Indege ya kompanyi yitwa VoePass yo muri Brazil yari itwaye abantu 62 yakoze impanuka ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 09 Kanama 2024 ubwo yari igeze muri Leta ya Sao Paulo muri icyo gihugu.
Mu Kagari ka Gitwa, Umurenge wa Busengo mu Karere ka Gakenke, haravugwa inkuru y’urupfu rw’abasore babiri bari abakozi ba sosiyete icukura amabuye y’agaciro ya EFEMIRWA Ltd, baguye mu kirombe.
Umuyobozi w’Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya Santarafurika, Valentine Rugwabiza, yakiriye Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku Butaka, Major General Vincent Nyakarundi.
Abasirikare 634 bari bamaze amezi atandatu batozwa n’Ingabo z’u Rwanda, RDF ku bufatanye na Repubulika ya Santrafurika basoje amasomo abemerera kwinjira mu gisirikare cy’iki Gihugu, FACA.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga, yasobanuye ko insengero zose hirya no hino mu Gihugu zigomba gucungirwa umutekano w’abazisengeramo igihe cyose.
Urugo rw’uwahoze ari Perezida Joseph Kabila ruherereye i Kinshasa, kuri uyu wa Gatatu tariki 31 Nyakanga 2024 rwibasiwe n’abantu benshi bashaka kurutwika.
Umutwe wa Hamas umaze igihe mu mirwano na Israel watangaje ko umuyobozi w’uyu mutwe, Ismail Haniyeh, yiciwe i Tehran muri Iran.
Mu nkengero z’umujyi wa Musanze mu Kagari ka Kigombe, Umurenge wa Muhoza mu muhanda Musanze-Kigali, habereye impanuka y’imodoka, abantu batatu bari bayirimo bajyanwa mu bitaro bya Ruhengeri nyuma yo gukomereka mu buryo bukomeye.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), kuri uyu wa Kane tariki 25 Nyakanga 2024 rweretse itangazamakuru abantu barindwi barimo Abanyarwanda n’abanyamahanga bakurikiranyweho kwiba muri Banki Miliyoni ijana z’Amafaranga y’u Rwanda, baciye mu ishami ryayo rikorera hanze y’Igihugu.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko ibyaha by’icuruzwa ry’abantu bigihari kandi hari Abanyarwanda batari bake babikorerwa kuko guhera mu 2019-2024 abagera 297 ari bo bakorewe icyo cyaha.
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yihanganishije Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia n’abaturage b’icyo Gihugu, bibasiwe n’inkangu zabaye mu Karere ka Gofa mu Majyepfo ya Ethiopia, zitewe n’imvura idasanzwe yaguye muri ako gace.
Mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge haraye habereye impanuka y’imodoka itwara abagenzi yavaga i Rubavu ijya i Kigali, abagenzi babiri barakomereka.
Major General Vincent Nyakarundi, Umugaba w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku butaka ari kumwe na mugenzi we, Maj Gen Alberto Diago Nampele w’Ingabo za Mozambique (FADM) basuye inzego z’umutekano z’u Rwanda ziri mu Karere ka Mocimboa da Praia na Palma mu ntara ya Cabo Delgado.
Mu karere ka Kamonyi mu Murenge wa Runda mu kagari ka Muganza mu mudugudu wa Nyagacyamo kuri uyu wa gatanu tariki 12 Nyakanga 2024, habereye impanuka y’imodoka yo mu bwoko bwa Howo imodoka irangirika cyane.
Abantu batanu bo mu Karere ka Ngororero bishwe n’inkuba, mu mvura yaguye ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki 08 Nyakanga 2024, mu masaha ya saa mbili z’ijoro.
Imvura itunguranye ivanze n’urubura yaguye mu Karere ka Karongi mu Murenge wa Gitesi, yangiza ibikorwa by’ubuhinzi by’abaturage, inangiza imirima y’icyayi cya Gisovu.
