Nyagatare: Abagomba gutura mu mudugudu w’icyitegererezo wa Tabagwe bawurayemo
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe ubukungu, Rurangwa Steven, avuga ko aba mbere mu bagomba gutuzwa mu mudugudu w’icyitegererezo wa Tabagwe batangiye kuwugeramo ku wa Gatanu tariki 03 Nyakanga 2020.

Ni umudugudu wubatswe mu Kagari ka Gicuro mu Murenge wa Tabagwe ukaba uzatuzwamo imiryango 64 irimo abagize uruhare mu kubohora igihugu, abasirikare bamugariye ku rugamba n’abandi baturage batishoboye mu mirenge yose igize Akarere ka Nyagatare.
Ibikorwa birimo ni inzu zo guturamo, inzu mberabyombi, ivuriro ry’ibanze, irerero (ECD), ibibuga by’imikino, ubworozi bw’inka, ubuhinzi bw’ubwatsi bw’amatungo, ubuhinzi bw’imbuto, n’ubundi busanzwe, n’ubworozi bw’inkoko.
Uwo muyobozi yabwiye Kigali Today ati “Ibikorwa birimo ni byinshi gusa harimo ubuhinzi bw’inanasi n’imyembe, inka 64 zamaze kugeramo n’ubwatsi bwazo burahari, inkoko zirimo, bafite ubutaka bazahinga n’indi myaka nk’ibishyimbo, aho abana bigira ndetse n’aho iyo miryango izivuriza.”
Umudugudu w’icyitegererezo wa Tabagwe uri ku buso bwa hegitari 76.








Inkuru zijyanye na: kwibohora26
- Perezida Kagame yashimiye ababohoye u Rwanda
- Tariki 01 Ukwakira 1990: Twibukiranye amateka y’urugamba rwo kubohora u Rwanda
- Gupfusha abasirikare n’abayobozi ntibyaduciye intege – General Kabarebe
- Kibonge cya Musituni ntiyaciwe intege no kwiga wenyine mu bana 23 bavukana
- Rwamagana: Barishimira imihanda ya Kaburimbo yongerewe mu mujyi n’inzu zubakiwe abatishoboye
- Ruhango: Abatishoboye bubakiwe inzu zizatuma bagira imibereho myiza
- Uyu musozi waradufashije kuko twabaga tureba ibirindiro byose by’umwanzi - Lt Col (Rtd) Ndore Rulinda
- Muhanga: Inzu z’abatishoboye n’ibiraro byo mu kirere bujuje ni intambwe ishimishije mu kwibohora
- Mfite icyizere cyo kuzandika amateka ku rugamba rwo kwibohora – Perezida Kagame
- #Kwibohora26: Iburengerazuba bibanze ku gukemura ibibazo bibangamiye imibereho y’abaturage
- Uyu munsi ndamutse mpfuye nabwira ababyeyi banjye ko ibyo barwaniye byagezweho – Tom Close
- Gisagara: Barashimira Perezida Kagame kubera ikusanyirizo ry’amata begerejwe
- Kamonyi: Barishimira umuyoboro w’amazi meza n’inzu z’abatishoboye bujuje
- Intama yagaragaye hamwe n’Inkotanyi ntiyari umupfumu wacu - Gen. Kabarebe
- #Kwibohora26: Ibikorwa biteza imbere abaturage byatwaye Miliyari 88 FRW
- Nyagatare: Mu ruzinduko rwa Perezida Kagame hagarutswe ku ishingwa ry’umutwe w’ingabo zabohoye igihugu
- #Kwibohora26: Ibikorwa remezo bya Siporo byariyongereye, Abanyarwanda barasusuruka
- Kurwanya COVID-19 ni urundi rugamba tugomba gutsinda - Perezida Kagame
- Nyagatare: Perezida Kagame yasobanuriwe impamvu ibitaro bya Gatunda byadindiye
- Impundu zitashye i Butahwa
Ohereza igitekerezo
|