Umuryango w’abaganga batagira umupaka (MSF) bavuga ko bahangayikishijwe n’ibikorwa byo gusambanya ku ngufu abagore n’abakobwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho uyu muryango ugaragaza ko ibi bikorwa bigenda byiyongera bitewe n’ibikorwa by’imitwe yitwaza intwaro.
Ubuyobozi bw’ikigo OVG gishinzwe kugenzura ibirunga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwemeje iruka ry’ikirunga cya Nyamulagira kirimo kurukira mu ishyamba ry’Ibirunga.
Ingabo z’u Rwanda (Rwanbatt-1) ziri mu butumwa bw’Amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye, UNMISS, muri Sudani y’Epfo, zazindukiye mu muganda ku Ishuri Ribanza rya Kapuri.
Mu Karere ka Kamonyi mu Murenge wa Musambira mu Kagari ka Karengera mu Mudugudu wa Nyarusange habereye impanuka y’imodoka ebyiri zari zitwaye abagenzi zagonganye bitewe n’umuvuduko, abantu batatu bahita bahasiga ubuzima abandi 6 barakomereka bikomeye, 31 barakomereka byoroheje.
Imvura yaguye mu Murenge wa Gashenyi mu Karere ka Gakenke, yatumye umugezi wuzura uyobera mu mirima y’abaturage, wangiza imyaka y’ibigori ihinze ku buso bwa hegitari enye.
Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda, kuri uyu wa Gatanu tariki 11 Ukwakira 2024 yakiriye Intumwa yihariye y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi mu Karere k’Ibiyaga Bigari, Johan Borgstam, baganira ku bijyanye n’umusanzu w’u Rwanda mu kubungabunga amahoro ndetse n’umutekano w’Akarere.
Igihugu cya Iran cyaraye cyohereje ibisasu bya misile ku mijyi itandukanye yo muri Israel nka Jerusalem no ku murwa mukuru Tel Aviv.
Nyuma y’uko mu ijoro rishyira kuri uyu wa Kabiri tariki 01 Ukwakira 2024 muri Santere ya Musenyi, mu Karere ka Kamonyi, Umurenge wa Ngamba, Akagari ka Kabuga, insoresore zateje umutekano mucye zitema abantu 12 zikoresheje imihoro, Polisi ifatanyije n’izindi nzego z’umutekano ndetse n’abaturage bakoze igikorwa cyo kubashaka (…)
Muri Israel impuruza zirimo kumvikana impande zose ziburira abaturage ngo bihishe, nyuma y’uko Iran itangiye kurasayo ibisasu bya misile mu kanya kashize.
Abantu umunani baguye mu mpanuka y’indege ya kajugujugu y’igisirikare cya Colombia kirwanira mu kirere, yahanutse ubwo yari mu bikorwa by’ubutabazi mu by’ubuvuzi mu Burasirazuba bw’icyo gihugu ahitwa i Vichada nk’uko byemejwe na Perezida w’icyo gihugu Gustavo Petro.
Umuyobozi w’Umutwe w’Iterabwoba wa Hezbollah, Hassan Nasrallah, yiciwe mu gitero cyagabwe n’Ingabo za Israel. Nasrallah yapfanye n’abandi basirikare bakuru bo muri Hezbollah nk’uko byatangajwe n’Igisirikare cya Israel, IDF.
Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 24 Nzeri 2024, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, CG Felix Namuhoranye, yakiriye mugenzi we wa Seychelles, Commissioner Ted Barbe ku Cyicaro Gikuru cya Polisi giherereye ku Kacyiru mu Mujyi wa Kigali.
Muri Lebanon, abantu abantu 492 harimo abana 35, bapfuye mu munsi umwe wo ku wa Mbere tariki 23 Nzeri 2024, baguye mu bitero byagabwe na Israel nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’Ubuzima ya Lebanon, aho yanemeje ko abandi 1,645 bakomerekeye muri ibyo bitero.
Umugore witwa Tumushime Pélagie yishyikirije Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB Station ya Cyanika ayibwira ko yishe umwana we w’umukobwa amukase ijosi.
Imfungwa 1,685 zari zifungiye muri gereza ya Makala iherereye muri Komini ya Selembao mu Mujyi wa Kinshasa, zafunguwe bikozwe na Minisitiri w’Ubutabera ku itegeko bivugwa ko ryatanzwe na Perezida Félix Tshisekedi, kubera impamvu z’uburwayi kuko abenshi mu bafunguwe ngo ntibashoboraga no kugenda kubera ibisebe binini (…)
Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki 19 Nzeri 2024 habereye impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri, ikaba yari ivanye abanyeshuri ku ishuri ribanza rya Saint Matthew ibacyuye.
