Abacuruzi b’amatafari ahiye mu Karere ka Nyagatare bavuga ko inyubako nyinshi cyane cyane izijyanye n’ibikorwa rusange zirimo kubakwa zatumye igiciro cy’itafari kizamuka.
Bamwe mu biganjemo abakuze n’abatazi gusoma no kwandika bavuga ko kugira ngo bishyurane hifashishijwe telefone biyambaza abandi bantu kuko bo batashobora kubyikorera.
Abana bafite ubumuga bwo kutabona bo mu Karere ka Nyagatare mu Ntara y’Iburasirazuba batangiye kugezwaho imfashanyigisho zikubiyemo amasomo ari mu nyandiko babasha gusoma izwi nka ‘Braille’ kugira ngo na bo bajye babasha gukurikirana amasomo nk’abandi.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe imibereho y’abaturage, Murekatete Juliet avuga ko kuba umubare w’abaturage bitabira imiganda yo kubakira abatishoboye waragabanutse hagamijwe kwirinda ikwirakwira rya COVID-19 byadindije iyubakwa ry’inzu z’abatishoboye.
Rutahizamu w’Ikipe ya Sunrise Omovire Babua Samson yasezeye mu ikipe ya Sunrise nyuma y’imyaka ine yari amaze akinira iyi kipe yo mu Burasirazuba bw’u Rwanda.
Abakozi 65 bari aba Kompanyi yitwa STECOL yubaka umuhanda Nyagatare-Rukomo, bacumbitse mu Kagari ka Bibare, Umurenge wa Mimuli mu Karere ka Nyagatare, barasaba Akarere inkunga y’ibiribwa cyangwa bagafashwa gusubira mu ngo zabo.
Imibare itangwa n’Intara y’Iburasirazuba igaragaza ko kuva tariki ya mbere Mata kugera kuya 22 Mata 2020, inzu 113 n’insengero 2 zamaze gusenywa n’imvura ivanze n’umuyaga.
Abahinzi b’umuceri bibumbiye muri Koperative Muvumba icyanya cya munani, ikorera mu Karere ka Nyagatare, banze gufata ubwishingizi bw’ibihingwa byabo mugihe inyoni zibonera zaba zitishingiwe.
Bamwe mu bakozi bakoreye ku rwunge rw’amashuri rwa Kabare ruherereye mu Murenge wa Rwempasha mu Karere ka Nyagatare, baravuga ko bamuwe umushahara w’amezi abiri, bigatuma banasezera akazi.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare Mushabe David Claudian avuga ko abakora irondo ry’umwuga ari abaturage basanzwe kandi amakosa bakoze bayahanirwa nk’abaturage bose.
Abaturage b’umudugudu wa Kabare akagari ka Kabare umurenge wa Rwempasha batewe impungenge n’abaturuka i Kigali baje gushyingura kuko batizeye ko batagendana Coronavirus.
Umuyobozi w’Urugaga rw’Abikorera (PSF) mu Ntara y’Iburasirazuba, Ndungutse Jean Bosco, avuga ko bagiye gutekereza ku cyo bafasha bamwe mu Banyarwanda bari batunzwe no kurya ari uko bavuye guca inshuro ariko uyu munsi bakaba batabasha kubona akazi bitewe n’ingamba nshya zo kwirinda Coronavirus.
Umukozi w’Akarere ka Nyagatare ushinzwe urubyiruko, Siporo n’Umuco, Twahirwa Theoneste, arizeza ko urwibutso rwa Jenoside rwa Rwentanga mu Murenge wa Matimba ruzatangira gusanwa guhera tariki ya 23 Werurwe 2020.
Abatuye mu Kagari ka Kabare mu Murenge wa Rwempasha mu Karere ka Nyagatare bavuga ko babuze isoko ry’umusaruro w’ibigori bejeje kuko nta modoka ishobora kuhagera bitewe n’umuhanda mubi.
