Munyakaragwe Félicien, wo mu Murenge wa Nkotsi mu Karere ka Musanze, arashimira FPR-Inkotanyi yamugaruriye icyizere cy’ubuzima, nyuma yo kwamburwa agaciro yirukanwa no mu ishuri azira ubumuga afite.
Abanyeshuri biga mu ishuri Wisdom School bagera kuri 210 bitegura gusoza umwaka w’amashuri abanza n’abitegura gusoza icyiciro cya mbere cy’amashuri yisumbuye ni bo bari mu myiteguro yo kuzakora ibizamini bya leta mur’uyu mwaka w’amashuri wa 2018.
Mu gihe indwara zitandura zikomeje guhitana umubare munini w’abanyarwanda, INES-Ruhengeri yiyemeje guhuza abashakashatsi banyuranye, hagamijwe gushakira hamwe umuti w’icyo kibazo.
Abatuye Umurenge wa Rwaza mu Karere ka Musanze barashimira FPR - Inkotanyi yabagejeje kuri byinshi ariko ngo bakeneye umuriro n’ubwo bizeye kuzakorerwa ubuvugizi bakawubona nyuma y’amatora.
Mu gice cyahariwe inganda giherereye mu Murenge wa Kimonyi mu Karere ka Musanze, hatangiye kubakwa uruganda ruzatunganya sima, kurwubaka bikazaha akazi abaturage bagera muri 2000.
Hakizabose Jean Bosco wo mu Kagari ka Gakingo, Umurenge wa Shingiro i Musanze, arashimira FPR-Inkotanyi yamuteje imbere, nyuma yo gufatirwa mu bitero by’abacengezi aho kwicwa agahabwa amafaranga y’imperekeza.
Nyirahabizanye Agnès wo mu Kagali ka Cyanya, Umurenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze, umugore w’imyaka 51 arashimira Umuryango wa FPR-Inkotanyi wamukuye mu bihuru aho yabanaga n’abana be batanu iramwubakira.
Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI), binyuze mu mushinga“National Agriculture Assurence” uyishamikiyeho, iri muri gahunda y’ubukangurambaga mu gufasha aborozi gushinganisha amatungo maremare.
Bereket Desalegn Temalew wo muri Ethiopia yegukanye etape ya 6 ya Tour du Rwanda yavaga Rubavu yerekeza mu Kinigi.
Umudage Helmann Julia ukinira Team Embrace the World yegukanye agace ka gatatu ka Tour du Rwanda kareshya na kilometero 199,7 akoresheje amasaha atanu, iminota 12 n’amasegonda 04.
Abagore bo mu murenge wa Muko mu Karere ka Musanze bahangayikishijwe n’abagabo babaturaho abana babyaye ku nshoreke, bikavamo gusenya ingo zabo.
Akarere ka Musanze kagiye kuba aka mbere mu gutangiza uburyo bw’amagare rusange akodeshwa, mu rwego rwo gukomeza kureshya ba mukerarugendo.
Miliyoni 200 z’amadorari ya Amerika, zisaga miliyari 170 z’Amafaranga y’u Rwanda, ni yo ateganyijwe mu bikorwa byo Kwagura Parike y’igihugu y’ibirunga.
Ishuri rya Wisdom riherereye mu Mujyi wa Musanze, no mu mashami yaryo y’ i Nyabihu, Rubavu na Burera, ryatangije gahunda yo kwigisha ururimi rw’igishinwa, hagamijwe gutoza abana umuco wo kuzabasha kurenga imbibi z’u Rwanda bashaka ubuzima.
Abaturiye urugomero rwa Mukungwa ruherereye mu Karere ka Musanze baratabaza Leta ngo ibavane mu icuraburindi bamazemo imyaka 40 yose. Abo baturage bavuga ko bababajwe no kutagira umuriro w’amashanyarazi nyamara baturiye urugomero ruha amashanyarazi abatari bacye mu gihugu. Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze buhamya ko (…)
Itsinda riyobowe n’umukuru w’ishuri ryigisha ibijyanye no kubungabunga amahoro mu Budage ryishimiye umusanzu ingabo z’u Rwanda zikomeje gutanga mu kubaka amahoro muri Afurika.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Gatabazi Jean Marie Vianney yemeza ko gusigasira umutekano n’amahoro igihugu gifite bizajyana n’uko urubyiruko rwitabiriye umurimo.
Ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro IPRC-Musanze ryatangiye ubukangurambaga mu mashuri yisumbuye bwo gukangurira abakobwa kugana amashuri y’imyuga atitabirwa nk’uko bikwiye.
Min w’ingabo z’u Rwanda Gen James Kabarebe ashimangira ko ishuri rikuru ry’ingabo z’u Rwanda, ari urufunguzo rw’imibanire myiza no kubaka umutekano urambye mu bihugu bya Afurika no ku isi muri rusange.
Uwera Chemsa kuri ubu afite umwana w’umwaka umwe,yatewe inda n’umushoferi wamushukishije lufuti kandi ataruzuza imyaka y’ubukure.
Abanyeshuri biga muri kaminuza n’amashuri makuru anyuranye barasabwa kugira uruhare mu gukumira Jenoside n’ingengabitekerezo yayo kandi banabika amateka yayo mu nyandiko.
Ibihugu bya Afurika bikomeje inzira yo kwishakamo ibisubizo mu kwicungira umutekano no guhosha amakimbirane hagati yabyo, bitegura igisirikare gifite ubumenyi buhanitse mu gucunga umutekano wa Afurika.
Minisitiri w’Ingabo Gen. James Kabarebe yemeza ko muri iki gihe iterambere ryageze hose, ingabo zidakwiye gusigara nta bumenyi buhagije zifite mu kurinda umutekano.
Abakobwa babiri biga mu Ishuri rikuru rya INES-Ruhengeri batewe ibyuma n’a bantu bataramenyekana, babasanze mu cyumba bari bacumbitsemo.
Ishami rya Polisi y’Igihugu rikorera mu muhanda ryegereje abatuye akarere ka Musanze serivisi zibafasha gusuzumisha imodoka ubuziranenge bizwi nka Contrôle technique.
Komisiyo y’Igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside (CNLG) ifite gahunda yo guhuza abanditsi b’ibitabo kuri Jenoside n’abanyeshuri biga muri za kaminuza ngo babafashe kumenya gukora ubushakashatsi no kwandika kuri Jenoside.
Abakozi 59 b’urwego rw’igihugu rushinzwe ubugenzacyaha (RIB), basoje amahugurwa y’ibanze batangiye muri Mutarama 2018, basabwa kudapfusha ubusa imbaraga Leta yashyize mu mahugurwa bahawe buzuza neza inshingano zabo.
Seninga Innocent uherutse kwirukanwa ku mwanya w’umutoza mukuru w’Ikipe ya Police FC, amaze gusinya amasezerano n’ikipe ya Musanze FC.
Igisura ni ikimera gifite inkomoko ku mugabane wa Aziya, kizwi mu ndimi z’amahanga nka “Stinging nettle cyangwa urtica dioica”. Gikunda kumera ahantu hakonje, mu Rwanda kikaba kiboneka mu bice byegereye ibirunga.
Umuvu w’amazi y’imvura wangije bimwe mu bikoresho byifashishwa mu kigo Nderabuzima cya Kinigi, giherereye mu Murenge wa Kinigi mu karere ka Musanze.