Nsabimana Straton, umusore w’imyaka 20 y’amavuko wo mu karere ka Ruhango, umurenge wa Ruhango, utunzwe no gucuruza isombe asya yifashishije akamashini kabigenewe, avuga ko imaze kumugeza ahantu hashimishize.
Mu gihe hitegurwa amatora y’abahagarariye urugaga rw’abikorera mu gihugu, hirya no hino mu turere hari gukorwa ibiganiro bigamije gusobanura inshingano z’urugaga rw’abikorera PSF ari nako basaba abikorera kugira ibyo batekereza byakomeza kubateza imbere.
Umusaza Anastase Sebujangwe umaze hafi imyaka 40 akora umwuga w’ubucuzi avuga ko n’ubwo hari abawusuzugura wamugejeje kuri byinshi, ndetse n’urubyiruko yagiye yigisha ruri gutera imbere.
Abagore bo mu karere ka Rulindo bibumbiye mu itsinda DUKUNDISUKU barashimira Perezida Kagame wabahaye ijambo none bakaba basigaye bahabwa akazi mu nzego zitandukanye nk’ak’abagabo kandi bakabasha kwizigamira.
Abaturage bacururiza ahimuriwe isoko rya Nyamagabe barifuza ko isoko rishyashya bemerewe kubakirwa ryakuzura vuba, kuko kuva igihe bimuriwe ubucuruzi bwabo butigeze bugenda neza bitewe n’ikibazo cy’imvura ibanyagira ndetse no kuburana n’abakiriya bari basanzwe bakorana.
Bitewe nuko hari abaturage bambura ibigo by’imari bikagorana kubakurikirana kubera biba bigoranye kumenya imyirondoro yabo, abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge igize akarere ka Karongi biyemeje gutanga ubufasha mu kwishyuza abo baturage.
Inzego za Leta y’u Rwanda zishinzwe iby’ingufu no guteza imbere ishoramari ngo zizeye ko abashoramari baturutse hirya no hino ku isi bari mu nama i Kigali yiswe Infrastructure Partnership for Africa Developmet (iPAD), bazafasha kugera kuri megawati z’amashanyarazi (MW) 563 zikenewe muri 2017, kugira ngo ingamba z’iterambere (…)
Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda, François Kanimba avuga ko imwe mu nshingano ntakuka leta y’u Rwanda yihaye ari ugushyiraho politiki zorohereza ba rwiyemezamirimo bashaka gushora imari ya bo mu mishinga itandukanye mu Rwanda.
Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) irasaba abayobozi bo mu gihugu kwibuka uruhare rwabo mu gukangurira abaturage kwitabira gutanga umusoro, kuko ari yo nkingi y’ubukugu kugeza ubu ukaba winjiza 50% mu ngengo y’imari buri mwaka.
Ibikorwa bya VUP (Vision 2020 umurenge program) mu murenge wa Kigembe, mu karere ka Gisagara bimaze kuzamura abahatuye, bivuye ku nyigisho bagiye bahabwa zijyanye no kuzigama nk’uko babyivugira.
Abaturage bo mu Karere ka Huye bahawe inka muri gahunda ya Girinka bakabasha kuzifata neza, hanyuma na zo zikabakura mu bukene, bishimira cyane aho bamaze kugera babikesha izo nka.
Abajyanama mu by’ubucuruzi bo mu karere ka Nyamasheke bari bamaze iminsi icumi mu mahugurwa ajyanye no gucunga imishinga n’imari ndetse no gukora ubucuruzi bwunguka biyemeje kuyabyaza umusaruro kugira ngo bazabashe kugera ku ntego biyemeje.
Abaturage batuye umurenge wa Gatare, kugana amatsinda yo kwizigama no kugurizanya byabakuye mu bukene aho babashije kwigurira amatungo magufi, bagura amamashini adoda, biga ububaji n’ibindi bikorwa bitandukanye byazamuye imibereho myiza yabo.
Abafatanyabikorwa ba Ministeri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN) muri gahunda yiswe ‘Access to Finance Rwanda/AFR’ y’ubukangurambaga bwo kwizigamira, bashimye iyo gahunda ndetse na bamwe mu baturage bamaze kwizamura mu bukungu bitewe no kuyitabira.
