Ishuli rikuru ry’ingabo z’u Rwanda ryateguye iserukiramuco rihuza ba Ofisiye baturutse mu bihugu 11 byo ku mugabane w’Afurika baje kuryigamo.
Abakobwa babiri muri batandatu bemerewe guhagararira Intara y’Amajyaruguru mu marushanwa ya Miss Rwanda 2017 nibo bo bonyine bavuka muri iyo Ntara.
Minisitiri w’Intebe, Murekezi Anastase arizeza abarimu ko ibibazo bitandukanye bafite bizagenda bikemuka kuko hari n’ibindi byinshi Leta y’u Rwanda yakemuye.
Polisi y’Igihugu yasabye abatwara abantu n’ibyabo ku magare mu Mujyi wa Musanze kugira amakenga ku bo batwaye n’ibyo bitwaje.
Abasore babiri bivugwa ko bari bambaye nk’abasirimu bakoresheje amayeri biba ibihumbi 75RWf umukobwa ukorera mu mujyi wa Musanze, bahita baburirwa irengero.
Abatuye Umudugudu wa Bibundu, Akagari ka Bukinanyana, Umurenge wa Cyuve muri Musanze batangaza ko babangamiwe n’urusaku ruva mu rusengero ruhubatse.
Minisitiri w’uburezi, Dr Musafiri Malimba Papias yanenze ubushakashatsi bukorwa n’amashuli makuru na kaminuza bugahera mu bubiko butageze ku baturage bwakorewe.
Twizerimana Thomas utuye mu mujyi wa Musanze arasaba ubufasha nyuma yo guhisha inzu n’ibiyirimo bibarirwa muri miliyoni 50 RWf.
Habyarimana Jean Damascene watorewe kuyobora Akarere ka Musanze avuga ko yiyemeje guhangana n’ibibazo bituma ako karere gasubira inyuma ntikese imihigo.
Habyarimana Jean Damascene niwe watorewe kuyobora Akarere ka Musanze akaba asimbuye Musabyimana Jean Claude wabaye Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru.
Umuhire Catherine w’i Musanze, wahanze umurimo wo gukora ibyuma bya “Bende feri” avuga ko umaze ku mugeza ku mitungo ya miliyoni 3RWf.
Bamwe mu rubyiruko rudafite akazi rwo mu Karere ka Musanze rwashyiriweho na Minisiteri y’abakozi ba Leta n’umurimo ikigo kiruhuza n’abagatanga.
Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru butangaza ko bagiye kongera ibikorwa bizajya bituma abitabira umuhango wo “Kwita Izina” abana b’ingagi barushaho kuhasiga amafaranga.
Niyonshuti Yves wiga mu ishuri rikuru rya INES-Ruhengeri yakoze porogaramu ya mudasobwa ishobora kwifashishwa mu gikorwa cy’amatora.
Abagize koperative “ IWACU HEZA” yo mu Karere ka Musanze bafata amacupa yashizemo amazi bakayakuramo imitako n’ibindi bikoresho bikabaha amafaranga.
Abasirikare 24 bakomoka mu bihugu bigize Umuryango w’Africa y’Iburasirazuba (EAC) batangiye kwiyungura ubumenyi mu byo kubungabunga amahoro muri ibi bihugu.
Abaturiye ibitaro bya Ruhengeri bagorwaga no kujya gushaka abaganga b’inzobere mu bitaro by’i Kigali begerejwe serivisi z’ubuvuzi bukorwa n’izo nzobere.
Abana batatu bava inda imwe bo mu murenge wa Muko muri Musanze bapfuye nyuma yo kurya imyumbati hakekwa ko ariyo yaba yabahitanye.
Ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB) cyateguye ibirori byo gushimira umuryango w’Abanyamerika umaze gusura Ingagi zo mu birunga inshuro 100.
Abitabiriye amahugurwa mu kigo cy’amahoro cya Nyakinama (Rwanda Peace Academy) bavuga ko batahanye umukoro wo kurinda abasivili mu bihe by’intambara.
Ikipe y’Ingabo z’iguhugu (RDF) yo mu ishuri rikuru rya gisirikare rya Nyakinama yatsinze ikipe y’abanyamakuru bo mu Ntara y’amajyaruguru ibitego 3 kuri 1.
Ishuri rikuru rya INES-Ruhengeri rivuga ko rigiye kwifashisha akadege katagira umupilote “Drone” mu bushakashatsi no kwigishirizaho abanyeshuri.
Abaturage bimuwe mu birwa biri mu kiyaga cya Ruhondo, mu murenge wa Gashaki muri Musanze, baratiye abanya-Ethiopia ibyiza byo gukoresha Biogaz.
Ingabo z’u Rwanda (RDF) ziri gusangiza ibihugu bitandukanye byo ku isi, ubunararibonye mu bya gisirikare bijyanye no kurengera abasivile mu gihe cy’intambara.
Abantu 13 bo muri Musanze bari mu maboko ya Polisi y’igihugu bakekwaho gushaka kwica umukecuru bakekaho kuroga abantu.
Guverineri w’Intara y’amajyaruguru, Musabyimana Jean Claude niwe muyobozi mushya w’umuryango FPR-Inkotanyi muri iyo ntara, asimbuye Bosenibamwe Aimé wayiyoboraga.
Uwitwa Ndamiye wari utuye mu Murenge wa Muhoza muri Musanze, bamusanze mu nzu yari acumbitsemo yapfuye ariko ntiharamenyekana icyamwishe.
Mfitumukiza Vestine amaze kwamamara mu Karere ka Musanze kubera gukora umwiyereko w’akarasisi (Parade) mu birori mu buryo bunogeye ijisho.
Nteziyaremye Célestin wo mu Karere ka Musanze avuga ko inka yagabiwe igiye kongera kumusubiza ku mata yaherukaga akiri uruhinja.
Urubyiruko rwo mu karere ka Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru rurasabwa guhanga umurimo rukurikije ibibazo sosiyete nyarwanda ifite.