Batoye uruhinja rwahotorewe mu murima

Abaturage bo mu Murenge wa Mahama muri Kirehe batoraguye uruhinja mu murima ruvirirana amaraso mu mazuru, ariko rupfira kwa muganga.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 10 Ugushyingo 2015, nibwo aba baturage batoragoye uru ruhinja mu Kagali ka Saruhembe mu murima w’ibishyimbo bigaragara ko rwanizwe, nk’uko byatangajwe n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’aka kagali Mutabaruka Venant.

Avuga ko uwamutaye yabanje kumuniga kuko yari ameze nabi umubiri wose wuzuye ibikomere. Yagize ati “Bishoboka ko byakozwe n’umukobwa, kuko mbere yo kumuta yabanje kumunigagura. Twamugezeho yuzuye ibisebe umubiri wose ava amaraso mu kanwa no mu mazuru ariko agifite akuka.”

Yavaga amaraso menshi mu kanwa no mu mazuru afite n'ibisebe umubiri wose.
Yavaga amaraso menshi mu kanwa no mu mazuru afite n’ibisebe umubiri wose.

Mutabaruka akomeza avuga ko bahise bamugeza ku kigo nderabuzima cya Mahama bamushyira mu byuma bimufasha kugarura ubuzima. Babonye akomeje kuremba bamwohereza mu bitaro bya Kirehe, ariko bikomeza kwanga ashiramo umwuka.

Yavuze ko bafatanyije na Polisi bakomeje gushakisha uwaba yakoze ubwo bugome bagerageza no kugera ku bakobwa bose bakeka ko batwite basanga nta kibazo bafite.

Yasabye abaturage kujya birinda kwangiza ikiremwamuntu batanga amakuru igihe cyose babonye ko hari icyatera ibibazo.

Ati “Abaturage bakwiye kujya batanga amakuru ku bantu babona bafite ibibazo. Abakunze kwica abana usanga ari abakobwa baba batwaye inda zitateguwe, abantu nkabo dukwiye kujya tubamenya tukababa hafi n’abajyanama b’ubuzima bakadufasha kuko baba babakurikirana umunsi ku wundi.”

Servilien Mutuyimana

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 9 )

twizeye police yacu :uyu muntu afatwe kandi ntazafungwe bazamushyire mu ruhame aterwe amabuye

philbert yanditse ku itariki ya: 15-11-2015  →  Musubize

ehee ariko njye mbona igikwiriye abakora ibyaha nkibyo bakwiriye urupfu kigirango abantu bibabere isomo. ibihano abenshi babiciye amazi cyane

yves yanditse ku itariki ya: 13-11-2015  →  Musubize

Birarababaje kuba hari abantu batakigira nubumuntu, uyu mubyeyi w’uyu mwana agomba gutabwa muri yombi akisobanura impamvu yamuteye uriya mutima mubi wo kwihekura. Mbega umubyeyi gito, police nidufashe gufata uyu mugome utagira umutima.

Juma yanditse ku itariki ya: 12-11-2015  →  Musubize

Bantu mugifite umutima nkuyu, w’ubugizi bwa nabi. Ntamahoro mufite nkuru ruhinja rwinzirakaregane rwazize iki ubwo azafatwa amategeko azubahirizwe kandi bihe isomo abandi bantu.

Kananga yanditse ku itariki ya: 12-11-2015  →  Musubize

Birababaje cyane. Uwo muntu wakoze ibyo ashakishwe ahanwe byintanga rugero

Rwihandagaza yanditse ku itariki ya: 12-11-2015  →  Musubize

Uwakoze Ayomahano Ashakirwe Hafi By,umwihariko Bagenzure Abari Batwite Ndetse Abayobozi Butugali Twuwo Murenge Igisubizo Kiri Mumaboko Yabo

Tuyizere yanditse ku itariki ya: 11-11-2015  →  Musubize

Birababaje biteye n’Agahinda

HABIMANA yanditse ku itariki ya: 11-11-2015  →  Musubize

kuki mubyo leta ishyira imbere idaha ubushobozi police bwo kuzana ibyuma byabugenewe bikoresha bapima ADN nkuwo rwose yagobye kuba yafashwe

kay yanditse ku itariki ya: 11-11-2015  →  Musubize

Birakabije Rwose Uwo Muntu Akwiye Gushakishwa Kuko Biteye Ubwoba.

Placide Ishimwe yanditse ku itariki ya: 11-11-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka