Perezida wa Repubulika Paul Kagame uri mu ruzinduko mu turere tw’Amajyaruguru n’Iburengerazuba, aratangaza ko atazihanganira abayobozi badakemura ibibazo, bigahora bigaruka imyaka igashira indi igataha.
Abaturage b’akarere ka Musanze mu ntara y’Amajyaruguru na bamwe mu batuye akarere ka Nyabihu mu Burengerazuba biteguye kwakira Perezida Paul Kagame ubasura kuri uyu kane tariki 09 Gicurasi 2019.
Mu Kigo cyigisha iby’Amahoro (Rwanda Peace Academy) giherereye i Nyakinama mu Karere ka Musanze, hatangijwe amahugurwa yo gukarishya ubumenyi ku barimu bazahugura Ingabo, Polisi n’Abasivili bifashishwa mu butumwa bw’amahoro.
Nduwayesu Elie washinze ishuri Wisdom School aravuga ko kubakira ku murimo unoze bituma uwukora ava ku rwego rwo hasi akagera kure kandi heza.
Umukino wa Shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda, wahuje Musanze FC na Etincelles FC kuri sitade Ubworoherane ku itariki ya 2 Gicurasi 2019 warangiye Musanze FC itsinze Etincelles FC 1 - 0.
Pélagie Nyirakamana, Umubyeyi wo mu Mudugudu wa Gasanze, Akagari ka Cyabararika mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, yarwaje umwana Bwaki muri 2016 agera ku rwego rwo kuba atarashoboraga no kuzamura akaboko cyagwa gutambuka neza.
Abaturage bo mu Mirenge ya Busogo na Gataraga mu Karere ka Musanze baravuga ko batitabira kuboneza urubyaro, babitewe n’amakuru y’urujijo bakura muri bagenzi babo yo kuba uwahawe iyi serivisi agerwaho n’ingaruka z’imihindagurikire y’umubiri cyangwa uburwayi.
Perezida wa Sena y’u Rwanda, Bernard Makuza, yashimiye abaturage bagize ubwitabire budasanzwe bagafatanya n’abayobozi mu bikorwa by’iterambere.
Abanyeshuri muri INES-Ruhengeri bafashwa na FAWE-Rwanda, ku bufatanye na Mastercard Foundation babonye inkunga y’amafaranga y’u Rwanda asaga miliyari ebyiri, akaba agiye kubafasha mu mishinga yabo yo guhanga umurimo bakiri ku ntebe y’ishuri.
Umwiherero w’abafite aho bahuriye n’ubutabera wemeje ko icyumba cy’iburanisha cy’urukiko rukuru urugereko rwa Musanze cyiciwemo Abatutsi kigiye kugirwa urwibutso.
Minisitiri w’Urubyiruko, Rosemary Mbabazi, avuga ko urubyiruko rw’ubu nirwirinda amacakubiri n’ingengabitekerezo ya Jenoside u Rwanda ruzabasha gusohoza neza umugambi warwo mu iterambere ry’igihugu n’abagituye, kuko amaboko y’abenegihugu bagizwe ahanini n’urubyiruko azaba ahugiye mu bikorwa bizamura ubukungu bw’igihugu.
Abiga mu ishuri rikuru rya INES-Ruhengeri, baravuga ko biyemeje kwifashisha ikoranabuhanga, mu rwego rwo gukumira abapfobya Jenoside n’abakwirakwiza ingengabitekerezo yayo ku mbuga nkoranyambaga.
Mu Karere ka Musanze guhera ku wa kane w’icyumweru gishize hatangiye kuvugwa inkuru y’umugore ukekwaho gutorokana miliyoni icyenda z’amafaranga y’u Rwanda, nyuma yo guca mu rihumye abagenzuzi b’imari bari bari kumwe.
Tariki 07 Mata 2019 ku munsi watangijweho ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu baturage barakekwaho kuvuga amagambo apfobya Jenoside.
Umutoni Adeline,Umukobwa w’imyaka 22 uvuka mu Murenge wa Nyamata, Akarere ka Bugesera, ni we wambitswe ikamba rya Miss Bright INES.
