Imyigaragambyo yo kwamagana urupfu rwa George Floyd yageze i Burayi
Ubufatanye bwo kurwanya irondaruhu ndetse n’ihohoterwa rikorerwa abirabura, bwarenze Amerika aho bwageze mu bihugu by’i Burayi, nyuma y’icyumweru kimwe George Floyd yishwe.

Ibihumbi by’abantu bagaragaye bamagana ubwo bwicanyi mu Mijyi ya Berlin mu Budage n’i Londres mu Bwongereza, bagaragaza ko bamaganye uburyo George Floyd yishwe.
I Berlin, abigaragambya bahuriye imbere ya Ambasade ya Leta zunze ubumwe za Amerika, bavuga kandi bafite ibyapa byanditseho ngo “Ubutabera kuri Floyd”, “Mureke kutwica”, ibindi byanditse ho “Wahamagara nde mu gihe umupolisi ari we mwicanyi”!
Ifoto nini ya Floyd iherekejwe n’amagambo yavuze bwa nyuma “I Can’t Breathe” (Simbasha guhumeka) byamanitswe ku gisigazwa cy’urukuta rwa Berlin (Mur de Berlin).
I Londres, abigaragambya bahuriye imbere y’Inteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza, aho basoreje urugendo imbere ya Ambassade ya Amerika bafite ibyapa bigira biti “Ubuzima bw’abirabura bufite agaciro”.
Biteganyijwe ko kuri uyu wa kabiri tariki 02 Kamena, mu Mujyi wa Paris mu Bufaransa, haza kuba imyigaragabyo, aho abaturage basaba ubutabera kuri Adama Traore, umwirabura w’imyaka 24 wishwe mu mwaka wa 2016 yishwe n’abapolisi bamuhohoteye ubwo bamutaga muri yombi, nyamara raporo ya muganga yasohotse kuwa gatanu tariki 29 Gicurasi, ikagaragaza ko urupfu rwe nta ruhare abapolisi barugizemo.
Imyigaragambyo yabaye abapolisi baherekeza abigaragambya, aho basabwe kuba maso kugira ngo idafata intera ikabije nk’uko byifashe muri USA.
Inkuru zijyanye na: George Floyd
- USA: Joe Biden yishimiye ko umupolisi wishe George Floyd yahamwe n’icyaha
- Urukiko rwahamije Derek Chauvin icyaha cyo kwica umwirabura Georges Floyd
- USA: Umupolisi wishe George Floyd yarekuwe atanze ingwate
- Umupolisi ukekwaho kwica wa George Floyd yatahuweho no kunyereza imisoro
- Rayshard Brooks, undi mwirabura wishwe n’umupolisi nyuma ya George Floyd
- Premier League: Ijambo ‘Black Lives Matter’ rizasimbura amazina y’abakinnyi ku myenda
- Umukobwa wa George Floyd w’imyaka 6 yemerewe kuziga kaminuza ku buntu
- Mu gushyingura George Floyd, Trump yanenzwe uko yitwaye muri iki kibazo
- Umupolisi wishe George Floyd agomba gutanga miliyoni y’amadolari kugira ngo aburane adafunze
- Amafoto: Imyigaragambyo yo kwamagana iyicarubozo n’ihohoterwa bikorerwa abirabura ku isi irakomeje
- Ibihumbi by’abantu bategerejwe mu muhango wo gusezera bwa nyuma George Floyd
- Michael Jordan yatanze Miliyoni 100 z’Amadolari mu kurwanya ivanguraruhu
- Umuhanda werekeza ku biro bya Trump wiswe ‘Black Lives Matter’
- Kanye West agiye kwishyurira kaminuza umukobwa wa George Floyd wishwe
- Minneapolis: Bacecetse iminota 8 n’amasegonda 46, igihe Chauvin yamaze atsikamiye George Floyd
- Abigaragambya muri Amerika bahawe ubutabera basabye kuri George Floyd
- USA: Pentagon yavuze ko nta basirikare izohereza kurwanya abigaragambya
- Papa Francis yamaganye iyicwa rya George Floyd
- Amakipe n’abakinnyi ku isi hose bahurije mu kwamagana urupfu rwa George Floyd (AMAFOTO)
- Niba ba Guverineri bananiwe kugarura amahoro ndohereza abasirikare bakemure ikibazo - Donald Trump
Ibitekerezo ( 4 )
Ohereza igitekerezo
|
Iyo mubyeditinga ariko mukabishyiraho !
Ko mwanze kubishyiraho, muri ababeshyi ! Mutinya hanze ntagihari !
AKARENGANE GAKORERWA ABIRABURA MURI USA KARAKABIJE KABISA.NAHO PRESIDENT WA USA WAGIRANGO ABIRABURA HARI ICYO APFA NABO KABISA.
ABIRABURA NABO NABANTU NDUMVA BAHABWA UBUTABERA