USA: Abaturage bakomeje kwigaragambya basaba ko ubuzima bw’Abirabura buhabwa agaciro

Ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki ya 25 Gicurasi 2020, nibwo hatangiye gukwirakwizwa amashusho y’Umwirabura aryamye hasi, atsikamiwe ku ijosi n’umupolisi w’umuzungu muri Leta zunze Ubumwe za Amerika muri Leta ya Minnesota mu mujyi wa Minneapolis.

Urupfu rw'umwirabura George Floyd bigizwemo uruhare n'uyu mupolisi witwa Derek Chauvin, rwateje impagarara hafi muri Leta zunze Ubumwe za Amerika hose
Urupfu rw’umwirabura George Floyd bigizwemo uruhare n’uyu mupolisi witwa Derek Chauvin, rwateje impagarara hafi muri Leta zunze Ubumwe za Amerika hose

Uyu mwirabura witwa George Floyd w’imyaka 46 yumvikanaga ataka, abwira umupolisi ko yumva adashobora guhumeka. Floyd yatakaga agira ati: "please, I can’t breathe" , "don’t kill me" bivuga ngo “mbabarira, sinshobora guhumeka, winyica!”.

Uyu mugabo yajyanywe kwa muganga, ariko ntibabasha kugarura ubuzima bwe. Abaganga batangaje ko yapfuye azira kubura umwuka.

Polisi yo muri Minnesota yatangaje ko yari ifite amakuru ko George Floyd akoresha impapuro mpimbano, ivuga ko Floyd yagerageje kurwanya inzego z’umutekano na zo zimushyira hasi, ariko ko yaje gupfa kubera ibikomere yatewe.”

Ku wa Gatanu tariki 29 Gicurasi 2020, Umushinjacyaha washinzwe gukurikirana Derek Chauvin, umupolisi watsikamiye George Floyd, yatangaje ko yahamijwe icyaha cyo kwica atabigambiriye, n’aho abandi bapolisi bari kumwe birukanwa burundu mu kazi.

Kuva ubwo, imyigaragambyo yakajije umurego mu mijyi myinshi ya Amerika, aho basaba ubutabera, ndetse n’umutekano ku birabura batuye muri Amerika.

Abigaragambya benshi barakoresha ijambo “BlackLivesMaters” bivuga ngo “Ubuzima bw’umwirabura bufite agaciro”, ijambo ryanakoreshejwe na miliyoni z’abatuye isi ku mbuga nkoranyambaga barwanya ubu bwicanyi.

Abigaragambya ni benshi imbere y’ibiro bya Perezida Trump, mu mijyi ka New York, aho abigaragambya babarirwa mu bihumbi, Dallas, Denver, Houston (ari na wo mujyi George Floyd avukamo), Las Vegas, Des Moines, Memphis et Portland. Mu Mujyi wa Atlanta, abigaragambya batwitse imodoka z’Abapolisi.

Ubu bwicanyi kandi bubaye nyuma y’aho mu mujyi wa Louisville, abahatuye basabaga ubutabera kuri Breonna Taylor, umugore w’umwirabura wishwe n’abapolisi bamusanze mu nzu ye, mu kwezi kwa Werurwe 2020.

Abaturage muri Amerika basaba inzego z’umutekano kujya zifata abirabura kimwe n’Abazungu, kuko kenshi ngo iyo bafashwe barahohoterwa, kandi akenshi ngo bahimbirwa ibyaha.

Inkuru zijyanye na: George Floyd

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka