Abanyarwanda 12 bari bafungiye muri Uganda bageze mu Rwanda
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 07 Nyakanga 2020 nibwo Abanyarwanda 12 bari bafungiye mu gihugu cya Uganda bagejejwe mu Rwanda banyuze ku mupaka wa Kagitumba.
Saa yine n’iminota 15 nibwo bagejejwe ku mupaka wa Kagitumba ku ruhande rw’u Rwanda.
Uko ari 12 bose ni abagabo nta mugore ubarimo.
Baje mu modoka yo mu bwoko bwa Coster bicaye bahanye intera.
Bagejejwe mu Rwanda na Polisi ya Uganda, bakirwa n’Urwego rw’Abinjira n’Abasohoka.
Bakigera mu Rwanda babanje gupimwa umuriro ngo barebe ko badafite indwara ya COVID-19.
Biteganyijwe ko bava ku mupaka wa Kagitumba berekeza i Rukara mu Karere ka Kayonza aho bacumbikirwa mu nyubako za Kaminuza bakamaramo iminsi irindwi kugira ngo harebwe niba ntawe urwaye COVID-19.
Abari barashyizwe mu kato muri izo nyubako bakarimo bavuye muri Uganda mu buryo bumwe n’aba barasezerewe ku wa mbere tariki 06 Nyakanga 2020 kandi nta n’umwe wagaragayeho COVID-19.
Inkuru bijyanye na: Umubano hagati y’u Rwanda na Uganda
- Yakorewe iyicarubozo muri Uganda bamujugunya ku mupaka atabasha kugenda (ubuhamya)
- Hari Abanyarwanda bafungirwa muri Uganda barara bakubitwa insinga (ubuhamya)
- Abanyarwanda 6 bari bafungiye muri Uganda bagejejwe mu Rwanda harimo utabasha kugenda
- Hari abasirikare ba Uganda binjiye mu Rwanda bashimuta abantu – Minisitiri Biruta
- Nabaye mu musarane amezi 6 ku mapingu nambaye uko navutse - Umwe mu barekuwe na Uganda
- Abandi Banyarwanda barekuwe na Uganda bageze mu Rwanda
- U Rwanda rumaze kwakira abandi Banyarwanda bari bafungiwe muri Uganda (Video)
- Uganda igiye kurekura Abanyarwanda 130 yari ifunze mu buryo budakurikije amategeko
- Gutoterezwa muri Uganda bitumye yiyemeza gushakira imirimo mu Rwanda
- Dore imyanzuro ifatiwe mu nama yaberaga ku mupaka wa Gatuna/Katuna
- Amafoto: Kagame, Museveni, Tshisekedi na Lourenço bageze i Gatuna
- Perezida Kagame yakiriye João Lourenço na Tshisekedi mbere yo kwerekeza i Gatuna
- Perezida wa Angola João Lourenço araye mu Rwanda
- Nzabonimpa ngo bamujyanye mu gitero cya Kinigi bamushoreye nk’intama
- U Rwanda rwakiriye neza irekurwa ry’Abanyarwanda bari bafungiye muri Uganda
- Abanyarwanda 15 barekuwe na Uganda bageze mu Rwanda
- Uganda yarekuye Abanyarwanda 13
- Nubwo Abanya-Uganda badusaba gufungura imipaka, ni bo bayifunze – Perezida Kagame
- U Rwanda na Uganda birarekura abafungiye muri buri gihugu mu byumweru bitatu
- U Rwanda rwongeye gusaba Uganda kurekura Abanyarwanda bafungiyeyo
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|