Ngo iyo abana bafite umuriro, ababyeyi babo bakeka ko babaroze bakabajyana mu buvuzi bwa gihanga bakabaca ibyo bita ibirimi ntibigire icyo bibamarira ugasanga bibutse kujyana abana kwa muganga wa kizungu nyuma.

Umuyobozi w’ibitaro bya Kirehe arasaba ababyeyi kujya bohereza abana babo mu bajyanama b’ubuzima aho kubajyana mu bavuzi ba gihanga. Arabasaba kandi guha abana babo indyo yuzuye irimo nk’imboga n’ibindi bitandukanye birimo intungamubiri.
Abaturage baributswa guhinga akarima k’igikoni kugira ngo barwanye bwaki kandi bakaboneza urubyaro bakirinda imitekerereze y’uko habyara umuntu hakarera Imana.
Gregoire Kagenzi
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
njye mbona kubanza kunyura mubuvuzi bwa gihanga ari ubujiji bukomeye. abaturage bakagombye kumenyako ari byiza kwihutira kujyana umwana kwamugaganga bakareba uburwayi afite. gusa ntitwirengagizeko kwa muganga hari ibyo batavura kd mubuvuzi bwa kinyartwanda bakoraho rikaka peee