Umugenzuzi mukuru w’umurimo muri Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Nkundimana Obess aragira inama abakoresha kugirana ibiganiro n’abakozi babo basubikiwe amasezerano y’akazi kuko nta nyungu bose bafite mu kuyasesa burundu.
Umunyamabanga mukuru wa sendika y’abakora mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro na za kariyeri (Rwanda Extractives Workers Union (REWU) Mutsindashyaka André avuga ko mu kwezi kwa karindwi abakoresha bazaba batarasubukura amasezerano y’abakozi cyangwa ntibabahe imperekeza bazagezwa mu nkiko.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo Gasana Richard avuga ko icyumba kibika imboga ntizangirike cyamaze kuzura bikazafasha abahinzi kuzigeza ku isoko zitangiritse.
Abasora barasaba Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imisoro n’Amahoro (Rwanda Revenue Authority) gukurirwaho amande ndetse bakanasubizwa amafaranga batanze bishyura ayo mande kuko gutinda gusora atari bo byaturutseho.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare Mushabe David Claudian avuga ko nta Banyarwanda bagihinga mu gihugu cya Uganda ndetse ko nta n’Abagande bagihinga mu Rwanda.
Mu mwaka wa 2018, Mupenzi Leon Pierre wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’agateganyo w’Umurenge wa Kabarore mu Karere ka Gatsibo, yavuye mu biro by’umurenge ajya kuba mu ihema mu Kagari ka Marimba.
Umuyobozi wa Ibuka mu Karere ka Kayonza Ndindabahizi Didace avuga ko igikorwa cyo kongera gushakisha imibiri y’Abatutsi bazize Jenoside bajugunywe mu cyuzi cya Ruramira gisubukurwa ku wa 08 Kamena 2020 kuko ahari amazi hamaze kuma.
Abana bafite ubumuga bwo kutabona bo mu Karere ka Nyagatare mu Ntara y’Iburasirazuba batangiye kugezwaho imfashanyigisho zikubiyemo amasomo ari mu nyandiko babasha gusoma izwi nka ‘Braille’ kugira ngo na bo bajye babasha gukurikirana amasomo nk’abandi.
Kuva igikorwa cyo gushakisha imibiri y’Abatutsi bazize Jenoside yajugunywe mu cyuzi cya Ruramira cyatangira muri Nyakanga 2019, hamaze kubonekamo imibiri 218.
Umukozi wIkigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), ushinzwe kurwanya indwara n’ibyonnyi, Bahunde Ernest, arasaba abahinzi gukoresha imbuto zizewe kuko ari zo zitanga umusaruro, bakanakoresha ifumbire y’imborera iboze neza kuko iyo itaboze izana udukoko mu murima tukangiza umusaruro.
Abanyamigabane ba Banki y’Abaturage y’u Rwanda bavuga ko kuva baba abanyamigabane mu 1997 batarabona urwunguko ku nyungu zikorwa na banki yabo.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe imibereho y’abaturage, Murekatete Juliet avuga ko kuba umubare w’abaturage bitabira imiganda yo kubakira abatishoboye waragabanutse hagamijwe kwirinda ikwirakwira rya COVID-19 byadindije iyubakwa ry’inzu z’abatishoboye.
Umunyamabanga Mukuru wa Sendika y’abarimu bakora mu bigo by’amashuri yigenga n’abakozi babikoramo (SYNEDUC), Abdon Faustin Nkotanyi, avuga ko bamaze kumenya ibigo 20 byamaze gusubika amasezerano y’akazi ku bakozi babyo biganjemo abarimu.
Umukozi wa Minisiteri y’ubuzima ushinzwe imikoranire n’itangazamakuru Julien Mahoro Niyingabira avuga ko ingamba zo kwirinda CVID-19 zigomba gukomeza kuko bitabaye, ikarita ikoreshwa mu kwishyura ingendo mu Mujyi wa KIgali (Tap and Go), intebe no guhererekanya amafaranga byatuma indwara ikwirakwira.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) mu Turere twa Nyagatare na Gatsibo, buratangaza ko hegitari 30 z’inzuri zimaze guhingwa zinaterwamo ubundi bwatsi kubera ibishorobwa byangije ubwatsi bwatewe mbere.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza buravuga ko abaturage bajya guhaha cyangwa abajyana ibicuruzwa mu isoko bakoresheje amagare, batabujijwe kunyura muri kaburimbo, ko ahubwo ikibujijwe ari abanyonzi bahgarara bategereje ababaha ibiraka.
