Ifoto ya Hon. Tito Rutaremara asoma ku itama umuhanzikazi Clarisse Karasira ni imwe mu mafoto yakomeje gucicikana ku mbuga nkoranyambaga. Ni ifoto yakuwe mu mashusho y’indirimbo uyu muhanzikazi yise “Rutaremara” igamije gutaka ibigwi uyu musaza wakunze kuvuga ko yikundira imiririmbire y’uyu muhanzikazi n’injyana gakondo (…)
Ishami rishinzwe Ubushinjacyaha mu ngabo z’u Rwanda (MPD) ryatangiye iperereza ku birego bishinjwa Sergeant Major Kabera Robert uzwi nka “Sergeant Robert”, ukekwaho icyaha cyo gusambanya umwana wo mu muryango we.
Akimara gutangazwa ko ari we Perezida mushya wa Leta zunze ubumwe za Amerika, Joe Biden ku rukuta rwe rwa Twitter, yahise yandika amagambo agira ati “Amerika, ntewe ishema no kuba mwarampisemo ngo nyobore iki gihugu cy’igihangange. Umurimo udutegereje ni munini, ariko mbijeje ibi: nzaba Prezida w’abanyamerika bose waba (…)
Hari amafoto amaze iminsi acicikana agaragaraho Miss Hirwa Honorine n’umuhanzi Bruce Melodie, agaragaza bombi barebana akana ko mu jisho, ndetse hari n’agaragara Bruce Melodie asa n’utera ivi asaba Honorine ko bashyingiranwa nka bimwe umusore akorera umukobwa ashaka ko azamubera umugore.
Bugingo Bonny uzwi nka Junior Giti mu gusobanura filime, asanga uyu mwuga akora ari umwe mu myuga yiyubashye kandi ihemba neza, ariko kugira ngo ubigereho, bisaba kumenya icyo Abanyarwanda bashaka.
Umuhanzi Uwimana Francis ukoresha izina rya Fireman mu muziki, ngo ahora ababazwa no kuba adafite umuntu n’umwe yita uwo mu muryango we cyangwa mwenewabo, kuko benshi bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umuhanzi Itahiwacu Bruce, uzwi nka Bruce Melodie, yinjiye mu njyana gakondo atari amenyereweho, avuga ko agiye gukora indirimbo nyinshi zibyinitse Kinyarwanda.
Umuhanzi Safi Madiba, yongeye kwisuganya asubira muri studio akora indirimbo yise ‘Sound’, nyuma yo kugira ibibazo by’urushako byatumye aba nk’uhagarika imishinga ye y’umuziki.
Umuhanzi wa hip hop Amag The Black, yagaragaje kutishimira abahanzi baharaye umuco wo kuririmba indirimbo yita ko zishishikariza abantu kwishora mu ngenso z’ubusambanyi, akavuga ko abahanzi bahisemo inzira yo koreka urubyiruko.
Gateka Filly Chersy, igisonga cya mbere cya Miss Bright muri INES-Ruhengeri, yinjiye mu mwuga wo gukina filimi z’uruhererekane, akaba yaratangiriye ku yitwa ‘Ikiriyo cy’urukundo’ akinamo ari umugore w’umukire w’umunyampuhwe, akaba ari na we inkuru y’iyi filimi ishingiyeho.
Iserukiramuco ‘Urusaro’ rihuza abagore bakora sinema mu Rwanda, ubu ririmo rirakorwa mu buryo butandukanye n’ubwo abantu bari bamenyereye, kuko ubu harimo hakoreshwa ikoranabuyanga n’itangazamakuru risakaza amashusho ngo iserukiramuco ribashe kugera kuri benshi.
Umunyarwenya Ben Nganji wamaze kwinjira muri filimi z’urwenya ku mazina atandukanye nka Kimondo, yahishuye ko ashaka kugaragaza impano ye nk’umukinnyi wa filimi ariko agamije gukebura umuryango.
Umuhanzi w’injyana ya Hip Hop Uwimana Francis uzwi nka Fireman yatunguranye agaragaza amashusho ye apfukamye n’ivi rimwe mu ruziga rw’indabo, ibizwi nko gutera ivi, yambika impeta umukobwa witwa Kabera Charlotte bateganya gushyingiranwa mu minsi ya vuba.
Safi Madiba wamenyekanye cyane igihe yari mu itsinda rya Urban Boys, yemeye ko yatandukanye n’umugore we Judith Niyonizera, nyuma yo kugirana ibibazo byinshi by’imibanire kwiyunga bikananirana.
Umuhanzikazi Cecile Kayirebwa ureberwaho na benshi mu bakora umuziki gakondo, burya ngo umuziki we awukomora mu muryango we cyane cyane ku mubyeyi we (Se) wari umuyobozi wa Korali y’Abagatorika muri Kiriziya y’Umuryango Mutagatifu (Sainte Famille) ya Kigali.
