Umukobwa witwa Kasine Janet w’imyaka 19 y’amavuko na Mukamusoni Damarce akaba ari umubyeyi we batuye mu kagali ka Munyinya mu murenge wa Busoro mu karere ka Nyanza bahiriye mu nzu y’iwabo nayo ihinduka umuyonga.
Bangayabandusha Venuste, Hakizimana Sixbert na Mbonigaba Jean Claude bacumbikiwe kuri station ya polisi ya Busasamana bazira gufatanwa ibiti by’imisheshe byari byibwe mu kagali ka Nyundo mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza.
Umuyobozi w’akarere ka Nyanza, Murenzi Abdallah, arihanangiriza bamwe mu banyamabanga Nshingwbaikorwa b’utugali two muri aka karere bijandika mu byaha bya ruswa n’ibindi bifitanye isano nayo ngo kuko kuri we ikosa araryihanganira ariko akaba ntaho yahera yihanganira uwo icyaha cyagaragayeho.
Umugabo witwa Habyarimana Sipiriyani w’imyaka 52 y’amavuko utuye mu murenge wa Busasamana, Akarere ka Nyanza yatwitswe n’umugore we amumennyeho amazi ashyushye mu ijosi no mu gituza cye hahinduka ubushye.
Muri gahunda y’ibiganiro byakozwe hagati y’ubuyobozi bwite bw’akarere ka Nyanza n’ubuyobozi bw’urwego rw’abikorera muri aka karere ngo hagaragajwe ko mu cyerekezo 2020 u Rwanda rwihaye abikorera aribo bazaba bayoboye igihugu.
Kirenga Chris, ishimwe Ange, Kayitare Jean Michel Toussaint na Ingabire Tricia ni bo banyeshuri bazahagararira abandi bo mu Turere twa Nyanza na Huye mu marushanwa ku rwego rw’Akarere k’ibiyaga bigari ku bijyanye no kuvugira mu ruhame (public speaking).
Imwe mu miryango yirukanwe mu gihugu cya Tanzaniya itujwe mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza iratangaza ko gahunda yo kuyituza mu midugudu bayitezaho kuzahindura byinshi bijyanye n’imibereho ubu babayemo.
Umugabo witwa Nkundimana Emmanuel w’imyaka 27 y’amavuko yishe umugore wa mukuru we Mukaminani Clothilde w’imyaka 31 y’amavuko amukubise ikibando mu mutwe agapfa ataragezwa kwa muganga.
Kuri uyu wa mbere tariki 17/02/2014 mu karere ka Nyanza hagejejwe imurika ryimukanwa (Expo mobile) ryateguwe na AEGIS Trust ku bufatanye n’ibindi bigo bigamije kubaka amahoro nyuma ya Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda.
Ishuli rikuru ryigenga ry’abalayiki b’abadivantiste rya Kigali (INILAK) ishami rya Nyanza ryegukanye igikombe cy’abahize abandi mu kumurika ibikorwa bifitiye akamaro abaturage mu karere ka Nyanza.
Murekatete Josiane na Mubandakazi Marie Claire bari batuye mu mudugudu wa Nyarurama mu kagali ka Rwotso mu murenge wa Kibilizi mu karere ka Nyanza bakubiswe n’inkuba tariki 11/02/2014 ahagana saa cyenda n’igice z’amanywa barimo batera intabire bombi bahita bapfa.
Mbarimombazi Candari w’imyaka 26 y’amavuko wari utuye mu mududugu wa Kiniga mu Kagali ka Nyamiyaga mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza tariki 9/02/2014 yakubiswe n’inkuba ari iwe mu rugo ahita apfa naho umugore we n’umwana bagwa igihumure.
Umushoferi utashoboye kumenyekana yafatiwe mu mudugudu wa Runyonza mu kagali ka Rwotso mu murenge wa Kibilizi mu karere ka Nyanza saa sita z’ijoro tariki 6/02/2014 apakira ibiti byitwa imisheshe imodoka arayita atinya ko yatabwa muri yombi.
Umucuruzi witwa Nzeyimana Jean Marie Vianney ukorera mu karere ka Huye yazanye imurikagurisha yateguye ku giti cye mu karere ka Nyanza rikaba rizamara ibyumweru bibiri n’igice.
Abakozi 11 bakoraga isuku mu kigo cy’imyuga cya Kavumu kiri mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza barashinja rwiyemezamirimo witwa Agaba Sylvan kuba yarabambuye amafaranga y’ukwezi kwa karindwi mu mwaka ushize wa 2013.
