Abahanzi b’ibirangirire Justin Bieber na Ariana Grande, bakoze indirimbo yitwa ‘Stuck with You’ izavanwamo amafaranga yo gutanga ubufasha ku bana bafite ibibazo muri Coronavirus ndetse n’abakora mu nzego z’ubuzima bitangiye guhangana n’iki cyorezo.
Meghan Markle umugore w’Igikomangoma cy’u Bwongereza Harry, yatsinzwe urubanza yaregagamo ikinyamakuru cya ‘Mail on Sunday’, agishinja kwinjira mu buzima bwe bwite, kwandagaza amabanga ye no gushyira hanze amakuru adakwiye kujya mu itangazamakuru.
Mu gihe Abanyarwanda benshi bishimira icyemezo cya Guvernoma cyo guha uburenganzira imirimo imwe n’imwe ikongera gukora nk’uko bisanzwe, abanyamuziki hamwe n’abandi bahanzi barya ari uko babanje guhuza abantu benshi, baravuga ko bakeneye ubufasha bwihariye kuko ubuzima bukomeje kubagora muri ibi bihe byo kwirinda Covid-19.
Muri iki gihe cyo kuguma mu rugo, umuhanzi Humble Jizzo wo muri Urban Boys arimo arashishikariza abana bari mu rugo kwihatira gusoma ibitabo birimo inkuru zibafasha kwagura ubumenyi binyuze kuri Telefone z’ababyeyi babo.
Muri iki gihe cyo kuguma mu rugo kitoroheye benshi, umukinnyi wa filimi Niyitegeka Gratien yakoresheje igihe cye asoma inyandiko zirenga zirindwi anandika imikino 27 azakuramo filimi nshyashya hamwe n’imivugo mishya azashyira hanze ubwo gahunda ya #GumaMuRugo izaba irangiye.
Muri iki gihe cyo kuguma mu rugo, abantu bakunda kureba Filimi z’Abanyarwanda ngo barazibuze kuko aho zisanzwe zishyirwa zari nkeya cyane kandi nabwo izihari ari izishaje, mu gihe abasanzwe batunganya izi Filimi bo bavuga ko batunguwe na gahunda yo kuguma mu rugo bigatuma badasohora zimwe mu zari zaratunganyijwe.
Umuhanzi Bushayija Pascal w’imyaka 63 arimo aritegura gushyingirwa nyuma y’imyaka 19 apfakaye, akanitegura gushyira hanze indirimbo 14 zose yanditse mu myaka y’1980, akavuga ko harimo n’indirimbo yaririmbiye abakobwa be babiri.
Ni mu kiganiro yagiranye na Televiziyo y’u Rwanda, bamubaza ku bijyanye n’iminsi ye ya mbere yo gutangira umuziki, avuga ko bitari byoroshye kuko byamusabaga imbaraga nyinshi kandi abantu batari bamenyereye umuziki nyarwanda.
Umuhanzikazi Aline Gahongayire uzwi cyane mu ndirimbo zaririmbiwe Imana, yasabiwe ko ifoto ye yashyirwa ku mavuta n’isabune bikoreshwa ku ruhu ngo kuko basanga isura ye n’imiterere ye bishobora kwamamaza ibi bikoresho bikagurwa n’abatari bake.
Kanye Omari West, ikirangirire mu muziki wa Hip Hop akaba n’umucuruzi muri Leta zunze ubumwe za Amerika, yishimiye ko ubu na we yinjiye mu bahanzi bacye bujuje miliyari y’amadolari ya Amerika, ashyirwa ku rutonde rwa Forbes rujyaho abakungu kurusha abandi mu byiciro bitandukanye.
Safi Madiba usigaye ukora ku giti cye nyuma yo kuva muri Urban Boys akanatandukana na The Mane, amaze iminsi muri Canada. Safi yahagaritse ibitaramo yari amaze iminsi yitegura byagombaga kubera muri Canada no muri Leta zunze ubumwe za Amerika akaba yagombaga kuzabikora muri Gicurasi.
Umuhanzi n’umuramyi uririmba indirimbo zaririmbiwe Imana Patient Bizimana, agiye kurushingana na Karamira Uwera Gentille usanzwe uba muri Leta zunze ubumwe za Amerika, muri Leta ya Tennesse, bikanavugwa ko nyuma yo kurushingana Patient na we ashobora kwimukira muri Amerika.
Muri iki gihe cyo kuguma mu rugo cyagoye abahanzi benshi, umuhanzi wandika filimi Emanuel Mugisha, wiyise Clapton Kibonke, na we ntabwo yorohewe ariko yatabawe n’uko muri iki gihe yafashe umwanya we wose akawandikamo filimi yise ‘Umuturanyi’, ndetse ubu yose yarangije kuyandika igisigaye ni ugusohoka mu nzu akajya kuyifatira (…)
Umhanzi Nemeye Platini atangaza ko gahunda yo kuguma mu rugo ntacyo yamutwaye ahubwo ngo yamuhaye umwanya wo kuruhuka no kureba filimi atari yararebye, kuko ngo yari amaze iminsi akora cyane ku buryo kwibwiriza kuruhuka byari byaramunaniye, kugeza ubwo haje iyi gahunda.
