Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Mufulukye Fred, arasaba abayobozi mu nzego z’ibanze ko udashoboye inshingano akwiye gusezera akazi nta yandi mananiza, kuko n’utazabikora hazakurikizwa inzira zijyanye n’amategeko.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Mufulukye Fred, arasaba abayobozi guhuza imvugo n’ingiro bakaba intangarugero mu bayoborwa.
Umushinga Imbuto Foundation uvuga ko ugiye gufatanya n’Akarere ka Nyagatare mu kurandura ikibazo cy’inda z’imburagihe ziterwa abangavu.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Ndego mu Karere ka Kayonza, buvuga ko hari abahinzi batumvaga akamaro ko gukoresha ifumbire mu buhinzi bwabo, ariko nyuma yo kubona ko bagenzi babo bakangukiye kuyikoresha babona umusaruro mwiza, abakoresha ifumbumbire batangiye kwiyongera.
Minani Hemed, umuyobozi w’abafana ba Kiyovu Sports, avuga ko izina Gorigota rikwiye kuvaho rigahinduka Yeruzalemu kuko uwakahabambiye ariwe usigaye uhambambirwa.
Chief Supertendent of Police (CSP) Alphonse Businge, Umuyobozi wungirije wa Polisi y’Igihugu mu Ntara y’Iburasirazuba, arasaba abatwara ibinyabiziga kutagenda bacunga Polisi, ko ahubwo bakwiye gutwara batekereza ku buzima bwabo.
CIP Hamdoun Twizeyimana, umuvugizi wa Polisi y’igihugu mu Ntara y’Iburasirazuba avuga ko 80% by’impanuka ziterwa n’imyumvire.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburasirazuba, CIP Hamdoun Twizeyimana, avuga ko kuva ubukangurambaga bwa Gerayo Amahoro bwatangira impanuka zo mu muhanda zimaze kugabanukaho 11%.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba Mufulukye Fred arasaba abayobozi mu Karere ka Nyagatare gukora batizigama no gukosora ibyangiza isura y’akarere.
Abaturage bagize imiryango 16 y’Abanyarwanda birukanywe muri Tanzaniya batujwe mu Mudugudu wa Ntoma, Umurenge wa Musheli, mu Karere ka Nyagatare, baratangaza ko batazi impamvu idahabwa umuriro w’amashanyarazi nyamara abaturanyi babo bacanirwa.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Mufulukye Fred, arasaba abaturage b’Akarere ka Nyagatare n’abatuye intara muri rusange kwirinda kunyura mu nzira zitemewe no gutwara magendu kuko bishyira ubuzima bwabo mu kaga.
Mukankusi Jannet wo mu Kagari ka Musheri, Umurenge wa Musheri mu Karere ka Nyagatare, asanga Perezida wa Repubulika Paul Kagame avukana na Yesu kuko atarobanura ku butoni.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare Mushabe David Claudian arasaba aborozi gufatira inka zabo ubwishingizi kugira ngo ipfuye nyirayo ayishyurwe.
Abanyamuryango ba Koperative y’abamotari ba Karangazi KRMC barasaba ubuyobozi kubafasha RIM ikabaha igihe kiringaniye cyo kwishyura umwenda bayifitiye batagizemo uruhare mu kuwaka.
Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere uburezi (REB), Dr. Ndayambaje Irené, aributsa ababyeyi bo mu Karere ka Nyagatare ko uruhare rwabo mu burezi n’uburere bw’abana babo rudasimburwa, bityo bakwiye gufatanya n’abashinzwe inzego z’uburezi kugira ngo intego z’uburezi zibashe kugerwaho.
Komiseri Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Imfungwa n’Abagororwa (RCS), George Rwigamba, avuga ko kwigisha abagororwa imyuga bituma bunguka ubumenyi buzabafasha mu gihe bazaba batashye mu miryango yabo, bikanabarinda kongera gusubira mu byaha.
Umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere uburezi (REB), Dr. Irené Ndayambaje avuga ko mu myaka itatu ikibazo cy’ubucucike n’ingendo ndende ku banyeshuri gishoboka kuzaba kitagihari.
Umuyobozi w’abavuzi gakondo mu Karere ka Nyagatare, Umubyeyi Jolly, avuga ko abavuzi gakondo bagicururiza imiti mu isoko bakwiye kurwanywa nk’uko abacuruza ibiyobyabwenge barwanywa.
Abaturage bivuriza ku ivuriro (Poste de santé) rya Nyendo ntibemeranywa n’Akarere ka Nyagatare ku cyemezo cyo kwegurira ivuriro ryabo rwiyemezamirimo kuko batizeye imikorere ye.
Umuyobozi w’ibitaro bya Nyagatare, Dr. Munyemana Ernest, avuga ko umugabo guca inyuma umugore akiri ku kiriri nta cyo bihindura ku miterere y’umwana, ko ndetse bidashobora gutera umwana ubumuga.
Umuvunyi mukuru Anastase Murekezi avuga ko ruswa imunga ubukungu n’umuco, ariko by’umwihariko ikagira ingaruka ku mutekano igihugu kikaba cyahura n’akaga.
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, bavuga ko batifuza guturana n’ababahemukiye, bagahitamo gutura kure y’aho barokokeye.
Minisitiri w’urubyiruko n’umuco, Rosemary Mbabazi, avuga ko iterambere ryihuse ritagerwaho abo ryubakirwa batariho kubera kutitabwaho n’ababyeyi bitwaje ko babashakira imibereho myiza.
Ntibisigwa Célestin, umuzamu ku nzu zubakiwe abatishoboye igihe cy’urugerero ruciye ingando, amaze igihe kirekire yishyuza Akarere ka Nyagatare umushahara yakoreye, dore ko habura ukwezi kumwe ngo umwaka wuzure.
Abanyarwanda 33 barimo abagore 17 bagejejwe ku mupaka wa Cyanika ku mugoroba wo ku wa 27 Ugushyingo 2019, aho biruhukije bageze mu gihugu cyabo nyuma y’ubuzima bubi bwo gutotezwa, gukubitwa no gufungwa babagamo mu gihugu cya Uganda.
Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Imanishimwe Yvette, avuga ko hari abagore baza kwa muganga kubyara babanje kunywa imiti gakondo ngo ituma babyara neza.
Karemera Damascene w’imyaka 25 y’amavuko yatemwe n’umuturage wo muri Uganda yakoreraga azira ko amwishyuje.
Ubushakashatsi bwakozwe n’Urwego rw’Igihugu rw’imiyoborere RGB muri uyu mwaka, bugaragaza ko abaturage 52.3 % batuye mu ntara y’Uburasirazuba batishimiye serivisi z’ubuhinzi bahabwa.
Guverineri w’intara y’Iburasirazuba, Mufulukye Fred, avuga ko abakozi bazajya abahabwa akazi bazajya basinyira kudasambanya abana mbere yo kugatangira.
Umwalimu wigisha ku ishuri ribanza rya Akayange, mu kagari ka Ndama umurenge wa Karangazi mu karere ka Nyagatare, afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Nyagatare, nyuma yo gufatwa aryamanye n’umunyeshuri yigisha.