Bamwe mu baturage bo mu Mudugudu w’Akamonyi n’uwa Cyabayaga mu Kagari ka Cyabayaga Umurenge wa Nyagatare mu Karereka Nyagatare, bavuga ko bamaze umwaka urenga bategereje ingurane z’imitungo yabo yangijwe mu ikorwa ry’umuhanda wa kaburimbo Nyagatare-Rukomo, bakaba barahebye.
Ubworozi bw’inkoko mu mudugudu w’icyitegererezo wa Gicuro mu Karere ka Nyagatare, bumaze kwinjiza miliyoni zirenga eshanu mu gihe cy’ukwezi kumwe gusaabahatujwe bamaze babukora.
Umushinga ugamije guteza imbere ubworozi (Rwanda Dairy Development Project, RDDP), uratangaza ko wkuyeho gahunda ya nkunganire ku buhunikiro bw’ubwatsi n’imashini zibusya, kuzitira urwuri,... hagashyirwa imbaraga mu mu kunganira abashoramari mu kongerera agaciro ibikomoka ku mata.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu Rurangwa Steven, avuga ko bagiye gukorana n’ihuriro ry’abarozi ndetse n’izindi nzego kugira ngo hagaruzwe amafaranga y’inkingo z’amatungo asaga miliyoni 40 aborozi bambuye.
Umuyobozi w’ihuriro ry’aborozi mu Karere ka Nyagatare Gashumba Gahiga avuga ko muri iyi minsi amata agera ku makusanyirizo yagabanutse bitewe ahanini n’ibiza ndetse n’izuba ryinshi.
Umworozi wo mu Mudugudu wa Gihorobwa mu Kagari ka Rutaraka, Umurenge wa Nyagatare mu Karere ka Nyagatare arasaba Akarere kumutiza aho yaba yororeye inka kubera ko urwuri rwe rwarengewe n’amazi.
Umukozi w’Akarere ka Nyagatare uyobora ishami ry’ubuhinzi, ubworozi, amashyamba n’umutungo kamere, avuga ko gutwika ibisigazwa by’imyaka ari ugutubya umusaruro.
Iradukunda Julienne wo mu Mudugudu wa Rwarucura, Akagari ka Mbare, Umurenge wa Karangazi muri Nyagatare, asaba ubuyobozi kumufasha agahabwa ibitunga abana kuko umugabo we yamutaye akajyana imitungo yose n’isambu bahinganga akayirukanwamo.
Nakure (izina twamuhaye) wabyaye impanga afite imyaka 15, akaba yari amaze amezi atatu abana n’umugiraneza, yasubijwe mu muryango we yatinyaga ko wamubwira gushyira abana uwamuteye inda.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare Mushabe David Claudian, avuga ko nta mwana n’umwe mu basiramuwe yaba afite ubwishingizi bw’indwara cyangwa atabufite, wangiwe kwivuza ibikomere.
Abahinzi b’ibigori mu Karere ka Nyagatare bavuga ko batazi impamvu ibiciro bishyirwaho na Leta atari byo abaguzi b’umusaruro wabo babaha.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe imibereho y’abaturage Murekatete Juliet, avuga ko kubera amazi azengurutse inyubako z’ikigo nderabuzima cya Nyagatare kizimurirwa ahandi burundu.
Guhera ku wa Mbere tariki 20 Nyakanga 2020, abagabo batatu bari mu maboko ya RIB sitasiyo ya Musheri mu Karere ka Nyagatare, bakekwaho kwiba sima zubakishwa amashuri mu Murenge wa Musheri.
Itsinda rikora igenzura mu nsengero rireba izujuje ibisabwa kugira ngo zikore mu Karere ka Nyagatare, zasanze 13 kuri 326 ari zo zakoze ibishoboka ku buryo kuri iki cyumweru zitangira gukora.
Nyinawandwi Epiphanie wo mu Mudugudu wa Mirama ya kabiri Akagari ka Nyagatare Nmurenge wa Nyagatare avuga ko umwana we yavukanye ubumuga bw’ururimi ruteguka ndetse n’ahanyura umwanda hato ariko yabuze ubushobozi bumuvuza.
