuyemo ahitamo kuyifunga aho kuyageza mu isanduku y’Akarere.
Ndikumana bakunze kwita Rukara w’imyaka 27 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Gasharu, Akagali ka Katarara mu murenge wa Ntyazo mu karere ka Nyanza yatemaguwe bikabije mu mutwe, igikanu no ku maboko bamuziza ko ngo abanye neza n’umukoresha acururiza inyama z’inka.
Urubanza Hategekimana Martin bakunze kwita Majyambere, aregwamo ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 rwari kuburanishirizwa mu rukiko rukuru urugereko rwa Nyanza tariki 22/10/2013 rwasubitswe kubera impamvu z’iperereza urukiko rukomeje gukora.
Col. Charles Musitu, Komiseri mu kigo cy’igihugu gishinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS) yasuye abacungagereza mu karere ka Nyanza aho bari mu myitozo yo ku rwego rwo hejuru mu gucunga abagororwa nta ntwaro bakoresheje yishimira ubumenyi bamaze kwiyungura mu gihe gito bahamaze.
Nyiraromba Speciose wari utuye mu mudugudu wa Rwimbazi, akagali ka Kirambi mu murenge wa Nyagisozi mu karere ka Nyanza yaguye mu bitaro by’Akarere ka Nyanza tariki 11/10/2012 saa sita z’amanywa azize imihoro yatemeshejwe n’umuhungu we mu mutwe no ku maguru amuziza ko yamubujije kugurisha ibintu byo mu nzu y’iwabo.
Abasore babiri n’umukobwa umwe bashoboye kurokoka impanuka ikomeye yabereye mu mudugudu wa Kabuzuru, Akagali ka Kibinja mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza mu gitondo cya tariki 12/10/2013.
Umusore w’imyaka 25 wari umukozi wo mu rugo mu mudugudu wa Buhaza, akagali ka Gati, umurenge wa Muyira mu karere ka Nyanza acumbikiwe na polisi yo muri aka karere akurikiranweho gusambanya umwana w’imyaka ibiri.
Abaturage batuye mu karere ka Nyanza cyane cyane mu gice cy’umujyi bazaniwe imurikagurisha rihuriwemo na bimwe mu bihugu bigize umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC) rizamara ukwezi kose rikaba ryatangiye tariki 07/10/2013.
Inka y’umuturage witwa Muvunandinda Bernard utuye mu mudugudu wa Rugarama mu Kagali ka Kimirama mu murenge wa Busoro mu karere ka Nyanza yakubiswe n’inkuba irayihitana tariki 3/10/2013 ahagana saa munani z’amanywa.
Imwe mu ihoteri ikomeye yo mu mujyi wa Nyanza “Dayenu Hotel” mu rukerera rwa tariki 3/10/2013 ahagana saa cyenda z’ijoro yatewe n’abajura yibwamo ibintu bitandukanye birimo inzoga zihenze n’ibindi bintu by’agaciro.
Abanyeshuli 15 biga mu ishuli ryisumbuye rya Lycee ya Nyanza riherereye mu murenge wa Kigoma mu karere ka Nyanza bagaragaweho uburwayi bw’icyorezo cy’impiswi bajyanwa mu bitaro ari indembe.
Mu muganda rusange usoza ukwezi kwa cyenda umwaka w’2013 wakorewe ku rwego rw’Akarere ka Nyanza mu gishanga cya Busogwe kiri mu kagali ka Kavumu mu murenge wa Busasamana tariki 28/09/2013 wahujwe no gutangiza igihembwe cy’ihinga 2014 A abaturage basabwa kwirinda indwara ziterwa n’imirire mibi.
Ngabo Gentil w’imyaka 7 uvuka mu mudugudu wa Muturirwa mu kagali ka Kiruri mu murenge wa Mukingo tariki 23/09/2013 yaguye mu cyobo cyaretsemo amazi y’imvura ahita ahasiga ubuzima bwe.
Ben Llewellyn- Jones OBE, uhagarariye Ubwongereza mu Rwanda yasuye gereza ya Nyanza hagati ya saa tatu na saa yine za mu gitondo tariki 19/09/2013 maze nyuma y’uruzinduko rwe avuga ko ibyo yabonye bitandukanye n’ibiyivugwaho.
Ngezamaguru Matayo w’imyaka 32 wari utuye mu mudugudu wa Gatare mu Kagali ka Nyamure mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza yitabye Imana mu gitondo cya tariki 18/09/2013 nyuma y’uko mu minsi ibiri ishize yari aherutse gukubitirwa ku kabari n’abagabo babiri bari kumwe nawe bahasangirira inzoga.
Abagore bo mu karere ka Nyanza barasaba bagenzi babo bazabahagararira mu nteko ishinga amategeko kuzabavuganira umugore wo mu cyaro nawe agakataza mu iterambere kimwe n’iryo abanyamujyi bagezeho.
Umuforomo mu ivuriro rya Butansinda riri mu murenge wa Kigoma mu karere ka Nyanza yafashwe na polisi akurikiranwaho gufasha umukobwa wiga muri College de Kigoma gukuramo inda y’amezi atanu.