Mu gihe benshi bagowe na gahunda yo kuguma mu rugo mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Coronavirus, umuhanzi Edouce Softman we avuga ko yahisemo kubyaza aka kanya umusaruro w’ubuhanzi akandika indirimbo, akajya no muri Studio ku buryo yanashyize hanze indirimbo yise “Mpisemo”.
Umuhanzi Ben Adolphe wo mu Rwanda na Shizzo utuye muri Amerika bahuriye mu ndirimbo yo gusabira amahoro umugabane wa Afurika banaririmba ku cyorezo cya COVID-19 gitumye abantu benshi bahera mu mazu yabo kubera gahunda ya Guma mu rugo.
Umuhanzi Eddy Kenzo wo muri Uganda, aratabaza ko agiye kwicwa n’inzara kubera gahunda yo kuguma mu rugo, akanatakira abafana be ngo bamufashe nibura bamwoherereze amafaranga batware imodoka yari asanzwe agendamo.
Umuhanzi Tom Close akaba n’umuganga w’umwuga, yitaye cyane ku bantu bamaze iminsi bari mu rugo basa n’abadaheruka gususuruka, maze ategura igitaramo yise ‘IWE Show’, kuko azagikorera mu rugo iwe kikanyura ku rubuga rwa Instagram no kuri Youtube.
Umuhanzikazi Nyiranyamibwa Suzanne ni umwe mu baririmba cyane ku ndirimbo zifasha Abanyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi. Avuga ko kuririmba izi ndirimbo bihura neza n’inkuru y’ubuzima yabayemo n’ibyo yabonye ubwo Jenoside yari ikirangira akagera mu Rwanda avuye mu Bubiligi aho yari yarahungiye.
Kwibuka ku nshuro ya 26 Jenoside yakorewe Abatutsi, byahuriranye n’ibihe bibi isi irimo byo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19, cyatumye ibikorwa byo kwibuka bikorwa abantu bari mu ngo zabo.
Mu gihe u Rwanda n’isi yose bibuka ku nshuro ya 26 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, abantu bakomeye barimo abakuru b’ibihugu na za guvernoma, imiryango mpuzamahanga n’ibigo bitandukanye n’abayobozi babyo bifatanije n’Abanyarwanda mu gutangira icyumweru cy’icyunamo bakoresheje imbuga nkoranyambaga.
Hope azeda uzwi cyane mu kwandika no gutunganya filime n’amakinamico, yavuze ko ingaruka za Covid-19 zizatuma hari abantu benshi barimo n’abahanzi barwara indwara z’ihungabana ry’ibitekerezo kubera imishinga yabo yangiritse, ku buryo bamwe muri abo bazakenera abavuzi bo mu mutwe.
Karuranga Virgile wamamaye nka DJ Miller mu kuvanga imiziki no gufatanya n’abandi bahanzi mu ndirimbo zibyinitse, yitabye Imana kuri iki cyumeru tariki 05 Mata 2020, nyuma y’iminsi mike yari amaze mu bitaro, abaganga bakurikirana indwara yari amaranye igihe gito.
Mu gihe kwibuka ku nshuro ya 26 Jenoside yakorewe Abatutsi bizakorwa mu buryo budasanzwe kubera Covid-19, abahanzi bajyaga bakora ibihangano byo kwibuka barimo baribaza icyo bazakora ngo ibihangano byabo bigere ku Banyarwanda bazaba bari mu ngo zabo banabafashe mu kwibuka.
Umuhanzi w’injyana ya Hip Hop Uwimana Francis uzwi ku izina rya Fireman, yumvikanye asaba ko yashyirwa mu mubare w’abantu bahabwa ingoboka z’ibiribwa n’ibindi by’ibanze nkenerwa muri ibi bihe byo kuguma mu rugo abantu birinda icyorezo cya COVID-19.
Indirimbo ‘Henzapu’ Bruce Melody aherutse gukora ikavanwa ku rubuga rwa YouTube yamaze kugarurwaho n’abakoresha imbuga nkoranyambaga bari bashatse ko ivaho.
Muri iki gihe cyo kuguma mu rugo hirindwa icyorezo cya COVID-19, abahanzi nyarwanda ni bamwe mu batorohewe no kuguma mu mazu yabo, ndetse bamwe bavuga ko iminsi yivanze ku buryo batakimenya n’amatariki.
Abagize umuryango wa Kenny Rogers batangaje ko uyu mukambwe wamamaye mu njyana ya Country yitabye Imana atarwaye, mu ijoro ryo kuya 20 Werurwe 2020, aguye mu rugo rwe ruri Sandy Springs muri Leta ya Goergia, muri Leta zunze ubumwe za Amerika.
Sallam Sharaff usanzwe ari umu DJ akaba ari na we ushinzwe inyungu z’umuhanzi Diamond Platnumz, yamaze gupimwamo Indwara ya COVID-19 abaganga bayimusangamo, bitera ubwoba cyane uyu muhanzi, avuga ko na we ashobora kuba arwaye kuko ari umuntu baba bari kumwe kenshi basangira ubuzima hafi ya bwose.
Umukinnyi wa Filme Idris Elba yasanganywe indwara ya COVID-19, agira abantu gukaza ingamba zo kwirinda zirimo gukaraba intoki kenshi no kutajya ahantu hateraniye abantu benshi.