Segikwiye Alex wo mu Mudugudu wa Nyamirambo, Akagari ka Rurenge, Umurenge wa Rukomo mu Karere ka Nyagatare arasaba ubufasha bwo kuvuza umwuzukuru we wavukanye ubumuga bwo mu maso.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 07 Nyakanga 2020 nibwo Abanyarwanda 12 bari bafungiye mu gihugu cya Uganda bagejejwe mu Rwanda banyuze ku mupaka wa Kagitumba.
Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda Lt Col Innocent Munyengango avuga ko mu rwego rwo kwitegura kwizihiza isabukuru y’imyaka 26 ishize u Rwanda rwibohoye, hakozwe imishinga minini 12 igamije guteza imbere abaturage ifite agaciro ka Miliyari mirongo inani n’umunani.
Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda, Lt Col Innocent Munyengango, avuga ko Gikoba itazibagirana mu mateka y’urugamba rwo kubohora igihugu kuko ari ho RPA yabereye umutwe w’ingabo nyawo kandi wubatswe neza.
Minisitiri w’ubuzima Dr. Daniel Ngamije yasobanuriye Umukuru w’Igihugu n’itsinda bari kumwe ko kuba ibitaro ba Gatunda bitaratangira gukora byatewe n’icyorezo cya COVID-19.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe ubukungu, Rurangwa Steven, avuga ko aba mbere mu bagomba gutuzwa mu mudugudu w’icyitegererezo wa Tabagwe batangiye kuwugeramo ku wa Gatanu tariki 03 Nyakanga 2020.
Abacururiza mu isoko rito rya Kabuga mu Murenge wa Karama n’abacururiza mu isoko rito rya Shonga bavuga ko aya masoko yatumye bacika ku kongera kujya gucururiza mu isoko ryitwa Mukarere(muri Uganda). Bavuga kandi ko umuhanda wa kaburimbo na wo uzaborohereza kugeza umusaruro wabo ku isoko.
Abacuruzi b’amatafari ahiye mu Karere ka Nyagatare bavuga ko inyubako nyinshi cyane cyane izijyanye n’ibikorwa rusange zirimo kubakwa zatumye igiciro cy’itafari kizamuka.
Bamwe mu biganjemo abakuze n’abatazi gusoma no kwandika bavuga ko kugira ngo bishyurane hifashishijwe telefone biyambaza abandi bantu kuko bo batashobora kubyikorera.
Abana bafite ubumuga bwo kutabona bo mu Karere ka Nyagatare mu Ntara y’Iburasirazuba batangiye kugezwaho imfashanyigisho zikubiyemo amasomo ari mu nyandiko babasha gusoma izwi nka ‘Braille’ kugira ngo na bo bajye babasha gukurikirana amasomo nk’abandi.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe imibereho y’abaturage, Murekatete Juliet avuga ko kuba umubare w’abaturage bitabira imiganda yo kubakira abatishoboye waragabanutse hagamijwe kwirinda ikwirakwira rya COVID-19 byadindije iyubakwa ry’inzu z’abatishoboye.
Rutahizamu w’Ikipe ya Sunrise Omovire Babua Samson yasezeye mu ikipe ya Sunrise nyuma y’imyaka ine yari amaze akinira iyi kipe yo mu Burasirazuba bw’u Rwanda.
Abakozi 65 bari aba Kompanyi yitwa STECOL yubaka umuhanda Nyagatare-Rukomo, bacumbitse mu Kagari ka Bibare, Umurenge wa Mimuli mu Karere ka Nyagatare, barasaba Akarere inkunga y’ibiribwa cyangwa bagafashwa gusubira mu ngo zabo.
Imibare itangwa n’Intara y’Iburasirazuba igaragaza ko kuva tariki ya mbere Mata kugera kuya 22 Mata 2020, inzu 113 n’insengero 2 zamaze gusenywa n’imvura ivanze n’umuyaga.
Abahinzi b’umuceri bibumbiye muri Koperative Muvumba icyanya cya munani, ikorera mu Karere ka Nyagatare, banze gufata ubwishingizi bw’ibihingwa byabo mugihe inyoni zibonera zaba zitishingiwe.