Mwiseneza Josiane wabaye Nyampinga watowe na benshi mu irushanwa rya Miss Rwanda muri 2019, yambitswe impeta n’umusore bitegura kurushinga (fiancaille), bica amarenga ko aba bombi bashobora kuba bagiye kurushinga mu minsi ya vuba.
Umuhanzikazi Young Grace uvuga ko yishimiye ubuzima abanyemo n’umwana we Diamante, avuga ko n’ubwo umusore babyaranye yamutaye adateze kumwirukaho amusaba indezo kuko yataye inshingano ku bushake.
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko yafunze umuhanzi Bruce Melodie na Shadyboo uzwi cyane ku mbuga nkoranyambaga, bakurikiranyweho kurenga ku mabwiriza ya Leta yo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19 no guteza urusaku.
Mu mpera z’icyumweru gishize hakwirakwiriye amakuru avuga ko umuhanzi The Ben yaba yasinye amasezerano y’imikoranire mu nzu y’umuziki ya Bruce Melodie, bisa n’ibiciye igikuba mu itangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga.
Irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star, ni kimwe mu bikorwa binini bya muzika byahuje abahanzi nyarwanda n’abafana babo, baryoherwa n’ibihe byo kuzenguruka intara zose z’igihugu.
Umunyana Shanitha wabaye igisonga cya mbere cya Miss Rwanda 2018 akaza no guhagararira u Rwanda muri Miss Supranational, yongeye guhagurutsa ubukanguramba yakoraga bwo kurwanya inda mu bana b’abangavu no kubafata gusubira ku ishuri nyuma yaho.
Bruce Melody yongeye kuvuga ko atari we Se w’umwana wigeze kuzanwa n’umukobwa witwa Diane akamushyira ku modoka ya Bruce Melody muri 2015 amusanze mu kabari i Nyamirambo, ariko nyina w’umwana we na n’ubu akavuga ko abizi neza ko umwana ari uwa Melody.
Umuhanzi DJ Pius usanzwe unakora akazi ko kuvanga imiziki no gutegura ibitaramo, yihereyeho avuga ko abahanzi bagenzi be hamwe n’aba DJs bafite ikibazo cy’ubukene, avuga ko ibitaramo n’ibikorwa by’utubari bidasubukuwe vuba no kwicwa n’inzara byashoboka kuri bamwe.
Ku munsi wo kwizihiza isabukuru y’imyaka 26 u Rwanda rumaze rwibohoye, abahanzi bo mu Rwanda bateguye ibitaramo byo kwizihiza uyu munsi, ariko kubera ikibazo cya Covid-19, babinyuza kuri za Televiziyo no ku rubuga rwa YouTube bishimisha benshi mu bakurikiye ibi bitaramo.
Cyusa Ibrahim umaze kumenyekana cyane mu njyana gakondo, agiye gukora igitaramo cy’indirimbo zirenga 30 zivuga ku rugamba rw’inkotanyi ashimira ababohoye u Rwanda, akazanaririmba indirimbo yahimbiye umukuru w’igihugu Paul Kagame nk’uwari uyoboye uru rugamba.
Umuhanzi Alpha Rwirangira utuye muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, agiye kurongora Liliane Umuziranenge nyuma yo gutandukana na Miss Uwingabire Esther bakundanye igihe kirekire bakanabyarana ariko bakaza gutandukana muri 2014.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 27 Kamena 2020, umuhanzi Igor Mabano ukorera muri Kina Music, ni we wari utahiwe kuririmba mu iserukiramuco Iwacu Muzika Festival 2020 ubu ririmo ribera kuri Televiziyo n’imbuga nkoranyambaga nka YouTube. Yakoze igitaramo cyashimishije benshi anizeza ko Album ye igiye kuboneka vuba.
Abasore babiri Etienne 5K na Japhet bagize itsinda rya Bigomba Guhinduka, bamaze iminsi batunganya urwenya rushyashya rumeze nk’ikiganiro cya Televiziyo bise “Showbiz Live” aho bagaragaza byinshi ku mikorere y’abahanzi b’ibyamamare mu Rwanda, bakaba baherutse kuvuga ku ndirimbo “Ntiza” Mr Kagame aherutse gukorana na Bruce (…)
Nyuma y’imyaka 30 Liverpool itazi igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza, iri joro iraye igitwaye nyuma y’uko Chelsea itsinze Manchester City ibitego 2-1, na nyuma y’uko Liverpool ku munsi wari wabanje yari yitsindiye Crystal Palace ibitego 4-0.
Gutegura ibirori no kwakirana yombi ababyitabiriye birimo biratanga akazi ku bakobwa benshi mu Rwanda aho usanga abakobwa bahurizwa mu matsinda yo gukora imirimo yo kwakira ababa baje mu birori binyuranye.