#GumaMuRugo: Umuhanzi Edouce nibwo ari gukora cyane yanasohoye indirimbo
Mu gihe benshi bagowe na gahunda yo kuguma mu rugo mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Coronavirus, umuhanzi Edouce Softman we avuga ko yahisemo kubyaza aka kanya umusaruro w’ubuhanzi akandika indirimbo, akajya no muri Studio ku buryo yanashyize hanze indirimbo yise “Mpisemo”.

Gahunda ya #GumaMuRugo yagoye benshi barimo n’abahanzi, nyamara Edouce Softman mu rwego rwo kwirwanaho ngo atagira irungu akarambirwa vuba, yahisemo gukora cyane akazi ke k’ubuhanzi muri ibi bihe, agafata umwanya munini yandika indirimbo, anazikora muri Studio nk’uko yabitubwiye.
Ati “Ni ibihe bigoye kuri buri wese nannjye ndimo, ariko jyewe kuko ndi umuhanzi, ubuhanzi mbukorera mu rugo nkiha amabwiriza yo gukora cyane ku buryo njya kuryama naniwe nakanguka ku munsi ukurikiyeho ngasubira mu kazi k’umuziki”.
Edouce yavuze ko indirimbo “Mpisemo” ari umusaruro w’ibi bihe byo kuguma mu rugo, kuko yayikoze ashaka gushimisha abantu bari mu rukundo muri ibi bihe.
Iyi ndirimbo Edouce asohoye muri ibi bihe byo kuguma mu rugo, yumvikanamo amagambo y’urukundo ikaba no mu njyana asanzwe amenyereweho ya RnB, akavuga ko ashaka kugaruka muri iyi njyana kuko na yo yasanze ifite abakunzi benshi kandi ngo ni yo yatumye amenyekana.
Mu minsi yashize yigeze kuva muri iyi njyana ayoboka injyana zibyinitse zirimo n’iyo yashyize hanze umwaka ushize yitwa “Ntafatika”, ariko nyuma yayo yongeye kugaruka muri iyi njyana yitonze ishimisha abakundana, kuko na mbere umwaka wa 2020 ugitangira yari yashyize hanze “Ni wowe” ikundwa n’abatari bake.
Inkuru zijyanye na: Coronavirus
- Perezida Museveni wa Uganda bamusanzemo COVID-19
- Bangladesh: Habonetse abantu 68 banduye COVID-19 mu masaha 24
- #COVID19: Abantu 32 banduye mu cyumweru babonetse mu bipimo 11,440
- #COVID19: Abantu 27 banduye mu cyumweru babonetse mu bipimo 9,528
- #COVID19: Abantu 28 banduye mu cyumweru babonetse mu bipimo 9,555
- #COVID19: Abantu 23 banduye mu cyumweru babonetse mu bipimo 8,951
- #COVID19: Abantu babiri banduye babonetse mu bipimo 1,212
- #COVID19: Nta muntu wanduye mushya mu bipimo 1,215
- #COVID19: Umuntu umwe wanduye yabonetse mu bipimo 1,290
- #COVID19: Umuntu umwe wanduye yabonetse mu bipimo 1,131
- #COVID19: Abantu babiri banduye babonetse mu bipimo 1,224
- #COVID19: Abantu batanu banduye babonetse mu bipimo 1,515
- #COVID19: Abantu 6 banduye babonetse mu bipimo 974
- #COVID19: Umuntu umwe wanduye yabonetse mu bipimo 1,828
- #COVID19: Abanduye batatu babonetse mu bipimo 2,071
- #COVID19: Umuntu umwe wanduye yabonetse mu bipimo 1,500
- #COVID19: Abantu babiri banduye babonetse mu bipimo 1,467
- #COVID19: Umuntu umwe wanduye yabonetse mu bipimo 1,207
- #COVID19: Nta muntu wanduye mushya mu bipimo 1,328
- #COVID19: Umuntu umwe yitabye Imana, abanduye ni 2,195
Ibitekerezo ( 2 )
Ohereza igitekerezo
|
Urwanda rufite intego nziza nubwo bawo bamwe babifata nkubugome ariko ntakundi byanjyenda NANJYE
Ahondi nkwicuza iyaba ndi Irwanda yenda nari kuzarokoka ahondi ntakizere
IMVUGO NIYO NGIRO
Urwanda rufite intego nziza nubwo bawo bamwe babifata nkubugome ariko ntakundi byanjyenda NANJYE
Ahondi nkwicuza iyaba ndi Irwanda yenda nari kuzarokoka ahondi ntakizere
IMVUGO NIYO NGIRO