Abayobozi b’amakoperative barasaba ko amakoperative adakora neza yaseswa aho kugwiza umubare kuko hari atagaragaza ibikorwa bifatika binafitiye abanyamuryango akamaro.
Ubuyobozi bwa polisi ikorera mu Karere ka Bugesera buratangaza ko bumaze kwakira ikirego cy’abarega umushoramari Uwineza Jean de Dieu bakundaga kwita Majoro wambuye abaturage n’amabanki amafaranga angana na miliyari imwe na miliyoni 600 by’amafaranga y’u Rwanda.
Mu rwego rwo guhuza ibikorwa bya za Koperative “Umurenge SACCO” hari gutegurwa uko hazajyaho banki ya za koperative (cooperative bank) izaba ihuriweho na za SACCO ndetse n’andi makoperative.
Guverineri w’Intara y’amajyepfo, Alphonse Munyantwali yasezeranyije koperative zo kubitsa no kugurizanya “Umurenge SACCO” ko bazazifasha kwishyuza imyenda abakora mu buyobozi bw’ibanze bababereyemo.
Ihuriro rya Leta y’u Rwanda n’abashoramari (baba abo mu gihugu ndetse n’ibigo mpuzamahanga) “SIF” ryasoje inama y’iminsi ibiri kuva tariki 01-02/12/2014 bamwe mu bashoramari bayitabiriye biyemeje gukorera mu Rwanda, banasinyanye amasezerano y’imikoranire na Leta.
Minisitiri w’Inganda n’Ubucuruzi, François Kanimba arifuza ko inama iteraniye i Kigali kuva 01-02/12/2014 yiga ku ishoramari mu bya serivisi yavamo ibisubizo byafasha inzego zitanga serivisi mu Rwanda kwinjiza miliyari 2.5 z’amadolari (USD) ku mwaka.
Abaturage bo mu Murenge wa Muyongwe mu Karere Gakenke baravuga ko bahangayikishijwe n’ikiraro cya Cyakika cyangiritse bikabangamira imihahiranire yabo n’ibice baturanye.
Rumwe mu rubyiruko rwo mu Karere ka Gisagara ruravuga ko kwiga imyuga rukaba rwaranatangiye kuyibyaza umusaruro biruha kwizera ko ejo harwo hazaba heza kurushaho.
Abaturage bo mu Murenge wa Gikonko mu Karere ka Gisagara baratangaza ko bakibangamiwe n’uburyo bwo gukora ingendo ndende n’ubwikorezi hagati y’umujyi wa Huye n’akarere kabo kuko nta modoka zitwara abagenzi zihari.
Hafi buri rugo mu karere ka Rusizi rworoye inka ariko amata menshi acuruzwa muri ako karere aba yaturutse mu tundi turere tw’igihugu cyane cayene i Nyanza.
Jeannette Mushimiyimana wasigajwe inyuma n’amateka, abeshejweho no kubumba inkono kandi bimurinda kuba yasabiriza, kuko abasha kubona imyenda yo kwambara akabasha no gukuramo ikimutunga.
Intara y’Iburasirazuba hamwe n’inzego nkuru z’igihugu nka za Minisiteri, kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 28/11/2014, bateraniye i Rwamagana mu nama nyunguranabitekerezo igamije kunoza igenamigambi ry’ibikorwa biteganyijwe gukorwa mu turere twose tuyigize mu mwaka w’ingengo y’imari utaha wa 2015-2016.
Abagize inama rusange y’ubuyobozi bwa Koperative Umwarimu SACCO bemeza ko mu myaka itandatu iyo koperative imaze ishinzwe, ngo yatumye umushahara muke uhabwa mwalimu, ubaviramo ibikorwa bikomeye batari kugeraho batayizigamyemo.
Ubwo yagendereraga akarere ka Huye, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC), Dr. Alvera Mukabaramba, yavuze ko yishimiye uburyo mu Karere ka Huye basaranganya ingengo y’imari baba bahawe mu gufasha abatishoboye.
Umushinga Millennium Villages Project wahaye inkunga abahinzi n’abanyabukorikori bo mu murenge wa Mayange mu karere ka Bugesera moto nini izajya ituma bageza umusaruro wabo ku masoko dore ko byabagoraga.
Banki ya Kigali (BK) yatangarije abakiriya bayo ko yungutse miliyari 14.1 z’amafaranga y’u Rwanda (RwF) mu mezi icyenda ya mbere y’uyu mwaka wa 2014, ndetse ko mu gihembwe cya gatatu cyawo nacyo cyavuyemo inyungu ya miliyari 4.2 RwF; mu gihe izindi banki zikorera mu Rwanda ngo zitabonye inyungu nk’iyo.
