Umugabo witwa Evariste Munyaneza wo mu Kagari ka Kimana mu Murenge wa Musha mu Karere ka Gisagara, yagejejwe mu maboko y’ubugenzacyaha nyuma yo kugaragara mu mashusho akubita umugore we mu ruhame.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko kubera isubukurwa ry’ingendo hagati y’intara n’Umujyi wa Kigali ndetse n’ingendo za moto, hagiye gusubukurwa gahunda ya #GerayoAmahoro yari yarasubitswe igeze mu cyumweru cya 13, kugira ngo hirindwe impanuka n’icyorezo cya Coronavirus.
Ku wa Gatanu tariki ya 29 Gicurasi wari umunsi mpuzamahanga wahariwe kuzirikana intumwa z’Umuryango w’Abibumbye ziri hirya no hino ku Isi mu butumwa bwo kugarura amahoro.
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruratangaza ko mu myaka itanu ishize rumaze kwakira hafi dosiye z’ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside 2,300.
Ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki ya 25 Gicurasi 2020, nibwo hatangiye gukwirakwizwa amashusho y’Umwirabura aryamye hasi, atsikamiwe ku ijosi n’umupolisi w’umuzungu muri Leta zunze Ubumwe za Amerika muri Leta ya Minnesota mu mujyi wa Minneapolis.
Ubwo yarangizaga kwiga ibyerekeranye no gutwara indege muri Werurwe 2016 mu kigo cya Akagera Aviation, Lieutenant Ariane Mwiza, yabaye umwe mu banyeshuri batsinze neza, icyo gihe bakaba barasoje amasomo yo gutwara indege ari abasirikare 14 bo mu ngabo z’u Rwanda (RDF).
Mu Murenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze, mu ijoro rishyira tariki 28 Gicurasi 2020, abantu batahise bamenyekana bitwikiriye ijoro bajya mu murima w’amasaka y’umuturage barayatema.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 29 Gicurasi, u Rwanda rurifatanya n’isi yose mu kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Ubutumwa bw’Amahoro bwa LONI, mu gihe kandi isi yugarijwe n’icyorezo cya Coronavirus. Muri uyu mwaka, Loni ikaba yarahisemo kuzirikana ku ruhare rw’abagore mu butumwa bw’amahoro.
Ku wa Gatandatu tariki 23 Gicurasi 2020 nibwo abahanzi bagize itsinda rya Tuff Gang bari bateguye igitaramo ndetse kiranatangira, ariko hadashize umwanya, Polisi iragihagarika ndetse abari bakirimo batabwa muri yombi, ariko nyuma baza kurekurwa.
Polisi y’u Rwanda itangazako kubera igabanuka ry’ibinyabiziga mu mihanda hirya no hino mu gihugu, impanuka na zo zagabanutse. Mbere ya gahunda ya #GumaMuRugo, ubukangurambaga bwa Gerayo Amahoro na bwo bwari bwagabanyije impanuka ku kigero gishimishije nkuko byemezwa na Polisi.
Abantu 20 barimo abagore umunani bari mu maboko ya Polisi mu Mujyi wa Kigali, bazira kuba baragiye kota umwotsi w’ibyatsi bishyushye (igikorwa cyitwa Sawuna), nyamara amabwiriza yo kwirinda Covid-19 atabyemera.
Umuhinzi ntangarugero w’urutoki, Alexis Mwumvaneza, afungiwe ahitwa i Gikonko mu Karere ka Gisagara, akurikiranyweho kwenga inzoga z’inkorano bakunze kwita nyirantare cyangwa muriture.
Ganza Chritian ari mu maboko y’Ubushinjacyaha nyuma yo gutabwa muri yombi n’inzego z’umutekano ashaka guhindura nimero ya telefone ya Habarurema Donat ngo ajye ayikoresha muri gahunda ze.