Mu kigo cy’Amahoro cy’u Rwanda (RPA), hatangijwe amahugurwa agenewe Ingabo,Polisi n’Abasivire ku igenamigambi rikoreshwa mu butumwa bw’amahoro.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, Dr. Isaac Munyakazi aranenga abayobozi b’ibigo batagira igitsure ku barimu, aho bikomeje kudindiza gahunda y’uburezi.
Abakobwa 13 bazatorwamo Nyampinga wa INES-Ruhengeri bamenyekanye nyuma yo kwiyereka akanama nkemurampaka basubiza n’ibibazo binyuranye babazwaga mu gusuzuma ubumenyi bwabo.
Umubare w’abana bata ishuri mu Karere ka Musanze ukomeje kwiyongera, aho bamwe bavuga ko kubera ubukene n’imibereho mibi bahitamo kujya gukora imirimo ivunanye, abandi bakishora mu bucuruzi bw’ibisheke.
Abarwaye indwara y’amaguru yitwa ‘imidido’ n’abafite ubumuga buyikomokaho bo mu turere twa Musanze na Burera, basanga bidakwiye ko umuntu uyirwaye asabiriza cyangwa ngo aheranwe n’ubukene.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu cy’Uburezi(REB), buragaragaza ko ireme ry’uburezi mu bigo by’amashuri byo mu Ntara y’Amajyaruguru riri hasi cyane, aho abana 52% ari bo bonyine barangiza amashuri abanza bazi gusoma no kwandika.
Abanyeshuri biga mu ishuri ‘Wisdom School’ riherereye mu Karere ka Musanze baratangaza ko umuco wo kugira ubupfura no gukunda igihugu batozwa n’iri shuri byuzuzanya n’intego bifitemo yo kubaka igihugu.
Umuryango Plan International watangije ubukangurambaga ku rwego rw’igihugu bwiswe ‘Girls Get Equal’(Abakobwa bagire uburenganzira muri byose) hatangwa n’ibihembo ku Nkubito z’Icyeza 83, aba bakaba ari abakobwa batsinze neza kurusha abandi mu bizamini bya Leta.
Ishuri rikuru ry’ubumenyingiro, INES-Ruhengeri, kuri uyu wa gatanu tariki 15 Werurwe 2019, ryatanze impamyabumenyi ku banyeshuri 719 barimo 22 barangije icyiciro cya gatatu cya kaminuza mu bijyanye n’imisoro(Science in Taxation).
Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare(NISR) buri mwaka gitegura amarushanwa agenewe abanyeshuri biga muri za Kaminuza n’amashuri makuru mu Rwanda hagamijwe ubushakashatsi mu rwego rwo kurushaho kunoza no kuvumbura uburyo bushya bw’ibarurishamibare bunogeye abaturage.
Ababyeyi barerera muri Wisdom School barasaba Leta kurekera iryo shuri uburenganzira bwo gucumbikira abana nk’uko byahoze.
Brig. Gen. Eugène Nkubito, uyobora ingabo mu ntara y’amajyaruguru, arasaba abaturage bo mu murenge wa Kinyababa kwirinda uwaza abarangaza, abazanaho ibihuha by’intambara, ababwira ko uzibeshya akaza kurasa abanyarwanda akwiye kuza yiyemeje kwakira ibyo ingabo z’u Rwanda zizamukorera.
Musabyimana Jean Claude, umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi, yafunguye inama idasanzwe yiga kuri gahunda yo kwinjiza muri Politike y’ubuhinzi, gahunda yo kurwanya igwingira n’indwara zituruka ku mirire mibi.
Umusore wo mu kigero cy’imyaka 30 utazwi umwirondoro, amaze umwaka n’amezi umunani ari indembe mu bitaro bya Ruhengeri, aho abaho atagira umurwaza akaba yitabwaho n’abaganga.
Itsinda ry’abasirikari bakuru b’aba ofisiye biga mu ishuri rikuru rya Gisirikari (Rwanda Defence Force Command and Staff College) risanga ikibazo cy’imirire mibi gikwiye guhagurukirwa.