Umunyamabanga Mukuru wa Sendika y’abakora mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro na za kariyeri mu Rwanda (Rwanda Extractives Workers Union (REWU), Mutsindashyaka André, arasaba abakoresha kubahiriza itegeko ry’umurimo ntibasese amasezerano y’akazi ndetse n’abayasubitse bakayasubukura kuko abatazabyubahiriza abazaba bishe itegeko (…)
Umuyobozi wa Ibuka mu Karere ka Bugesera Bankundiye Chantal avuga ko mu gihe cya Jenoside, Abatutsi babuze aho bahungira bahitamo urufunzo rw’umugezi wa’Akanyaru rwari rwahawe izina rya CND.
Abakozi 65 bari aba Kompanyi yitwa STECOL yubaka umuhanda Nyagatare-Rukomo, bacumbitse mu Kagari ka Bibare, Umurenge wa Mimuli mu Karere ka Nyagatare, barasaba Akarere inkunga y’ibiribwa cyangwa bagafashwa gusubira mu ngo zabo.
Umukozi wa Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) ushinzwe imikoranire n’itangazamakuru, Julien Mahoro Niyingabira, avuga ko guhera kuri uyu wa Mbere tariki 27 Mata 2020, mu ntara zose hagezwa udupfukamunwa.
Imibare itangwa n’Intara y’Iburasirazuba igaragaza ko kuva tariki ya mbere Mata kugera kuya 22 Mata 2020, inzu 113 n’insengero 2 zamaze gusenywa n’imvura ivanze n’umuyaga.
Umuyobozi wa Ibuka mu Karere ka Kayonza Ndindabahizi Didace avuga ko mu minsi ibiri gusa, icyuzi cya Ruramira cyabonetsemo indi mibiri 56 y’Abatutsi bazize Jenoside.
Kuva igikorwa cyo gushakisha imibiriy’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi bakajugunywa mu cyuzi cya Ruramira cyatangira, hamaze kubonekamo 160.
Umuyobozi wa REG Sitasiyo ya Nyagatare Niyonkuru Benoit arakangurira abaturage kwirinda kwangiza ibikorwa remezo by’amashanyarazi kuko bidindiza gahunda ya Leta yo kubegereza amashanyarazi.
Abarokokeye Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 ku musozi wa Mwulire mu Karere ka Rwamagana, mu Ntara y’Iburasirazuba bavuga ko bahanganye n’ibitero by’Interahamwe, abasirikare n’abajandarume mu gihe cy’iminsi itandatu, hitabazwa abasirikare barindaga perezida.
Abarokokeye i Rukumberi mu Karere ka Ngoma mu Ntara y’Iburasirazuba bavuga ko Interahamwe zatemye intoki n’imirima y’amasaka kugira ngo Abatutsi batabona aho bihisha, Inkotanyi zibatesha bagiye no gutwika urufunzo.
Abarokokeye ku musozi wa Rutonde bita mu Bitare bya Rutonde (ubu ni mu Karere ka Rwamagana mu Ntara y’Iburasirazuba) bavuga ko Abahutu ba Segiteri Rutonde babanje gufatanya n’Abatutsi kurwanya ibitero by’Interahamwe byabaga biturutse ahandi.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 mu cyahoze ari Komini Muhazi, ubu ni mu Karere ka Rwamagana, bari bahungiye ku biro bya Komini babanje kwirwanaho birukana Interahamwe baganzwa n’igitero cy’abajandarume n’abapolisi.
Abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 mu cyahoze ari Komini Rukira, ubu ni mu Murenge wa Rukira Akarere ka Ngoma, bavuga ko uwari Burugumesitiri wabo yagerageje kubarwanaho, ariko akaza kuganzwa n’abajandarume interahamwe zikabona kubica.
Umuyobozi wa Ibuka mu Karere ka Kirehe, Nduwimana Bonaventure, avuga ko kuri kiriziya ya Nyarubuye hakorewe ubwicanyi ndengakamere, burimo no gushinyagurira abamaze kwicwa.