Mu gicuku cyo ku Cyumweru tariki ya 06 Ukuboza 2020 ahagana saa saba n’igice, Polisi y’u Rwanda ifatanyije n’irondo ry’umwuga rikorera mu Karere ka Nyagatare mu Murenge wa Matimba, Akagari ka Rwentanga, bafashe abantu 46 barimo basengera mu nzu y’umuturage witwa Musilikali Jean Pierre w’imyaka 36, na Kansiime Julienne (…)
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi Dr. Geraldine Mukeshimana, arasaba abayobozi mu Karere ka Nyagatare kurushaho kwegera aborozi, kugira ngo bahindure imyumvire bateze inka intanga aho kubangurira ku bimasa gusa.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi Dr. Geraldine Mukeshimana, arasaba aborozi mu Karere ka Nyagatare kwishakamo ibisubizo aho gutegereza ko buri gihe iterambere ry’ubworozi bakora bagomba kuriterwamo inkunga na Leta.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), ruvuga ko mu Karere ka Nyagatare abakora ibyaha birimo gukubita no gukomeretsa, ubujura, ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, gusambanya abana no guhoza ku nkeke abo bashakanye bihariye 94.4% by’abakora ibyaha byose.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr. Gerardine Mukeshimana, avuga ko Leta y’u Rwanda yatangiye ibiganiro n’uruganda Inyange kugira ngo i Nyagatare hubakwe uruganda rukora amata y’ifu, bityo akaba asaba aborozi kongera umukamo.
Abahinzi begereye igishanga cya Karangazi mu Kagari ka Mbare, Umurenge wa Karangazi, bavuga ko batangiye guhura n’ibihombo kubera konerwa n’imvubu zituruka mu kidendezi cy’amazi (ikidamu) cya Karangazi.
Guhera ku wa Mbere tariki 16 Ugushyingo 2020 Polisi y’igihugu ikorera mu Ntara y’Iburasirazuba yafashe umupolisi witwa AIP Theophile Niyonsaba n’umuturage Ndahayo Cesar bakunze kwita Salus bakekwaho icyaha cyo kwaka no kwakira ruswa y’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 500.
Imvura yaguye ku gicamunsi cyo ku wa 15 Ugushyingo 2020 yangije ibikoresho bigenewe abahinzi ndetse isenya n’igipangu cy’umuturage, ibyangijwe mu rugo rumwe nyirarwo akavuga ko bifite agaciro karenga miliyoni enye.
Byabaye ku manywa yo kuri uyu wa Kane tariki 12 Ugushyingo 2020, bibera aho uwo mwana n’ababyeyi be batuye mu Mudugudu wa Rwempasha, Akagari ka Rwempasha, Umurenge wa Rwempasha.
Umuhuzabikorwa w’umushinga wo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina mu Mpuzamiryango Pro-Femmes Twese Hamwe ,Furere Wellars, avuga ko umwana wahohotewe agaterwa inda aba agifite uburenganzira nk’abandi bana ndetse n’agaciro mu muryango.
Umuyobozi wa Koperative Girubuzima Matimba, ikorera mu Murenge wa Matimba mu Karere ka Nyagatare, y’abagore bongerera agaciro umukamo w’amata bagakuramo amavuta Cyarikora Rosette, avuga ko bafite umushinga wo gukora yawurute (Yoghurt), ariko babuze ubushobozi bwo kubona imashini yabibafashamo.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe ubukungu Rurangwa Steven, avuga ko umushinga wa PASP wafashije abahinzi n’aborozi gufata neza umusaruro no kuwongerera agaciro.
Abarimu bigishaga mu bigo by’amashuri byafunze imiryango mu Karere ka Nyagatare, baratangaza ko bari mu gihirahiro kuko batigeze bamenyeshwa ko akazi kahagaze burundu, ndetse bakaba bataranishyuwe ibirarane baberewemo.
Mu ijoro ryo ku wa Gatatu tariki 04 Ugushyingo 2020 uwitwa Musabyimana Veneranda w’imyaka 58 y’amavuko aravugwaho kuba yishe umugabo we Munyakaragwe Jean de Dieu w’imyaka 65 y’amavuko amukubise ifuni mu mutwe.