Bamwe mu bakoresha ahagenewe inzira z’abanyamaguru bambuka mu mihanda igize Umujyi wa Musanze no mu nkengero zawo, ntibaramenyera impinduka zakozwe mu nzira zagenewe abanyamaguru.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) kuri uyu wa Kabiri tariki 17 Nzeri 2024 rweretse itangazamakuru agatsiko k’abantu batandatu bafashwe, bakurikiranyweho ubujura bw’imodoka, ndetse n’imodoka enye bari bibye zisubizwa ba nyirazo.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 12 Nzeri 2024, mu Karere ka Kicukiro hafi y’Ibiro by’Akarere, habereye impanuka.
Ibitaro bikuru byo mu mujyi wa Eldoret mu Burengerazuba bwa Kenya byemeje ko Dickson Ndiema, wahoze ari umukunzi wa Rebecca Cheptegei, yapfuye mu ijoro ryo ku wa Mbere.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko impanuka yaraye ibereye mu Karere ka Kicukiro ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki ya 9 Nzeri 2024 ahazwi nka Kicukiro Centre uvuye ku muhanda ugerekeranye umanuka werekeza i Gikondo, yaguyemo abantu batatu barimo motari umwe n’abakobwa babiri bose bari kuri za moto.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwerekanye abantu 45 biyita ‘Abameni’ bakaba bakurikiranyweho gukoresha ubushukanyi bakiba abantu amafaranga cyane cyane kuri Mobile Money.
Mu Mujyi wa Kigali munsi y’ikibuga baparikamo imodoka nto, imbere y’inzu izwi nka ‘Downtown’ imodoka y’ijipe itari irimo umuntu yimanuye, iragenda irenga umukingo, igwa mu muferege wa sima uri ku muhanda muto w’ibumoso umanuka uva kuri Downtown.
Ingabo z’u Rwanda n’iza Uganda zirwanira ku butaka zahuriye mu nama igamije gushimangira ubufatanye no gukumira ibyaha byambukiranya imipaka hagati y’ibihugu byombi.
Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF) bwagiranye ikiganiro n’itangazamakuru kigamije gusobanurira Abanyarwanda n’urubyiruko by’umwihariko, igikorwa cyo kwinjiza mu Ngabo abazwi nk’Inkeragutabara bakwitabazwa mu gihe bibaye ngombwa.
Mounir Nasraoui ubyara umukinnyi Lamine Yamal w’icyamamare mu mupira w’amaguru muri Espagne w’imyaka 17 y’amavuko, yatewe ibyuma inshuro nyinshi n’abagizi ba nabi ari muri parikingi.
Mu rukerera rwo kuri uyu wa kane, abafana ba APR FC, bakomerekeye mu mpanuka y’imodoka ubwo bari bageze i Nyabisindu berekeza i Dar Es Salaam muri Tanzania, aho bari bagiye gushyigikira ikipe yabo yitegura guhura na Azam FC mu mikino y’ijonjora ya CAF Champions League.
Abishora mu bikorwa byo gutunda, gucuruza no kunywa ibiyobyabwenge mu Karere ka Burera, ubuyobozi n’inzego z’umutekano bubagaragaza nk’inzitizi ku iterambere ryihuse ry’imiryango, bukaburira abakibirimo ko hari ibyaha byinshi bihanwa n’amategeko bibishamikiraho bagasabwa kwitandukanya na byo, bakayoboka indi mirimo.
Mu gihe abashyitsi bamwe bamaze kugera mu Rwanda aho bitabiriye ibirori by’irahira rya Perezida wa Repubulika Paul Kagame biba kuri iki Cyumweru tariki 11 Kanama 2024, abaturage bakoresha umuhanda uva i Kanombe ku kibuga cy’indege kugera mu mujyi basabwe korohera abashyitsi kugira ngo badahura n’umuvundo w’ibinyabiziga byinshi.
Guverinoma ya Mali yategetse Ambasaderi wa Suwede kutarenza amasaha 72 akiri muri icyo gihugu nyuma y’uko Suwede itangaje ko igiye guhagarika inkunga yageneraga Mali.