Imodoka itwara abagenzi ya sosiyete RITCO yavaga mu Mujyi wa Rubavu yerekeza i Kigali ifashwe n’inkoni y’umuriro igeze muri Gakenke irakongoka ariko nta mugenzi ukomerekeyemo.
Urukiko rwisumbuye rwa Musanze rwakatiye umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kinigi Munyarugendo Manzi Claude igifungo cy’iminsi 30 y’agateganyo, kubera urupfu rw’umwana wahiriye mu nzu akurikiranyweho.
Mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi si abarimu gusa bagiraga uruhare mu guhagurutsa abanyeshuri ngo bivuge ubwoko, kuko hari n’abanyeshuri babigiragamo uruhare.
Imbuto za Pomme n’imizabibu ziva muri Afurika y’epfo zifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda hafi miriyoni, zangijwe nyuma yo guhabwa akato aho bigaragariye ko zikomeje gutera indwara zidasanze zikomeje gutwara abantu ubuzima.
Ubuyobozi bwa Ibuka mu Karere ka Musanze, buremeza ko Musanze yahoze yitwa Ruhengeri ariyo yabaye indiri yo gukwirakwiza ingengabitekerezo ya Jenoside m’u Rwanda.
Iyi nkuru ije ikurikira iyo duherutse kubagezaho muri iki cyumweru, aho umuyobozi w’Akarere ka Musanze Habyarimana Jean Damascene yatamaje bamwe mu bayobozi mu ruhame.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze afunzwe akurikiranyweho urupfu rw’umwana uherutse guhira mu nzu.
Abayobozi b’inzego z’ibanze bakoze amakosa anyuranye, bihanangirijwe mu ruhame ndetse basabwa kwisubiraho bitaba ibyo bagasezera akazi kagahabwa abandi.
Umwana w’umukobwa w’imyaka ibiri n’igice yahiriye mu nzu bimuviramo urupfu, nyuma y’uko ababyeyi be bamufungiranye mu nzu bakajya mu kabare.
Minisitiri w’Uburezi Mutimura Eugene yemeza ko kaminuza zo mu gihugu zidatanga amasomo yarufasha mu iterambere rirambye, ariko akemeza ko biterwa n’ubushobozi buke.
Nikubwayo Yves na bagenzi be mu gihe kiri imbere baraba binjiza amamiriyoni babikesha uruganda rukora amavuta n’umutobe batangije.
Abana bari kumwe n’ababyeyi babo bafungiye muri Gereza ya Musanze bakorewe ibirori bya Noheli banemererwa amata ahoraho azabafasha kurwanya imirire mibi.
Mutangampundu Esther wakinaga umukino wo gusiganwa ku magare mu ikipe ya Les Amis Sportifs y’i Rwamagana yitabye Imana kuri uyu wa Kane, azize impanuka y’imodoka yagoganye nayo ari mu myitozo amanuka kuri Buranga mu Karere ka Musanze.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Gatabazi JMV yafashe icyemezo cyo gufunga ibagiro rivamo inyama zikoreshwa mu mujyi wa Musanze n’ahandi nyuma yo gusanga ririmo umwanda.
Abanyeshuri bo mu kigo cy’amashuri cya Ruhehe kiri mu Karere ka Musanze ntibazongera kwiga bacucitse mu ishuri kuko bubakiwe ibyumba by’amashuri bishya.
Ibihugu bya Afurika bifite ingabo na Polisi mu butumwa bw’amahoro, bikomeje gushakira hamwe uburyo havugururwa imikorere yo kurinda abasivili bakunze kwibasirwa n’intambara.
Mu myaka iri imbere abatuye mu Ntara y’Amajyaruguru ntibazongera kugira ikibazo cya sima kuko muri ako gace hagiye kubakwa uruganda ruyikora.
Buri wa gatanu wa buri cyumweru mu masaha ya nyuma ya saa sita abatuye intara y’amajyaruguru bazajya bajya muri siporo mu rwego rwo kurinda ubuzima bwabo.
Nshuti Allegra ufite imyaka 14 ni umwe mu banyeshuri batanu batsindiye kuzahagararira u Rwanda mu marushanwa yo kwandika inkuru azabera muri Tanzania.
Bamwe mu bakora ubucuruzi buciriritse mu Ntara y’Amajyaruguru bavuga ko batizigama, kuko batizera ko ibigo by’imari byabaguriza kubera ubuke bw’amafaranga bakorera.
Bamwe mu batuye n’abakorera mu Mujyi wa Musanze byababereye nk’igitangaza ubwo babonaga abantu biziritse imigozi bari gusukura ibirahure by’umuturirwa wa RSSB uri muri uwo mujyi.
Abafashamyumvire mu buhinzi bo mu Karere ka Musanze bahawe ibihembo kubera uburyo bagira uruhare mu kongera umusaruro ukomoka ku buhinzi.
Urubyiruko rw’abakorerabushake rufatanya na Polisi y’igihugu mu kurwanya no gukumira ibyaha mu Karere ka Musanze bubakiye igikoni Mamuwera Esther warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abasirikare, abapolisi n’abasiviri 31 bakomoka mu bihugu birindwi by’Afurika biyemeje kurushaho kurengera uburenganzira bw’umwana mu bihe by’intambara.
Grechishkina Anna, umukobwa w’imyaka 38 wo muri Ukraine wiyemeje kuzenguruka isi atwaye Moto ahamya mu bihugu amaze kugeramo u Rwanda yahasanze ubudasa.
Mu myaka 13 ishize mu Rwanda hatangijwe gahunda Ngarukamwaka yo Kwita Izina abana b’ingagi, imiryango y’ingagi zo mu birunga yariyongereye iva ku munani, igera kuri 20.
Gisa Gakwisi, umwana w’imyaka 13 y’amavuko wubatse inyubako ya Kigali Convention Center mu ibumba yasazwe n’ibyishimo ubwo yatumirwaga mu birori byo “Kwita Izina”.
Abaturage bo mu Karere ka Musanze cyane cyane abatuye mu Kinigi batangiye imyiteguro y’umuhango wo “Kwita Izina” abana b’ingagi 19, uba kuri uyu wa gatanu tariki ya 01 Nzeli 2017.
Abaturage 1500 batishoboye bo mu murenge wa Musanze mu karere ka Musanze ntibazongera kurembera mu rugo kuko bishyuriwe Mitiweri izabafasha kwivuza.
Mu majyepfo ya Pariki y’Iburunga mu Majyaruguru y’u Rwanda, mu minota 20 gusa mu modoka uturutse mu Kinigi, wakirwa n’amazu asakaje ibyatsi afite ishusho y’ibirunga.