Kirehe: Bateye ibiti ibihumbi 15 mu rwego rwo kubungabunga amashyamba
Mu muganda wabaye kuri uyu wa gatatu tariki 14/11/2012 mu karere ka Kirehe, umurenge wa Gahara ku gasozi ka Rununga hatewe ibiti ibihumbi 15 mu rwego rwo kubungabunga amashayamba.
Umunyabanaga nshingwabikorwa w’umurenge wa Gahara avuga ko muri uyu murenge kuhatera amashyamba ari igikorwa abaturage bakwiye kwitabira kuko bibafitiye akamaro. Muri uyu murenge hatunganyijwe za pepiniyeri zizafasha abaturage gutera ibiti biboroheye.

Iragaba akomeza asaba abaturage gutera amashyamba kuko bitanga umwuka mwiza ku bantu mu gihe bahumeka. Mu karere ka Kirehe bateganya gutera ingemwe miliyoni imwe n’ibihumbi 500 kuri hegitari 822.
Icyumweru cyahariwe ku kubungabunga ibidukikije cyatangiye tariki 06/11/2012 kikaba kizarangira ku itariki 20/11/2012; nk’uko bisobanurwa na Nsabimana Désiré, umukozi w’akarere ka Kirehe ushinzwe amakoperative.
Grégoire Kagenzi
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|