Uganda igiye kurekura Abanyarwanda 130 yari ifunze mu buryo budakurikije amategeko
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda Sam Kutesa yatangaje ko mu cyumweru gitaha Leta y’igihugu cye izarekura Abanyarwanda 130 bafungiye mu magereza atandukanye yo muri icyo gihugu.

Yabivuze muri gahunda y’ibiganiro byahuje intumwa z’ibihugu by’u Rwanda na Uganda ndetse n’iz’ibihugu bihuza ari byo Angola na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) ziga ku kibazo cy’umwuka utameze neza hagati y’u Rwanda na Uganda, ibiganiro byabaye kuri uyu wa Kane tariki 04 Kamena 2020.
Muri ibyo biganiro byabaye hifashishijwe ikoranabuhanga, intumwa z’u Rwanda ziyobowe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane Dr. Vincent Biruta mu gihe iza Uganda ziyobowe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’icyo gihugu Sam Kutesa.

Minisitiri Biruta yavuze ko u Rwanda rutewe impungenge n’uko Uganda ikomeje kurenga ku bikubiye mu masezerano ya Luanda, anavuga ko hari ingero zibigaragaza.
Mu ngero yatanze harimo kuba tariki 18 Gicurasi 2020 abagore babiri b’Abanyarwandakazi barajugunywe ku mupaka w’u Rwanda na Uganda babaye intere bitewe n’uko bari bahohotewe n’inzego z’umutekano muri Uganda.

Yanagaragaje ko Uganda ikomeje kwanga kurekura Abanyarwanda bafungiye muri icyo gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko, ndetse n’imitwe ihungabanya umutekano w’u Rwanda ikaba ikomeje gukorera ku butaka bwa Uganda nta nkomyi.
Gusa ngo nyuma y’iperereza ryakozwe ku Banyarwanda bafungiwe mu magereza atandukanye muri Uganda, ngo basanze hari abagera ku 130 bazashyikirizwa u Rwanda mu cyumweru gitaha banyujijwe ku mipaka ya Kagitumba na Mirama, nk’uko Minisitiri Kutesa yabivuze.
Gusa yongeyeho ko hari abandi Banyarwanda 310 bafungiye muri Uganda, avuga ko bakurikiranywe n’ubutabera bwa Uganda.

Ibiganiro byabaye kuri uyu wa kane ni byo bya mbere bibaye nyuma y’ibyari byahuje abakuru b’ibihugu byombi byabereye ku mupaka wa Gatuna-Katuma tariki 21 Gashyantare 2020, ibyo biganiro bikaba byaranitabiriwe n’abakuru b’ibihugu bya Angola na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.





Amafoto: Muzogeye Plaisir
Inkuru zijyanye na: Umubano hagati y’u Rwanda na Uganda
- Perezida Kagame na Museveni baganiriye ku mubano w’ibihugu byombi
- Perezida Kagame yageze muri Uganda
- Uganda: Gen Muhoozi yashimiye abitabiriye ibirori by’isabukuru ye y’amavuko (Amafoto)
- Perezida Kagame yagabiye inka z’Inyambo Gen Muhoozi
- Gen. Muhoozi yasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
- Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Gen. Muhoozi Kainerugaba
- Gen. Muhoozi Kainerugaba yagarutse mu Rwanda
- Umuyobozi wa Kisoro muri Uganda na we ngo yari akumbuye gutemberera mu Rwanda
- Umupaka wa Cyanika wafunguwe: Dore ibisabwa ushaka kwambuka
- Umupaka ntushobora gufungurwa ibyatumye ufungwa bitabanje gukemurwa – Perezida Kagame
- Abaha serivisi abagenda mu muhanda Kigali-Gatuna-Kampala ngo bagiye kongera kubona inyungu
- Abaturage bishimiye ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna
- Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda wafunguwe
- Abanyarwanda bifuza kujya muri Uganda barasabwa gushishoza
- Ibicuruzwa by’u Rwanda byiteguye guhatana ku isoko rimwe n’ibya Uganda umupaka nufungurwa?
- Imiryango ya Afurika yunze Ubumwe na EAC yishimiye ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna
- Abanyarwanda 58 bari bafungiye muri Uganda n’Umurundi umwe barekuwe
- Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda ugiye kongera gufungurwa
- Uganda: Gen Kandiho yakuwe ku buyobozi bw’ubutasi (CMI)
- Perezida Kagame na Gen. Muhoozi Kainerugaba bagiranye ibiganiro bitanga icyizere
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|