Kirehe: Yitabye Imana azize kugwirwa n’igisenge cy’inzu

Alphonsine Nyiraneza w’imyaka 16 wari utuye mu kagari ka Rugarama, mu murenge wa Kigina yitabye Imana nyuma yo kugezwa mu bitaro bya Kirehe mu karere ka Kirehe, amaze kugwirwa n’igsenge k’inzu, kuri uyu wa 12/10/2012.

Iyo mpanuka yaturutse ku mvura ikabije yaguye igasenya amazu 23 ibisenge by’inzu byose bikavaho naho andi 17 asenkuka ibice, nk’uko byatangajwe n’Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagali, Yves Nshimiyimana, nyakwigendera yari atuyemo.

Nshimiyimana yatangaje ko igisenge kikimara kumugwaho yahise agezwa ku bitaro bya Kirehe ariko ntashobore kurokoka.

Muri ayo mazu yangiritse harimo n’urusengero rwa ADEPR hamwe n’urusengero rwa ELIM, aho ibisenge byazo byose byahise biguruka.

Grégoire Kagenzi

Ibitekerezo   ( 1 )

Imana imihe iruhuko ridashira

ukwisshaka yanditse ku itariki ya: 15-10-2012  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka