Abanyeshuri bigaga mu mashami atanu yari yarahagaritswe muri INES –Ruhengeri bagarutse kwiga nyuma y’uko ayo mashami yose yongeye gufungurwa.
Polisi y’igihugu iratangaza ko ntawe ukwiye kubuzwa gufotora igihe cyose abonye ikimuteye amatsiko kabone n’iyo yaba ashaka gufotora abapolisi bari mu kazi.
Minisitiri w’ubutabera akaba n’intumwa nkuru ya Leta, Johnston Busingye arahamagarira abapolisi bakuru barangije amasomo gukora ibituma bemerwa nabo bayobora.
Minisiteri y’ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) itangaza ko ikibazo cy’imirire mibi gituma abana bagwingira bari munsi y’imyaka itanu giterwa n’imyumvire y’ababyeyi.
Abakobwa babaye indashyikirwa mu gutsinda neza ibizamini bya Leta bazwi ku izina ry’inkubito z’icyeza barahamagarirwa kwitondera Imbuga Nkoranyambaga.
Abashoramari baturutse muri Amerika (USA) no mu Budage bagiye kubaka urugomero rw’amashanyarazi ku mugezi wa Mukungwa ruzatanga Megawatt 2, 6.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze bwabohoye abarwayi b’indwara zitandukanye bari baragizwe imbohe n’abavuzi gakondo babavurishaga ibyatsi n’imitongero.
Minisitiri w’Ingabo Gen James Kabarebe yasabye Abasirikare bakuru barangije amasomo yo ku rwego rwo hejuru arebana n’iby’umutekano kuzubahisha Afurika.
Ibitangazamakuru bitandukanye byo mu Rwanda birahugurwa ku mikoreshereze inoze y’ururimi rw’Ikinyarwanda.
Akarere ka Musanze kabimburiye utundi turere tw’igihugu mu gushyiraho Ihuriro ry’Ubumwe n’Ubwiyunge rihuriyemo abayobozi n’abahoze ari bo mu gihe cyashize.
Abasirikare bakuru, abashakashatsi, abarimu n’impuguke mu bya politiki n’umutekano bari bateraniye mu ishuri rikuru ry’igisirikare cy’u Rwanda (RDF Command and Staff College) riri i Nyakinama muri Musanze, biyemeje kutarebera ibiteza umutekano muke muri Afurika.
Ndagijimana Jean Paul w’imyaka 30 y’amavuko wiyita umuvugabutumwa yagaragaye mu Mujyi wa Musanze abwiriza abantu anabasaba amaturo.
Abikorera bo mu ngeri zitandukanye bo mu Karere ka Musanze biyujurije isoko rya kijyambere ry’umuturirwa w’amagorofa atanu.
Hakizimana Evariste bakundaga kwita Muneza wari umwe mu bakozi batatu bakomerekejwe n’inkongi y’umuriro yibasiye uruganda rukora inzoga muri Tangawizi rw’i Musanze yitabye Imana.
Uruganda ruciriritse rukora inzoga muri Tangawizi ruzwi ku izina rya “Umurage Enterprise” ruri i Musanze rwibasiwe n’inkongi y’umuriro yangiza byinshi.
Abaturage bo muri Musanze baturiye Pariki y’Ibirunga bavuga ko kuva aho barekeye kwangiza iryo shyamba batangiye kugerwaho n’ibyiza byo kuribungabunga.
Imibiri y’abishwe n’abacengezi mu 1997 bo mu karere ka Musanze, yari ishyinguye hamwe n’imibiri y’abazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, yamaze kwimurwa no gushyingurwa mu irimbi.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Musabyimana Jean Claude atangaza ko muri iyo Ntara isuku igiye kurushaho kwitabwaho nk’uko ivanjiri yitabwaho mu Kiliziya.
Ishuri rikuru ry’ubumenyingiro rya INES-Ruhengeri ryatangiye gupima ubutaka ryifashishije akadege katagira umupilote kazwi nka “Drone” kaguzwe i Toulouse mu Bufaransa.
Ba ofisiye 30 mu ngabo z’u Rwanda batangiye amahugurwa yo kubongerera ubumenyi mu gukumira iyinjizwa n’ikoreshwa ry’abana mu gisirikare.
Abana babarirwa mu 12.662 bo mu Karere ka Musanze bapimwe muri bo abagera ku 104 bafite ikibazo cy’imirire mibi.
Abagabo batandatu bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Muhoza muri Musanze bakurikiranweho kwiba no kwangiza ibikoresho byifashishwa mu gukwirakwiza amashanyarazi.
Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi arahamagarira amadini n’amatorero gushishikariza abayoboke bayo kurushaho kugira uruhare rugaragara mu guteza imbere gahunda za Leta.
Ntezimana Jean Paul wiga mu ishuri rikuru ry’ubumenyingiro rya Musanze Polytechnic yihangiye umurimo wo gukora inzoga n’umutobe mu bijumba, akabigurisha.
Abakobwa 30 bo muri Musanze batewe inda zitateguwe, bagacikiriza amashuri batangaza ko bagaruye icyizere cy’ubuzima nyuma yo kwigishwa imyuga.
Nyuma y’imyaka ibiri Stade Ubworoherane yo mu Karere ka Musanze isanwa yatashywe ku mugaragaro yongera no kwakira imikino.
Natete Liliane watorewe kuba Nyampinga wa INES Ruhengeri muri 2016 avuga ko manda ye igiye kurangira adashoboye guhigura umwe mu mihigo yari yarahize.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere (RGB) kigaragaza ko imitangire ya serivisi muri Musanze ikiri hasi kuburyo iri ku kigero cya 69.3% gusa.
Abantu 27 barimo Abasilikare, abapolisi n’abasivili baturutse mu bihugu birindwi byo muri Afurika bariga uburyo bahangana n’ihohoterwa rikorerwa abagore n’abana mu ntambara.
Manzi Aimée Praise yahembwe imodoka na se umubyara, amushimira gutsinda ibizamini bya Leta bisoza amashuli abanza mu mwaka wa 2016.