Abanyarwanda batandatu bari bafungiye muri gereza zitandukanye zo muri Uganda, kuri uyu wa Gatanu tariki 30 Ukwakira 2020, bageze mu Rwanda banyuze ku mupaka wa Kagitumba mu Karere ka Nyagatare.
Bamwe mu bagore batunze ingo mu Karere ka Nyagatare bavuga ko inka bagabiwe muri gahunda ya Girinka zabakuye ku guca inshuro, ubu bakaba ari abakire bitunze.
Kuri uyu wa Mbere tariki 26 Ukwakira 2020, inka eshanu z’uwitwa Muhutu Samuel w’imyaka 67 y’amavuko zikubiswe n’inkuba zihita zipfa.
Imiryango 833 yo mu Karere ka Nyagatare irimo iyagaragayemo imirire mibi yahawe ibiti by’imbuto ihabwa n’inyigisho zo gutegura indyo yuzuye, naho imiryango 200 yorozwa amatungo magufi.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki 21 Ukwakira 2020, mu Mudugudu wa Nyagatare ya kabiri Akagari ka Nyagatare, Umurenge wa Nyagatare, ku nkengero z’umugezi w’Umuvumba hagaragaye ingona.
Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize (RSSB) ishami rya Nyagatare Nzamurambaho Sylvain, avuga ko ubwiteganyirize butavangura abakozi ahubwo bose bafite uburenganzira bwo guteganyirizwa ndetse na nyakabyizi.
Bamwe mu bagore bavuga ko kutagira uburenganzira ku mutungo bituma batabasha kubona ingwate ngo babone inguzanyo mu bigo by’imari.
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwafashe Nshimiyimana Jean Claude na Nshimiyimana Fils bakurikiranyweho icyaha cy‘ubwambuzi bushukana bakoreye mu Karere ka Nyagatare babeshya ko bagurisha imashini ikora Amadolari.
Bamwe mu bubaka ibyumba by’amashuri ku ishuri ribanza rya Rutaraka mu Murenge wa Nyagatare ho mu Karere ka Nyagatare, bavuga ko bamaze iminsi 40 badahembwa nyamara bagomba guhembwa buri minsi 15.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe imibereho y’abaturage Murekatete Juliet, avuga ko guhera kuri uyu wa 12 Ukwakira 2020, mu mashuri yose hatangiye imyiteguro yo kwakira abanyeshuri nubwo itariki yo gusubukura amasomo itaratangazwa.
Umukozi w’Akarere ka Nyagatare uyobora ishami ry’iterambere ry’ubucuruzi n’umurimo, Baguma Nkubiri Dominique, avuga ko abambura amatsinda yo kubitsa no kugurizanya bagiye kujya bakurikiranwa bagasubiza imitungo y’abaturage.
Bamwe mu baturage bubakiwe Biogaz mu Karere ka Nyagatare bavuga ko zapfuye bakabura abazisana, abandi batandatu bo bakaba bavuga ko batazi uko bazabona amafaranga yabo bishyuye ntibazubakirwe.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Karama, Habineza Longin, avuga ko gucika kw’ikiraro cya Kabuga bitahagaritse ubuhahirane hagati y’abaturage b’Umurenge wa Karama n’uwa Tabagwe.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buvuga ko guhinduranya uwari umuyobozi w’Umurenge wa Karama, akaza kwimurirwa mu wa Rukomo, na ho akaza kuhavanwa, atari yo ntandaro y’idindira ry’inyubako zari zatangiye kubakwa muri iyo mirenge, kuko zizakomeza kubakwa.
Aborozi bo mu Karere ka Nyagatare barifuza nkunganire mu bwatsi bw’amatungo kuko ngo imbuto yabwo ihenze itakwigonderwa na buri wese.
Umwarimu mu Rwunge rw’Amashuri rwa SOPEM Rukomo mu Karere ka Nyagatare Sinamenye Albert, ni we wabaye indashyikirwa mu gihugu, kubera gukora umuti usukura intoki mu gikakarubamba.