Abatwara amagare bazwi nk’abanyonzi bo mu karere ka Musanze ngo bahangayikishijwe n’ikibazo cy’imisoro bakwa buri munsi rimwe na rimwe ikagerekwaho amande ya hato na hato.
Mu masaha y’ igitondo, i Musanze ahakorerwa amajonjora ya Miss Rwanda, abakobwa bashinguye n’ibiro biringaniye bari urujya n’uruza.
Abaturage bibumbiye mu makoperative yo mu Karere ka Musanze bagaragarije abadepite babasuye ko bari mu bihombo batewe n’ibibazo byinshi biri mu makperative.
Abatuye n’abakorera mu Mujyi wa Musanze, baratabaza inzego zibishinzwe kubera ubujura bubugarijwe bwahimbwe izina ryo “Guta igikofi”, kwamburirwamo abenshi mu baturage.
Ubwiyongere bw’abaturage bagwa mu mpanuka bacukura amabuye y’agaciro bukomeje kwiyongera, aho mu mezi umunani ashize mu Rwanda zimaze guhitana abagera kuri 80.
Abagore bo mu Karere ka Musanze bavuga ko bakibangamiwe na ruswa ishingiye ku gitsina bakwa, ibabuza guhatana ku isoko ry’umurimo.
Abanyeshuri biga mu shuri rikuru INES - Ruhegeri baributswa ko igihe kigeze ngo bongere umuhate mu kubyaza umusaruro ibyo biga babigaragariza mu bikorwa bishingiye ku kwihangira imirimo no gutanga akazi ku bandi.
Mu Rwanda buri mwaka abasaga 12.000 bandura virus itera Sida, akaba ariyo mpamvu muri uyu mwaka hashyizwe imbaraga mu gukangurira abanyarwanda kwitabira uburyo bwo kwipimisha kugira ngo bamenye uko bahagaze binatume bafata ingamba.
Ikigo APTC (Agro Processing Trust Corporation), cyambuwe inshingano zo kugurisha umusaruro w’ibirayi wera mu turere two mu Ntara y’Amajyaruguru n’iy’Uburengerazuba.
Mu minsi mike ishize Guverinoma y’u Rwanda yakiriye abahoze ari abarwanyi b’imitwe yitwaje intwaro baturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo barenga 700.
Abaturage bo mu kagari ka Murandi mu Murenge wa Remera, Akarere ka Musanze, biyemeje kwishyira hamwe kugira ngo bahangane n’ibibazo by’imirire n’igwingira ry’abana, maze biyemeza kwiyubakira ikigo mbonezamikurire y’abana bato Early Childhood Development (ECD).
Ubuyobozi bw’ishyirahamwe ry’ibigo by’imari iciriritse mu Rwanda (AMIR), buravuga ko bikwiye kongera imbaraga no kunoza imikorere kugira ngo byinjire mu cyerekezo cyo kwigira.
Abagera kuri 33 biganjemo urubyiruko bahoze mu mitwe y’abarwanyi yo mu mashyamba ya Kongo Kinshasa, ku wa kane basoje icyiciro cya 64 cy’ingando bari bamazemo amezi atatu, ibera mu Kigo cya Komisiyo ishinzwe gusubiza mu buzima busanzwe abahoze mu ngabo giherereye I Mutobo mu karere ka Musanze. Abo bahoze ari abarwanyi (…)
Ku cyumweru tariki 11 Ugushyingo 2018, abana barangije imyaka itatu biga icyiciro cy’amashuri y’incuke berekanye ibikubiye muri amwe mu masomo bahawe bifashishije indimi z’Icyongereza, Igishinwa, Igiswayili n’izindi.
Amafaranga asaga miliyari 1Frw amaze kuburirwa irengero mu bigo by’amashuri bigera kuri 500 byakoreweho igenzura, bigize Intara y’Amanyaruguru.
Abasirikari 21 bo mu rwego rwa offisiye bagize ingabo za Afurika y’Iburasirazuba uhora witeguye gutabara aho rukomeye (EASF), batangiye amasomo azabafasha guhosha amakimbirane.
Abagize itsinda rishinzwe imyigishirize y’igishinwa mu Rwanda, bemereye ishuri rya Wisdom abarimu b’impuguke mu kwigisha ururimi rw’igishinwa.
Abaturage bo mu murenge wa Cyuve mu karere ka Musanze bahangayikishijwe na bamwe mu bagore bari gusenya ingo kubera ubusinzi bukomoka ku nzoga n’ikigage cyitwa umunini. Bamwe mu bagore bo bakavuga ko kuba iki kibazo kigaragara bikomeje guterwa na bamwe mu bagabo babo babatererana mu nshingano zirebana no kwita ku rugo. (…)
Abahinzi b’ibirayi barinubira akajagari kagaragara mu icuruzwa ry’ibirayi, aho bemeza ko ubujura bukorerwa mu makoperative bubateza ibihombo kubera abamamyi.
Urukiko rwisumbuye rwa Musanze, rwagize umwere Munyarugendo Manzi Claude n’abandi batandatu bari bafunganye, nyuma yo gusanga ibyaha bashinjwaga ku rupfu rw’umwana no gushinyagurira umurambo nta shingiro bifite.
Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru, Gatabazi Jean Marie Vianney yagereranyije abakozi ba Leta birengagiza umwanya wa siporo ya buri wa gatanu bagenewe na Leta, nk’imungu zimunga umutungo wa Leta.
Ishuri rikuru INES-Ruhengeri, ryishyuriye mituweri abaturage 1520 batishoboye ku wa 21 Nzeri 2018, abishyuriwe basabwa guharanira kwishakamo ibisubizo badateze amaso imfashanyo.
Abanyeshuri biga mu ishuri rya Wisdom School riherereye mu Karere ka Musanze bageze ku rwego rwo gukora isabuni isukika (Savon Liquide), yifashishwa mu gusukura ibintu bitandukanye.
Abavuzi gakondo baranenga abasuzugura umwuga wabo babita amazina asebanya n’andi abatesha agaciro kandi ngo hari uruhare runini mu buzima bw’abaturage.
Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru buranenga bikomeye ubw’inzego z’ibanze zimwe na zimwe zigize iyo Ntara, buvuga ko abaturage bakomeje kugana intara bazanye ibibazo biciriritse byagombye kuba byarakemukiye mu nzego z’ibanze zirimo n’umudugudu.
Abaturage bakorera n’abaturiye isoko rya Cyinkware mu Murenge wa Nkotsi mu Karere ka Musanze babangamiwe n’ikimoteri kiri hafi y’iri soko.
Musabyimana Léocadie wo mu kagari ka Bikara umurenge wa Nkotsi i Musanze, arasaba ubufasha nyuma yo kubagwa ikibyimba mu nda bimuviramo kanseri, none arembeye mu rugo nyuma yo kubura ubushobozi.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Gatabazi Jean Marie Vianney ngo yatunguwe no kumva ko mu ntara ayoboye hakiri cy’abana b’inzererezi, yiyemeza kugishakira umuti.
Umwana w’imyaka 14 wo Mu Murenge wa Gashaki Akarere ka Musanze, wasambanijwe n’umuturanyi wabo, ubu yamaze kwibaruka.
Umubyeyi witwa Maniraguha Claudine wo mu Karere ka Burera yabyaye abana batatu b’abakobwa, nyuma y’uko ibise bimufashe akimara gutora.