Abanyeshuri bo mu Ishuri rya GS Rugoma basaba ko habaho uburyo bwo kurwanya ingengabitekerezo batozwa n’ababyeyi ku ishyiga.
Umwaka urashize abakozi b’Ibitaro bya Kirehe batanze inkunga y’imifuka 58 ya sima yo kubakira imiryango ibiri y’abarokotse Jenoside batishoboye, ariko iracyabitse mu bitaro.
Ibimenyetso biranga ubwicanyi ndengakamere bwakorewe inzirakarengane z’Abatutsi i Nyarubuye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bikomeje kubera isomo abahasura urwibutso.
Nzayisenga Judith utuye mu Murenge wa Kigina mu Karere ka Kirehe, afunzwe akurikiranyweho kwica umwana we kuko uwo bamubyaranye yamwihakanye.
Bamwe mu bamugaye imibereho yabo iradindira kuko batitabwaho, nk’uko bikwiye bitewe n’ubushobozi bucye bw’ababyeyi bagafatwa nk’aho ari ikibazo mu muryango.
Abakozi batanu b’ibitaro bya Kirehe bari mu maboko ya Polisi bakekwaho uruhare mu inyerezwa ry’umutungo w’ibi bitaro byavugwagamo imicungire y’imari idahwitse.
Umusaza witwa Gakezi Léodomir w’imyaka 86 wo mu Kagari ka Rugoma mu Murenge wa Nasho i Kirehe yiyahuye biteza urujijo umuryango we n’abaturanyi kuko batabona impamvu yabimuteye.
Mu kubahiriza amabwiriza y’igihugu ajyanye n’imicungire mishya y’amazi yo mu bishanga, Ubuyobozi bw’Akarere ka Kirehe na RAB basinyanye amasezerano n’abahagarariye abakoresha amazi mu buhinzi.
Mu gusoza icyumweru cyahariwe gahunda ya “Girinka “ mu Karere ka Kirehe, abituye b’abituwe barashimira Perezida Kagame wabateje imbere binyuze muri “Girinka Munyarwanda”.
Munyabugingi Slyvestre w’imyaka 42 wo mu Kagari ka Cyanya mu Murenge wa Kigarama i Kirehe, bamusanze munsi y’imanga ku wa 04 Gicurasi 2015 yapfuye.
Mu gihe mu nkambi y’abarundi ya Mahama hakomeje kugaragara umubare munini w’urubyiruko rutwita inda zidateguwe, hashinzwe ikigo kizigisha ubuzima bw’imyororokere ku ngimbi n’abangavu.
Mutimura Dieudonné w’imyaka 13 wo mu Murenge wa Rukira mu Karere ka Ngoma yaguye mu kizenga cy’amazi mu gishanga kigabanya Akarere ka Ngoma na Kirehe basanga yapfuye.
Rwabuhihi Pascal, Uumunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Musaza ni we wahize abandi mu bakozi basaga 250 b’Akarere ka Kirehe ahabwa ishimwe.
Ku cyambu cya Rushonga giherereye muri Kirehe hibukiwe Abatutsi bajugunywe mu ruzi rw’Akagera muri Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka w’1994.
Mbumbabanga Berkmas w’imyaka 57 wo mu Kagari ka Saruhembe mu Murenge wa Mahama muri Kirehe basanze yapfuye bakeka ko yishwe n’umuvu.
Bamwe mu banyeshuri bakerewe kugera kugera ku bigo by’amashuri babujijwe kubyinjiramo nyamara bo bavuga ko ari akarengane kuko bakerewe kubera impamvu ngo zifatika.
Abarokokeye Jenoside yakorewe Abatutsi i Kiyanzi mu Karere ka Kirehe, bavuga ko biteguye gutanga imbabazi ariko babuze uzibasaba.
Umuryango Restore Rwanda Ministries (RRM) urasaba abaturage bo mu Karere ka Kirehe guhinga igiti cyitwa JATROPHA (Jaturofa) kibyara mazutu hagamijwe kubungabunga ibidukikije.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Francis Kaboneka, arasaba abayobozi bo mu nzego z’ibanze gukemura ibibazo by’abaturage, batabanje gutegereza ko bigera mu nzego zo hejuru.
Urubyiruko rugize itorero “Uruhongore rw’Umuco” ry’Akarere ka Kirehe rwahagurukiye kwigisha abakuze kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside binyuze mu ndirimbo, imivugo n’ikinamico.
Siboruhanga Judith wo mu Kagari ka Nyabikokora mu Murenge wa Kirehe mu Karere ka Kirehe arateganya kwitura Françoise wamurokoye interahamwe zigiye kumwica muri Jenoside.
Abagabo batanu, umugore n’umusore bari mu maboko ya Polisi i Kirehe bakurikiranweho ingengabitekerezo ya Jenoside mu gihe hibukwa ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe Abatutsi 1994.
Abaturage bo mu Kurenge wa Kirehe basanga gahunda y’ibiganiro byo kwibuka bisigira abakiri bato isomo ku mateka ya Jenoside.
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Mahama mu Karere ka Kirehe bimuwe mu byabo bizezwa urugomero rubafasha kuhira imyaka none amaso yaheze mu kirere.
Iryivuze Ezekiel w’imyaka 25 nyuma yo kwiga amashuri y’imyuga yakoze imbabura icanishwa amabuye ya radiyo agamije gufasha kurengera ibidukikije.
Abaturage b’i Kirehe bitabiriye umuganda mu gutangirana isuku icyumweru cyo kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ku nshuro ya 22.
Ubuyobozi bwa Gereza y’Abagore iri mu Karere ka Ngoma buratangaza ko umubare munini w’abagore bahafungiwe watereranwe n’imiryango yabo ikaba itabasura muri gereza.
Abakobwa 24 batsinze neza mu byiciro binyuranye by’amashuri basabwe n’abayobozi batandukanye gukomeza kubera abandi urugero mu bikorwa byabo bya buri munsi.
Abanyeshuri mu bigo by’amashuri yisumbuye i Kirehe bibumbiye mu muryango AERG batangiye ibikorwa byo kwitegura kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Hatangishaka Emile, wo mu Murenge wa Gatore mu Karere ka Kirehe, yafashwe n’abamotari agemuye ibiro 10 by’urumogi ariko we avuga ko yari mu kiraka cyo kubigeza i Kabuga.