Guhera ku wa Mbere tariki 20 Nyakanga 2020, abagabo batatu bari mu maboko ya RIB sitasiyo ya Musheri mu Karere ka Nyagatare, bakekwaho kwiba sima zubakishwa amashuri mu Murenge wa Musheri.
Itsinda rikora igenzura mu nsengero rireba izujuje ibisabwa kugira ngo zikore mu Karere ka Nyagatare, zasanze 13 kuri 326 ari zo zakoze ibishoboka ku buryo kuri iki cyumweru zitangira gukora.
Nyinawandwi Epiphanie wo mu Mudugudu wa Mirama ya kabiri Akagari ka Nyagatare Nmurenge wa Nyagatare avuga ko umwana we yavukanye ubumuga bw’ururimi ruteguka ndetse n’ahanyura umwanda hato ariko yabuze ubushobozi bumuvuza.
Umuyobozi wa Ibuka mu Karere ka Kayonza, Didace Ndindabahizi, avuga ko gushakisha imibiri y’Abatutsi bajugunywe mu cyuzi cya Ruramira mu gihe cya Jenoside byongeye guhagarara kubera ko hari agace karimo amazi n’isayo abaturage batabasha kujyamo.
Segikwiye Alex wo mu Mudugudu wa Nyamirambo, Akagari ka Rurenge, Umurenge wa Rukomo mu Karere ka Nyagatare arasaba ubufasha bwo kuvuza umwuzukuru we wavukanye ubumuga bwo mu maso.
Umwe mu Banyarwanda bari bafungiye muri Uganda avuga ko yari amaze hafi imyaka ibiri afungiwe muri icyo gihugu, amezi atandatu akaba ngo yarayamaze aba mu musarane ku mapingu yambaye uko yavutse.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 07 Nyakanga 2020 nibwo Abanyarwanda 12 bari bafungiye mu gihugu cya Uganda bagejejwe mu Rwanda banyuze ku mupaka wa Kagitumba.
Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda Lt Col Innocent Munyengango avuga ko mu rwego rwo kwitegura kwizihiza isabukuru y’imyaka 26 ishize u Rwanda rwibohoye, hakozwe imishinga minini 12 igamije guteza imbere abaturage ifite agaciro ka Miliyari mirongo inani n’umunani.
Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda, Lt Col Innocent Munyengango, avuga ko Gikoba itazibagirana mu mateka y’urugamba rwo kubohora igihugu kuko ari ho RPA yabereye umutwe w’ingabo nyawo kandi wubatswe neza.
Minisitiri w’ubuzima Dr. Daniel Ngamije yasobanuriye Umukuru w’Igihugu n’itsinda bari kumwe ko kuba ibitaro ba Gatunda bitaratangira gukora byatewe n’icyorezo cya COVID-19.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe ubukungu, Rurangwa Steven, avuga ko aba mbere mu bagomba gutuzwa mu mudugudu w’icyitegererezo wa Tabagwe batangiye kuwugeramo ku wa Gatanu tariki 03 Nyakanga 2020.
Abacururiza mu isoko rito rya Kabuga mu Murenge wa Karama n’abacururiza mu isoko rito rya Shonga bavuga ko aya masoko yatumye bacika ku kongera kujya gucururiza mu isoko ryitwa Mukarere(muri Uganda). Bavuga kandi ko umuhanda wa kaburimbo na wo uzaborohereza kugeza umusaruro wabo ku isoko.
Abacuruzi b’amatafari ahiye mu Karere ka Nyagatare bavuga ko inyubako nyinshi cyane cyane izijyanye n’ibikorwa rusange zirimo kubakwa zatumye igiciro cy’itafari kizamuka.
Abakunzi b’imikino mu karere ka Nyagatare baravuga ko ibibuga bubakiwe bizatuma bazamura impano zabo ariko bakifuza n’abatoza.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Murekatete Juliet, avuga ko imiryango ibarirwa muri 200 y’abatishoboye ari yo itarashyikirizwa inzu yubakiwe muri uyu mwaka w’imihigo.