Ikigo gishinzwe guteza imbere amakoperative (RCA) ku bufatanye n’Ishuri rikuru ry’abalayiki b’abadivantisiti rya Kigali (INILAK) batangiye kwigisha abagize amakoperative yo mu Rwanda, mu rwego rwo kuyarinda gusenyuka bitewe n’ubumenyi buke mu micungire yayo.
Urugaga Nyarwanda rw’amakoperative (National Cooperatives Confederation of Rwanda/ NCCR ) rwatoye abayobozi bashya, bashyize imbere guhangana n’ikibazo cy’abigwizaho imitungo y’abanyamuryango ba za koperative.
Abagenzi b’Abarusiya bari bateze indege kuru uyu wa gatatu tariki 26 Ugushyingo 2014 ngo byabaye ngombwa ko babanza gusohoka bagasunika indege kugira ngo ishobore guhaguruka.
Depite Nyiragwaneza Athanasie arasaba abaturage b’akarere ka Rwamagana guhinga igihingwa cya Soya ku bwinshi kuko ifite isoko rikomeye ry’Uruganda Mount Meru Soyco ruri mu karere ka Kayonza rukaba rukora amavuta muri iki gihingwa.
Abakuriye umushinga Higa ubeho wakoreraga muri USAID washoje ibikorwa byawo mu Karere ka Kamonyi, barishimira ko usize abagenerwabikorwa bungutse ubumenyi bwo kwirwanaho. Ni nyuma y’imyaka itanu ishize uyu mushinga ufasha abatishoboye kugera ku iterambere ry’imibereho myiza n’iry’ubukungu.
Inzira ya Gari ya moshi izagera mu Rwanda izaturuka mu ntara ya Bihanga muri Uganda ikanyura i Mbarara igakomeza Kagitumba igera i Kigali, mbere yo gukomeza mu Burundi.
Bamwe mu baturage b’umurenge wa Mukama bemeza ko kwegerezwa koperative yo kubitsa no kugurizanya “Umurenge SACCO” byabagiriye akamaro kuko mbere kubona serivise z’ibigo by’imari byabagora kuko ntabyari bibegereye.
Abatuye mu bice by’icyaro mu Karere ka Ngoma bavuga ko nyuma y’imyaka igera kuri ibiri begerejwe amashanyarazi bari kuyabyaza umusaruro ufatika mu kwiteza imbere, bayifashisha mu guhanga imirimo ndetse no kongerera ubushobozi imirimo bari basanzwe bakora.
Ubuyobozi bwa COPEC CODEMARU buratangaza ko abana bamaze kumenya akamaro ko kuzigama ndetse abasaga ibihumbi bibiri bamaze gufunguza konti muri iki kigo cy’imari bagamije kuzigamira ejo hazaza.
Umugore witwa Nyiramana Drocelle wo mu Mudugudu wa Kisaro, Akagari ka Gishororo mu Murenge wa Mukama mu karere ka Nyagatare yatangiye kogosha bamuseka ko atazabishobora ariko ubu baramugana.
Mbarushima Faustin utuye mu Kagari ka Rusasa mu Murenge wa Nyankenke mu Karere ka Gicumbi avuga ko urubyiruko rwari rukwiye kwihangira imirimo rukivana mu bukene ntirutegereze akazi bahemberwa ku kwezi, ahubwo bakamureberaho bityo nabo bakiteza imbere.
Abacuruzi b’ibiribwa bakorera mu isoko rya Ngororero baravuga ko kuba iri soko ridafite amashanyarazi bibateza kutumvikana cyane cyane ku mugoroba iyo butangiye kwira maze bamwe bakajyana ibicuruzwa byabo mu muhanda hanze y’isoko.
Amakuru aturuka mu kigo cy’igihugu gishinzwe iterambere ry’ubwikorezi (Rwanda Transport Development Agency: RTDA) avuga ko umuhanda Musanze-Cyanika wari uteganyijwe gusanwa mu mwaka wa 2014, ushobora gusanwa mu mwaka wa 2017.
Isoko ry’amatungo (Igikomera) ryari ryarubatswe mu kagari ka Karambi mu murenge wa Murundi wo mu karere ka Kayonza rimaze igihe ridakora nyuma y’aho ibikorwa by’ubworozi byakorerwaga muri ako kagari byimuriwe mu kagari ka Buhabwa.