Abapolisi b’u Rwanda muri Sudani y’Epfo barigisha uko birinda COVID-19

Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo (UNMISS), bakomeje kunoza inshingano zabo muri ibi bihe byo guhangana n’icyorezo cya COVID-19.

Polisi y'u Rwanda mu butumwa bw'amahoro muri Sudani y'Epfo
Polisi y’u Rwanda mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo

Mu butumwa Polisi y’u Rwanda yanyujije ku rubuga rwayo rwa Twitter ku itariki 15 Gicurasi 2020, yagaragaje uburyo abapolisi b’u Rwanda bakomeje gutanga urugero rwiza mu kwirinda ikwirakwizwa rya Coronavirus.

Inshingano zabo bazisoza bubahiriza amabwiriza y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS/WHO), aho bagaragaye batanga urugero rwo gukaraba intoki mbere yo kujya ku kazi kabo ka buri munsi ko kurinda abaturage.

Bahora biteguye kurwanya umwanzi waza ashaka guhungabanya umutekano w'abaturage
Bahora biteguye kurwanya umwanzi waza ashaka guhungabanya umutekano w’abaturage

U Rwanda ruri mu bihugu biri ku isonga mu kugira umubare munini w’abapolisi mu butumwa bw’amahoro bwa LONI.

Kuri ubu u Rwanda rufite abapolisi basaga 500 mu gihugu cya Sudani y’Epfo bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bugamije kugarura amahoro muri icyo gihugu.

Batanga urugero rwiza rwo gukaraba mbere yo kujya mu kazi
Batanga urugero rwiza rwo gukaraba mbere yo kujya mu kazi

U Rwanda kandi rufite amatsinda y’abapolisi agera kuri arindwi ari mu bihugu bitandukanye nka Sudani y’Epfo, Repubulika ya Santarafurika no mu gihugu cya Haïti, bose hamwe basaga 1,100.

Bafite ibikoresho bibafasha mu kazi
Bafite ibikoresho bibafasha mu kazi
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka