Ntamahungiro Theodore w’imyaka 21 na Kaberuka Jean Damascene w’imyaka 42 bafungiye kuri poste ya Polisi ya Ntyazo bakuriranweho kwigiza ibiti by’ishyamba cyimeza bitwikiriye ijoro.
Rukundo Pascal uyobora Akagali ka Kabilizi mu murenge wa Nyagisozi mu karere ka Nyanza bamukubitiye iwe banamutera icyuma mu rubavu kimuhinguranya imbere mu mubiri.
Niyitegeka Ephron w’imyaka 21 umurambo we wabonetse mu gishanga cy’umuceli wo mu mudugudu wa Kimirama mu kagali ka Gitwa mu murenge wa Busoro mu karere ka Nyanza bigaragara ko yatewe ibyuma mu ijosi.
Niyomugabo Pascal wishe muramu we amuteye icyuma yafatiwe mu karere ka Bugesera akaba afungiye kuri station ya polisi ya Ruhuha mu gihe hagiteregerejwe ko agezwa aho yakoreye icyaha mu murenge wa Ntyazo mu karere ka Nyanza.
Niyomugabo Pascal bitaga Rubyogo wari utuye mu mudugudu wa Gisayura mu kagali ka Bugali mu murenge wa Ntyazo mu karere ka Nyanza yateye icyuma muramu we witwa Bizimana André w’imyaka 41 y’amavuko ahita apfa.
Mu kiganiro yatanze ubwo ishuri INILAK ishami rya Nyanza ryibukaga ku nshuro ya 19 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, Hon. Depite Kalima Evode yanenze abantu bari barize muri icyo gihe ariko ntibibabuze kuyigiramo uruhare.
Ishuli ribanza rya Busoro ryubatse mu kagali ka Masangano mu murenge wa Busoro ryibutse abanyeshuli 24 n’umwarimu wabo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Urwunge rw’amashuli rwa Hanika, Maranatha na COSTE & IT Hanika ku mugoroba wa tariki 07/06/2013 byihurije hamwe mu gikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 mu Rwanda.
Umuyobozi w’itorero ry’igihugu, Rucagu Boniface, yifatanyije n’intore ziri ku rugerero mu karere ka Nyanza tariki 07/06/2013 mu muhango wo kuzishimira ibikorwa by’imirimo y’amaboko zakoze biturutse ku bushake n’ubwitange bwazo.
Impanuka ya Busi nini ya Horizon yabaye tariki 05/06/2013 ahagana saa saba z’amanywa mu mudugudu wa Nyamiyaga mu kagali ka Gatagara mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza yakomerekeyemo abantu 15 ubwo imodoka yarengaga umuhanda.
Ku bufatanye bw’ibitaro bya gisirikare bya Kanombe, abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 bo mu karere ka Nyanza bagiye kumara icyumweru cyose bavurirwa ubuntu indwara zinyuranye bakomora kuri Jenoside.
Dufatanye Eugène w’imyaka 24 y’amavuko utuye mu murenge wa Kinazi mu karere ka Ruhango afungiye kuri station ya Polisi ya Busasamana mu karere ka Nyanza akurikiranweho gukorera undi ikizamini cy’uruhushya rw’agateganyo (Permis provisoire).
Imibiri 77 y’inzirakarengane zo mu cyahoze ari amakomini ya Mukingi na Masango zazize Jenoside yakorewe Abatutsi yashyinguwe mu rwibutso rwa Jenoside rwa Nkomero mu karere la Nyanza tariki 02/06/2013.
Kuwa gatandatu tariki 01/06/2013 byari ibintu bidasanzwe ubwo ikipe ya Rayon Sports yerekanaga igikombe cya shampiyona yatwaye muri uyu mwaka wa 2013 imbere y’abafana bayo aho iyo kipe ikomoka mu karere ka Nyanza.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyanza bufatanyije n’umushinga wo gufata amazi, ubutaka no kuhira imirima y’imusozi (LWH) ukorera muri Minisiteri y’ubuhinzi bakomeje guhamagarira abantu babishaka bose kuza muri ako karere bagahabwa akazi ko gukora mu materasi y’indinganire.