Mu muganda rusange wabereye mu mudugudu wa Gitovu mu kagali ka Kavumu mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza kuwa gatandatu tariki 25/01/2014, abaturage babiri bari bawitabiriye bahawe inka muri gahunda ya Girinka Munyarwanda ku buryo butunguranye.
Nteziyaremye Jean Damascène wicishije mukase isuka amushinja y’uko ngo yaba amurogera abana urukiko rwisumbuye rwa Huye rwamuhanishije imyaka 25 y’igifungo mu rubanza rwasomewe aho cyaha cyakorewe mu murenge wa Ntyazo mu karere ka Nyanza.
Kayitesi Immaculée w’imyaka 51 y’amavuko utuye mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza avuga ko kugira ngo yige ari muri iyo myaka ikuze byatewe n’amateka mabi y’ivangura yakorewe mbere y’1994 akamuvutsa uburenganzira bwo kwiga akiri muto.
Bandebukondi Pascal w’imyaka 46 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Nzuki mu Kagali ka Nkomero mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza yakubiswe umuhini mu mutwe n’umugore we ajyanwa kwa muganga atabasha kuvuga kubera uburyo yari amerewemo nabi cyane.
Abasore batatu : Niyonshuti Oscar, Uzakunda Laurent na Kabera Appolinaire bacumbitse mu mudugudu wa Kamatovu mu kagali ka Gahondo mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza bafashwe ku gicamunsi cya tariki 17/01/2014 batetse inyama z’ihene biyemerera ko bari bibye.
Inkoni y’umwamikazi w’Ubwongereza Elizabeth wa II iri mu Rwanda kuva tariki 15-18/01/2014 yasesekaye mu karere ka Nyanza yakiranwa ubwuzu kuri uyu wa 16/01/2014 ahagana saa sita n’igice z’amanywa.
Imodoka yo mu bwoko bwa Fuso yo muri Uganda yafatiwe mu kagali ka Gatagara mu murenge wa Mukingo mu ijoro rya tariki 14/01/2014 ipakiye ibiti by’imishikiri bivugwa ko bivamo parufe maze umushoferi wayo ariruka.
Mbabarempore Emmanuel yakubitiwe mu mudugudu wa Kidaturwa mu kagali ka Rwesero mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza kugeza ubwo ashizemo umwuka nyuma y’uko abaturage bamuguye gitumo arimo yiba ihene akazica imitwe.
Mu rukerera rwa tariki 11/01/2014 uwitwa Twahirwa Jonas yitabye Imana nyuma y’uko abandi batatu bamubanjirije gupfa bose bazira ikigage banyoye kuri Bonane ubwo bari mu rugo rw’umuturanyi bishimira ko umwaka wa 2013 bawusoje mu mahoro.
Bizimana Joseph w’imyaka 80 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Kivumu mu kagali ka Nyanza mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza urugo rwe n’ibyari birurimo byafashwe n’inkongi y’umuriro bisigara ari umuyonga.
Nteziyaremye Jean Damascène w’imyaka 33 y’amavuko yishe Mukabaganwa Alphonsine w’imyaka 48 wari umubereye mukase amukubise isuka mu mutwe ku mugoroba wa tariki 8/01/2014 ngo bapfuye y’uko amurogera abana.
Minisitiri ushinzwe abinjira n’abasohoka, umutekano n’ubutabera w’u Buholandi, Fred Teeven, yasuye gereza ya Nyanza kuwa kabiri tariki 7/01/2014 ashima urwego iyi gereza igezeho mu buryo bwo kugorora abayifungiyemo ndetse no kwita ku mibereho myiza yabo.
Abantu 56 bakomoka mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza tariki 4/01/2014 bagejejwe mu bitaro by’aka karere baribwa mu nda ku buryo bukomeye ndetse n’umwe muri bo amaze gupfa ngo bitewe n’ikigage banyoye mu birori byo kwishimira umunsi mukuru w’Ubunane bwabaye tariki 01/01/2014.
Impanuka yabereye mu mudugudu wa Karama mu Kagali ka Butansinda mu murenge wa Kigoma mu karere ka Nyanza tariki 03/01/2014 ahagana saa moya za mu gitondo umugabo witwa Habakurama Epimaque wari kuri moto yagonze Ndayisaba Aron wari utwaye igare bajyanwa kwa muganga basa nk’abataye ubwenge.
Niyigena Béatha w’imyaka 18 y’amavuko waru utuye mu mudugudu wa Mweya mu Kagali ka Gahunga ko mu murenge wa Nyagisozi mu karere ka Nyanza yitabye Imana tariki 2/01/2014 ngo azize ibiryo yagaburiwe na mugenzi we yamusuye ku munsi mukuru wa Bonane.