Icyuzi cya Ruramira kimaze kubonekamo imibiri 160 y’abazize Jenoside
Kuva igikorwa cyo gushakisha imibiriy’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi bakajugunywa mu cyuzi cya Ruramira cyatangira, hamaze kubonekamo 160.

Umuyobozi wa Ibuka mu Karere ka Kayonza, Ndindabahizi Didace, avuga ko mugihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, icyuzi cya Ruramira cyajugunywemo Abatutsi benshi.
Kugira ngo babashe gushakisha imibiri yajugunywemo, habanje igikorwa cyo kumutsa icyo cyuzi bakamyamo amazi. Kugeza ku itariki 22 Mata 2020, imibiri 160 ni yo yari imaze kubonekamo kandi igikorwa kizakomeza.
Ati “Turacyashakisha nubwo hari ikibazo cy’imvura amazi yongera akareka. Urebye harimo imibiri myinshi cyane kuko tumaze kubona 160 kandi turacyari ku nkuka hagati ntiturageramo kubera n’imvura igwa buri munsi, harimo icyondo kinshi”.
Icyuzi cya Ruramira cyahanzwe hagamijwe gufasha abahinzi b’umuceri kubona amazi yo kuhira, kikaba kiri ku buso bwa km2 ziri hagati y’ebyiri n’eshatu.
Ahandi hantu hajugunywe Abatutsi mu gihe cya Jenoside mu Karere ka Kayonza, ni mu biyaga no mu bisimu by’ahacukurwa amabuye y’agaciro i Rwinkwavu.
Kubera ko batabasha gukuramo imibiri ngo igihe cyo kwibuka abaturage bajyayo bakabibuka.
Umuyobozi wa Ibuka mu Karere ka Kayonza avuga ko hari n’Abatutsi biciwe i Midiho mu Murenge wa Mukarange, na bo imibiri yabo yabuze burundu kuko ababishe banze kugaragaza aho bajugunywe.
Agira ati “Turacyafite ikibazo cyo kubona imibiri y’abacu biciwe ku rusengero rwa EAR Paruwasi ya Midiho, kuko n’abafunze bahabiciye banze kuhagaragaraza. Bishwe ku manywa y’ihangu ariko n’abari bahaturiye na bo banze kutubwira”.
Inkuru zijyanye na: Kwibuka26
- Abagize Ibuka-Italia basanga Jenoside yakorewe Abatutsi ikwiye kwigishwa mu mashuri
- Komisiyo yiga ku ruhare rw’u Bubiligi mu bibazo bya Congo izagaragaze n’uruhare bwagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi – RESIRG
- Musenyeri Rucyahana aramagana abakomeje gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi
- Itorero Inganzo Ngari rirabasusurutsa mu gitaramo cyo Kwibohora bise ‘Urw’Inziza’
- Nyanza: Mu mibiri itatu yabonetse i Busasamana, umwe wahise umenyekana
- Itangizwa rya Turquoise: Operasiyo ya Gisirikare y’Abafaransa yari ije gutabara Guverinoma y’Abicanyi n’ingabo zayo
- Abapfobya Jenoside ntibagomba kudutera ubwoba - Dr Bizimana J. Damascène
- Imiryango yazimye muri Jenoside ni ikimenyetso cy’umugambi wo kurimbura abafite icyo bahuriyeho – Jeannette Kagame
- Uwarokotse Jenoside ararembye nyuma yo gukubitwa n’abagizi ba nabi
- Tariki 17/06/1994 : Guverinoma ya Kambanda yabeshye ko mu Bisesero hari inyenzi, ijya gutsemba Abatutsi baho bari bataricwa
- 14-17/06/1994 : iyicwa ry’Abatutsi kuri Sainte Famille no kuri Saint Paul na Operasiyo idasanzwe y’Inkotanyi yo gukiza abicwaga
- Gukurikirana ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside bishyigikira ubumwe n’ubwiyunge
- Tariki 08/06/1994: Muri Ngororero ubwicanyi bwakorewe abana babyawe n’abagore b’Abahutukazi ku bagabo b’Abatutsi
- Ubuhamya: Interahamwe zahaye Kayitaramirwa amahitamo atatu
- Abanyarwanda baba muri Cameroun bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi
- Gushakisha imibiri mu cyuzi cya Ruramira birasubukurwa kuri uyu wa mbere
- Icyuzi cya Ruramira kimaze kubonekamo imibiri y’Abatutsi 218 bishwe muri Jenoside
- Tariki 04/06/1994 : Ifatwa rya Kabgayi ryababaje Guverinoma ya Kambanda
- Iya 02 Kamena 1994 itariki y’icyizere ku barokokeye i Kabgayi
- U Bubiligi bwahamagaje Abadipolomate babwo kubera amakosa bakoze mu #Kwibuka26
Ohereza igitekerezo
|