Nyuma y’iminsi itatu hashyizweho agahenge hagati y’abarwanyi ba M23 n’ingabo za Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, imirwano yongeye kubura mu bice bya Lubero.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 5 Nyakanga 2024, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Sri Lanka, Gen Shavendra Silva, uri mu ruzinduko mu Rwanda n’itsinda ayoboye basuye Icyicaro Gikuru cy’Ingabo z’u Rwanda, bakirwa na Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda, banagirana ibiganiro n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen. Mubarakh Muganga.
Ku wa Kane tariki 04 Nyakanga 2024 ubwo mu Rwanda hizihizwaga umunsi wo Kwibohora, ibirori byabereye kuri Sitade Amahoro byabayemo n’akarasisi ka Gisirikare nyuma y’imyaka itanu yari ishize kataba.
Lt Gen Mohan Subramanian, Umuyobozi w’Ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Ubibumbye muri Sudani y’Epfo (UNMISS), yasuye Ingabo z’u Rwanda ziri muri icyo gihugu mu bikorwa byo amahoro.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko hari abayobozi babiri bo mu Karere ka Ngororero bafunzwe bazira kwakira indonke.
Mu Murenge wa Muyira Akarere ka Nyanza, haravugwa amakuru y’impanuka, aho ikamyo yo mu bwoko bwa HOWO yaguye, umusenyi yari ipakiye umeneka ku musore wari hafi y’umuhanda ahasiga ubuzima.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Pudence Rubingisa, arasaba bamwe mu baturage bajya mu Gihugu cya Uganda kunywerayo kanyanga kubicikaho kuko bagaruka mu ngo zabo bagateza amakimbirane n’urugomo mu nzira bagenda banyuramo zose.
Ingabo z’u Rwanda zo muri Rwanbatt-2 ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Repubulika ya Santrafurika (MINUSCA) zambitswe imidali yishimwe kubera ibikorwa by’indashyikirwa bijyanye no kubungabunga amahoro muri icyo gihugu.
Mu Karere ka Gakenke mu Murenge wa Muhondo, Akagari ka Bwenda, Umudugudu wa Nketsi, abagizi ba nabi bataramenyekana, mu ijoro ryo ku wa Gatatu rishyira ku wa Kane tariki 20 Kamena 2024, binjiye mu rugo rw’umuturage biba moto ya Birege Malachie, Umuyobozi w’ishuri ribanza rya Muhondo barangije baranayitwika irakongoka irashira.
Mu muhanda Musanze - Kigali, imodoka itwara abagenzi ya BUS YUTONG RAH276D, yavaga i Musanze yerekeza i Kigali, yakoze impanuka, igonga igiti kiri ku nkengero z’umuhanda.
Muri Tchad, inkongi yibasiye ububiko bw’intwaro bw’Ingabo z’igihugu, iteza iturika rikomeye ryatangiye mu ijoro ryo ku wa Kabiri rigeza ku wa Gatatu tariki 19 Kamena 2024. Byateje urupfu rw’abantu icyenda, abandi 46 barakomereka mu Mujyi wa N’Djamena, nk’uko byatangajwe na Guverinoma y’icyo gihugu.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafunze Padiri Nkomejegusaba Alexandre, ushinzwe Umutungo ndetse na Padiri Mbonigaba Jean Bosco ushinzwe Imyitwarire y’abanyeshuri, muri Seminari Nto ya Zaza n’abanyeshuri barimo Tuyizere Egide w’imyaka 20 na Murenzi Armel w’imyaka 18, kubera urupfu rw’umunyeshuri witwa (…)
Mu Murenge wa Busogo Akarere ka Musanze, haravugwa amakuru y’abagore babiri bagiye gucukura umucanga ikirombe kibaridukiye, Imana ikinga akaboko.
Ku gicamunsi cyo ku cyumweru tariki ya 16 Kamena 2024, abashumba barwanye n’abakarani ahitwa mu Irango mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye, bamwe bakubita abandi imyase n’ibibando, abandi na bo babakeba bakoresheje za najoro ku buryo hari abajyanywe kwa muganga ari inkomere.