Umuyobozi wungirije w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), Dr. Solange Uwituze avuga ko bagishakisha inkomoko y’indwara y’uburenge yagaragaye mu nzuri z’aborozi mu karere ka Kayonza mu Ntara y’Iburasirazuba.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi irasaba aborozi bo mu turere twa Gatsibo, Kayonza na Kirehe guhagarika ingendo z’amatungo hagamijwe gukumira indwara y’uburenge.
Bamwe mu biganjemo abakuze n’abatazi gusoma no kwandika bavuga ko kugira ngo bishyurane hifashishijwe telefone biyambaza abandi bantu kuko bo batashobora kubyikorera.
Gasangwa Dismas wo mu mudugudu wa Kumana mu Kagari ka Gakoni mu Murenge wa Kiramuruzi arwariye mu bitaro by’i Kanombe azira inkoni yakubiswe n’abantu bataramenyekana bamutegeye mu nzira ataha.
Umugenzuzi mukuru w’umurimo muri Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Nkundimana Obess aragira inama abakoresha kugirana ibiganiro n’abakozi babo basubikiwe amasezerano y’akazi kuko nta nyungu bose bafite mu kuyasesa burundu.
Umunyamabanga mukuru wa sendika y’abakora mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro na za kariyeri (Rwanda Extractives Workers Union (REWU) Mutsindashyaka André avuga ko mu kwezi kwa karindwi abakoresha bazaba batarasubukura amasezerano y’abakozi cyangwa ntibabahe imperekeza bazagezwa mu nkiko.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo Gasana Richard avuga ko icyumba kibika imboga ntizangirike cyamaze kuzura bikazafasha abahinzi kuzigeza ku isoko zitangiritse.
Abasora barasaba Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imisoro n’Amahoro (Rwanda Revenue Authority) gukurirwaho amande ndetse bakanasubizwa amafaranga batanze bishyura ayo mande kuko gutinda gusora atari bo byaturutseho.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare Mushabe David Claudian avuga ko nta Banyarwanda bagihinga mu gihugu cya Uganda ndetse ko nta n’Abagande bagihinga mu Rwanda.
Mu mwaka wa 2018, Mupenzi Leon Pierre wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’agateganyo w’Umurenge wa Kabarore mu Karere ka Gatsibo, yavuye mu biro by’umurenge ajya kuba mu ihema mu Kagari ka Marimba.
Umuyobozi wa Ibuka mu Karere ka Kayonza Ndindabahizi Didace avuga ko igikorwa cyo kongera gushakisha imibiri y’Abatutsi bazize Jenoside bajugunywe mu cyuzi cya Ruramira gisubukurwa ku wa 08 Kamena 2020 kuko ahari amazi hamaze kuma.
Abana bafite ubumuga bwo kutabona bo mu Karere ka Nyagatare mu Ntara y’Iburasirazuba batangiye kugezwaho imfashanyigisho zikubiyemo amasomo ari mu nyandiko babasha gusoma izwi nka ‘Braille’ kugira ngo na bo bajye babasha gukurikirana amasomo nk’abandi.
Kuva igikorwa cyo gushakisha imibiri y’Abatutsi bazize Jenoside yajugunywe mu cyuzi cya Ruramira cyatangira muri Nyakanga 2019, hamaze kubonekamo imibiri 218.
Umukozi wIkigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), ushinzwe kurwanya indwara n’ibyonnyi, Bahunde Ernest, arasaba abahinzi gukoresha imbuto zizewe kuko ari zo zitanga umusaruro, bakanakoresha ifumbire y’imborera iboze neza kuko iyo itaboze izana udukoko mu murima tukangiza umusaruro.
Abanyamigabane ba Banki y’Abaturage y’u Rwanda bavuga ko kuva baba abanyamigabane mu 1997 batarabona urwunguko ku nyungu zikorwa na banki yabo.