Kayonza: Mu cyuzi cya Ruramira habonetsemo indi mibiri 56 y’Abazize Jenoside yakorewe Abatutsi
Umuyobozi wa Ibuka mu Karere ka Kayonza Ndindabahizi Didace avuga ko mu minsi ibiri gusa, icyuzi cya Ruramira cyabonetsemo indi mibiri 56 y’Abatutsi bazize Jenoside.

Iki cyuzi cyifashishwaga mu kuhira umuceri, cyatangiye kumutswa mu kwezi kwa karindwi mu mwaka wa 2019.
Kubera imvura nyinshi igwa mu Karere ka Kayonza ngo ibikorwa byo gushakishamo imibiri y’Abatutsi bajugunywemo mu gihe cya Jenoside bigenda buhoro.
Umuyobozi wa Ibuka mu Karere ka Kayonza avuga ko ubu bakiri ku nkuka z’iki cyuzi ariko ku munsi wo kuwa 24 Mata habonetse imibiri 27 naho kuwa 25 haboneka imibiri 29.
Imibiri 56 y’Abatutsi bishwe muri Jenoside ibonetse mu minsi ibiri ije isanga indi 160 yabonetse kugeza kuwa 22 Mata 2020.
Umuyobozi wa Ibuka mu Karere ka Kayonza Ndindabahizi Didace avuga ko batazi igihe ibikorwa byo gushakisha imibiri mu cyuzi cya Ruramira bizarangirira kuko ari kinini.
Ati “Nta gihe runaka navuga kuko icyuzi ni kinini byongeye ibihe by’imvura turimo ntibituma twihuta kuko harekamo amazi ibikorwa ntibyihute. Ikigaragara ni uko hajugunywemo Abatutsi benshi kuko tukiri ku nkuka tutarabasha kugeramo hagati.”
Ndindabahizi Didace avuga ko Abatutsi bajugunywe mu cyuzi cya Ruramira bamwe bajugunywemo bagihumeka bashaka kuzamukamo bagaterwa ibisongo.
Abishingira ku kuba bamaze kubonamo ibisongo biri iruhande rw’aho bagenda bakura imibiri.
Inkuru zijyanye na: Kwibuka26
- Abagize Ibuka-Italia basanga Jenoside yakorewe Abatutsi ikwiye kwigishwa mu mashuri
- Komisiyo yiga ku ruhare rw’u Bubiligi mu bibazo bya Congo izagaragaze n’uruhare bwagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi – RESIRG
- Musenyeri Rucyahana aramagana abakomeje gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi
- Itorero Inganzo Ngari rirabasusurutsa mu gitaramo cyo Kwibohora bise ‘Urw’Inziza’
- Nyanza: Mu mibiri itatu yabonetse i Busasamana, umwe wahise umenyekana
- Itangizwa rya Turquoise: Operasiyo ya Gisirikare y’Abafaransa yari ije gutabara Guverinoma y’Abicanyi n’ingabo zayo
- Abapfobya Jenoside ntibagomba kudutera ubwoba - Dr Bizimana J. Damascène
- Imiryango yazimye muri Jenoside ni ikimenyetso cy’umugambi wo kurimbura abafite icyo bahuriyeho – Jeannette Kagame
- Uwarokotse Jenoside ararembye nyuma yo gukubitwa n’abagizi ba nabi
- Tariki 17/06/1994 : Guverinoma ya Kambanda yabeshye ko mu Bisesero hari inyenzi, ijya gutsemba Abatutsi baho bari bataricwa
- 14-17/06/1994 : iyicwa ry’Abatutsi kuri Sainte Famille no kuri Saint Paul na Operasiyo idasanzwe y’Inkotanyi yo gukiza abicwaga
- Gukurikirana ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside bishyigikira ubumwe n’ubwiyunge
- Tariki 08/06/1994: Muri Ngororero ubwicanyi bwakorewe abana babyawe n’abagore b’Abahutukazi ku bagabo b’Abatutsi
- Ubuhamya: Interahamwe zahaye Kayitaramirwa amahitamo atatu
- Abanyarwanda baba muri Cameroun bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi
- Gushakisha imibiri mu cyuzi cya Ruramira birasubukurwa kuri uyu wa mbere
- Icyuzi cya Ruramira kimaze kubonekamo imibiri y’Abatutsi 218 bishwe muri Jenoside
- Tariki 04/06/1994 : Ifatwa rya Kabgayi ryababaje Guverinoma ya Kambanda
- Iya 02 Kamena 1994 itariki y’icyizere ku barokokeye i Kabgayi
- U Bubiligi bwahamagaje Abadipolomate babwo kubera amakosa bakoze mu #Kwibuka26
Ohereza igitekerezo
|