Mu gikorwa cy’umuganda rusange wabaye tariki 25/05/2013, abaturage bafatanyije n’abagize amakoperative yo gutwara abantu ku magare n’amapikipiki hamwe n’ingabo z’igihugu zikorera mu karere ka Nyanza bikemuriye ikibazo cy’umuhanda n’iteme ryari ryarasenyutse.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Nyanza mu murenge wa Busasamana mu kagali ka Nyanza mu mudugudu wa Kavumu bakomeje kwibasirwa n’ubujura bubibasira mu ngo bakibwa ibikoresho bitandukanye ndetse n’imyaka yabo yo mu mirima.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubwikorezi muri Minisiteri y’ibikorwa remezo, Alexis Nzahabwanimana, yemeza ko ibikorwaremezo byo mu karere ka Nyanza biri mu nzira nziza. Ibi yabitangaje ubwo yasuraga imihanda iri gukorwa muri aka karere, Kuri uyu wa Gatanu tariki 24/05/2013
Mu rwego rwo gushimangira gahunda y’ubumwe n’ubwiyunge mu Rwanda bamwe mu mfungwa n’abagororwa bagera kuri 800 bafungiye muri gereza ya Nyanza kubera uruhare bagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi barifuza ko bahuzwa n’imiryango biciye bakayisaba imbabazi ndetse bakanagaragaza aho imibiri yabo bishe bayijugunye.
Habimana Emmanuel w’imyaka 35 y’amavuko utuye mu kagali ka Katarara mu murenge wa Ntyazo mu karere ka Nyanza mu gitondo tariki 22/05/2013 yapfumbatishije ruswa y’amafaranga ibihumbi 20 umupolisi wari umufatanye amashashi yaciwe mu gihugu yanga kuyakira ahubwo amuta muri yombi.
Umukwabo Polisi y’igihugu yakoze mu gitondo tariki 22/05/2013 mu murenge wa Ntyazo uhana imbibi n’igihugu cy’u Burundi wafatanye abantu 17 inzoga z’inkorano zihita zimenerwa imbere y’amaso y’abaturage.
Mu rwego rwo kureba uko uburenganzira bwa muntu bwubahirizwa muri gereza zo mu Rwanda, Michel Arrion uhagarariye umuryango w’ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi mu Rwanda yasuye gereza ya Nyanza izwi rya Mpanga ashima uko abafungiyemo babayeho.
U Rwanda rwifatanyije n’ibindi bihugu byo ku isi mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’ingoro z’umurage, mu muhango wabereye ku musozi wa Rwesero kuri uyu wa Gatanu tariki 17/05/2013 ahubatswe inzu y’ubugeni n’ubuhanzi mu karere ka Nyanza.
Ku rwego rw’igihugu umunsi mpuzamahanga wahariwe Ingoro z’Umurage urizihizwa kuri uyu wa 17/05/2013 ku Rwesero ahubatswe ingoro y’ubuhanzi n’ubugeni mu karere ka Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo.
Sindikubwabo Augustin ushinzwe amashyamba mu mirenge ya Mukingo na Cyabakamyi mu karere ka Nyanza tariki 13/05/2013 ahagana saa cyenda z’amanywa yirukanwe mu nama yaberaga mu cyumba cy’inama cy’ako karere azira kuza asa nk’uwasinze akanavuga amagambo aterekeranye.
Mu gitaramo cyagombaga kubera muri Motel Ideal iri mu mujyi wa Nyanza mu ijoro rya tariki 11/05/2013 hategerejwemo abahanzikazi Young Grace na Allioni burinda bucya nta n’umwe muri bo uhageze.
Ku mugoroba wa tariki 08/05/2013 inzuki zitagira nyirazo zadukiriye ihene 10 za bamwe mu batuye mu mudugudu wa Kinyoni mu Kagali ka Gati mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza zirazirya kugeza ubwo zimwe muri zo zipfuye.
Niyomuranga Aimable wari umuyobozi w’ikigo cy’urwunge rw’amashuli rwa Mubuga mu murenge wa Rwabicuma mu karere ka Nyanza arashinjwa kuba yarihaye isoko ry’amafaranga asaga miliyoni 51 bitanyuze mu ipiganwa.
Abagore n’abakobwa bo mu ishuli ryisumbuye rya College de Gitwe bibumbiye mu muryango (MIFEM) ku mugoroba tariki 05/05/2013basuye abana b’imfubyi za Jenoside birera batujwe mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza barabahumuriza.
Mugisha Moise w’imyaka 32 y’amavuko ukomoka mu karere ka Rusizi yatawe muri yombi ari mu karere ka Nyanza azira amafaranga y’amahimbano agera ku bihumbi 244 yari aje gukwirakwiza mu mujyi wa Nyanza.