Abasirikare batanu b’u Rwanda baregwa ibyaha birimo gusambanya abantu ku gahato muri Kangondo i Nyarutarama, bagaragarije urukiko uburyo ibirego bashinjwa ngo ari amagambo y’ibinyoma adafite gihamya, basaba kuburana badafunzwe.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Bugesera yafashe uwitwa Byukusenge Janviere w’imyaka 25 na Ndayishimiye Albert w’imyaka 20.
Kuva mu kwezi kwa Mutarama 2020, abantu 19 bafatiwe mu cyuho biba amashanyarazi, ibi bikaba byaratewe n’imbaraga Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe Ingufu “REG” yashyize mu kurwanya ubwo bujura.
Abantu 33 barishwe abandi benshi baburirwa irengero hagati y’itariki ya 11 n’iya 17 Gicurasi 2020, mu bitero bitandukanye bivugwa ko byagabwe n’umutwe wa ADF mu duce tw’insisiro tw’Umujyi wa Beni, uherereye mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, nka Kokola, Ntoma, Kalya na Eringeti.
Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo (UNMISS), bakomeje kunoza inshingano zabo muri ibi bihe byo guhangana n’icyorezo cya COVID-19.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruratangaza ko kuri uyu wa kane tariki 14 Gicurasi 2020 rwafunze Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze witwa Sebashotsi Gasasira Jean Paul; Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kabeza witwa Tuyisabimana Jean Leonidas, n’abacunga umutekano babiri (…)
Polisi y’u Rwanda ifungiye kuri sitasiyo ya Kicukiro abantu icyenda bakora ubushoferi, bazira kubyiganira mu modoka muri ibi bihe byo kwirinda Covid-19, aho bisaba ko abantu birinda kwegerana.
Mu Kiganiro yagiranye na KT Radio, Umuvugizi wa Polisi y’u rwanda, CP JB Kabera yatangarije abatwara ibinyabiziga ko kizira kikaziririzwa guhagarikwa na Polisi ukanga guhagarara.
Umukozi w’Urwego rwunganira akarere mu gucunga umutekano (DASSO), mu Karere ka Kirehe, witwa Habimana Eliezer ari mu maboko ya RIB, nyuma yo gufatwa akekwaho icyaha cyo kwiba no kugurisha ibendera ry’Igihugu.
Tariki 08 Gicurasi 2020, mu Murenge wa Rweru mu Karere ka Bugesera mu Burasirazuba bw’u Rwanda humvikanye amasasu.
Ibitaro bya gisirikare by’i Kanombe, ku mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki 09 Gicurasi 2020 byasezereye abandi bane bari bakomerekejwe na Gerenade yaturikiye mu Murenge wa Ndera mu Karere ka Gasabo.
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko yafashe uwitwa Hafashimana alias Jado w’imyaka 22 y’amavuko nyuma yo kwiba igikapu cyari kirimo amafaranga angana na 4,384,900Frw.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda (RDF) kuri uyu wa Gatandatu tariki 09 Gicurasi 2020 yagiranye ibiganiro n’abayobozi bakuru b’Ingabo z’u Rwanda (Officers).
Umuyobozi mu ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) akurikiranyweho ibyaha byo gusambanya umwe mu bahataniraga ikamba rya Miss Rwanda 2020.
Umuryango w’abantu umunani, ababyeyi babiri n’abana batandatu bo mu Murenge wa Rusasa mu Karere ka Gakenke bashyinguwe nyuma yo kwicwa n’ibiza byaturutse ku mvura nyinshi.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu tariki 08 Gicurasi 2020, Minisiteri y’ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA) yatangaje ko hamaze kubarurwa abantu 72 bamaze guhitanwa n’imvura nyinshi yaguye guhera mu ijoro ryo ku itariki 06 Gicurasi 2020.
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko ibitaro byasezereye abantu barindwi (07) mu gihe bane (04) bakitabwaho n’abaganga mu bitaro bya gisirikare i Kanombe, kandi na bo bakaba barimo koroherwa.