Abaturage bo mu Mudugudu wa Kabare ya mbere, Akagari ka Kabare, mu Murenge wa Rwempasha mu Karere ka Nyagatare, baravuga ko bamaze amezi atanu batabona amazi meza.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe ubukungu avuga ko isuku mbere yo gukama, irinda indwara nyinshi zirimo n’icyorezo cya Coronavirus gihangayikishije isi muri rusange, n’u Rwanda by’umwihariko.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Murekatete Juliet, avuga ko bagiye gukangurira inzego z’abagore gushyiraho amatsinda yo kurwanya ubuharike.
Umuyobozi w’urwunge rw’amashuri rwa Rwimiyaga, Byiringiro Daniel, afungiwe kuri sitasiyo ya RIB ya Rwimiyaga mu Karere ka Nyagatare, akekwaho kunyereza umutungo no gutanga isoko rya Leta mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Umuturage wo mu Kagari ka Rurenge, Umurenge wa Rukomo mu Karere ka Nyagatare witwa Uzamukunda Dative, avuga ko Ikofi ya Banki ya Kigali (BK) imugejeje ku gucuruza inyongeramusaruro.
Imvura ivanze n’umuyaga yaguye ku mugoroba wo kuwa mbere tariki 02 Werurwe 2020 yasize imiryango 37 iheruheru mu Mirenge ya Mimuli na Nyagatare ndetse n’ipoto imwe y’amashanyarazi irangirika.
Abakorera mu Gakiriro ka Nyagatare barasaba abanyamuryango ba ‘Nyagatare Imvestment Cooperative’ kubakiza ivumbi ndetse n’imivu y’amazi bibangiriza ibikoresho byabo.
Umuyobozi w’Ibitaro bya Nyagatare, Maj. Dr. Munyemana Ernest, avuga ko mu bantu bakirwa bahohotewe harimo n’abagabo bakubitwa bakanirukanwa mu ngo n’abagore babo.
Majyambere Alex uherutse gufatanwa ihene yiyemerera ko amaze imyaka ibiri yiba kandi abifashwa no kuba azi amasaha abari ku irondo baryamira.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe ubukungu, Rurangwa Steven, aributsa abacuruzi b’imyaka cyane ibigori ko abazafatwa bagura batabifitiye ibyangombwa bazabihanirwa kuko ari bo bica isoko.
Abaturage batuyr Umudugudu wa Cyonyo, Akagari ka Bushoga, Umurenge wa Nyagatare mu Karere ka Nyagatare, bavuga ko bahangayikishijwe n’abajura biba telefone bagasiga bafashe n’abagore ku ngufu.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Mushabe David Claudian, aranyomoza amakuru avuga ko hari inzige zamaze kugaragara mu Murenge wa Musheri.
Imvura imaze iminsi igwa imaze guteza umwuzure muri hegitari 73 z’umuceri uri mu murima na hegitari 40 z’ibigori.Guhera mu mpera z’ukwezi kwa mbere uyu mwaka ni bwo imvura nyinshi yatangiye kugwa mu gihugu cyose no mu Karere ka Nyagatare.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Mushabe David Claudian, avuga ko umuhigo w’ibiti bitatu by’imbuto kuri buri muryango uzatangira gushyirwa mu bikorwa muri Mata.
Mu kiganiro ku butwari cyatanzwe na Lt Col. Joseph Ndahiro uyobora ingabo mu turere twa Nyagatare na Gatsibo yavuze ko umwaduko w’abazungu wateje ibibazo kuko ubumwe bw’Abanyarwanda bwacitse ahubwo abantu babana mu rwikekwe.
Umuyobozi wa komisiyo y’imibereho myiza mu muryango w’Abayisilamu mu Rwanda, Sheikh Shafi Gabiro, avuga ko ubutumwa butangiwe mu musigiti bugera ku mitima y’Abayisilamu kandi bakabwubahiriza.