Mu gihe kitarenze amezi atanu imirimo yo kwagura uruganda rukora sima rwa CIMERWA ruri mu karere ka Rusizi mu Murenge wa Muganza iraba ishojwe. Gahunda yo kwagura uruganda rwa Cimerwa igamije kurwongerera ubushobozi ku buryo ruzajya rukora sima igera kuri toni ibihumbi 600 mu gihe rwakoraga toni ibihumbi 100 gusa mu mwaka.
Bitewe no kubura ikiraro kibahuza n’akarere ka Ngoma, abaturage bo mu murenge wa Mushikiri mu karere ka Kirehe biyemeje kubaka ikiraro kizatwara miliyoni 30 kugira ngo babashe kujya bagurisha umusaruro w’ibitoki biboroheye.
Abakora imyuga itandukanye mu mujyi wa Ngororero bamaze amezi abiri bimuriwe mu gakiriro kubatswe muri aka karere ariko bavuga ko abakiriya batarabamenyera ngo bahabasange. Ibi byatumye akarere kabaha umwaka bakora badakodesha amazu kugira ngo babanze bimenyereze.
Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Rwaniro mu Karere ka Huye baratangaza ko kuzigama bidasaba ko umuntu aba yarenzwe. Abavuga gutya babihera ku ko babasha kwizigamira muri Koperative Umurenge Sacco yo mu murenge batuyemo nyamara urebye batagira amafaranga menshi.
Ubuyobozi bw’akarere bwashyizeho amakoperative y’abakora isuku, akazita kuri imwe mu mihanda yo muri aka karere ikunze gufatwa nk’imbogamizi mu bwikorezi n’ubucuruzi kubera kwangirika.
Abaturage b’Akarere ka Gatsibo batuye mu Mirenge ya Gasange na Murambi bemeza ko gukorana na koperative umurenge SACCO byabafashije gushyira mu bikorwa gahunda ya kora wigire, mu rwego rwo kurushaho kwiteza imbere hamwe n’imiryango yabo.
Umuyobozi w’akarere ka Muhanga, Mutakwasuku Yvonne arasaba abarebwa no kubaka ikigo abagenzi bategeramo imodoka (Gare) cya Muhanga ko batagomba kudindiza iki gikorwa nyuma y’igihe bashaka kugitangira.
Guverineri wa Banki nkuru y’igihugu (BNR), John Rwangombwa aratangaza ko kugira ngo iyo banki irusheho guha serivisi nziza ibigo by’imari ikomeje gahunda yayo yo kwegereza amashami ibigo by’imari hirya no hino mu gihugu, ibi bikazafasha korohereza imirimo amabanki y’ubucuruzi no kuyashishikariza kwegera abaturage.
Guverineri wa Banki nkuru y’igihugu, John Rwangombwa, wari uri mu karere ka Rusizi tariki 28/10/2014 yagiranye inama n’abayobozi batandukanye bacunga amafaranga ya rubanda mu turere twa Rusizi, Karongi na Nyamasheke abasaba kudakoresha amafaranga y’abaturage babitse mu nyungu zabo bwite.
Abagore batandatu n’abagabo batanu bo mu Karere ka Musanze bibumbiye muri koperative Hirwa Musanze (KOHIMU) bashinga uruganda rutunganya ibikomoka ku bigori rufite agaciro ka miliyoni 25 rutanga akazi ku bantu 10.
Abagore batandatu n’abagabo batanu bo mu Karere ka Musanze bibumbiye muri “koperative Hirwa Musanze (KOHIMU)” bashinga uruganda rutunganya ibikomoka ku bigori rufite agaciro ka miliyoni 25 runatanga akazi ku bantu 10.
Mu gutangiza icyumweru ngarukamwaka cyahariwe kwizigamira kuri uyu wa 28/10/2014, Umunyamabanga wa Leta muri Ministeri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN), Dr Uzziel Ndagijimana yamenyesheje abantu ko nta rwitwazo bafite rwo kutizigamira.
Abanyeshuri barokotse jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu w’1994 biga mu Ishuri rikuru ry’imyuga n’ubumenyingiro mu ntara y’iburasirazuba (IPRC East) bibumbiye mu muryango wa AERG bafunguye ku mugaragaro ikigega kizatera inkunga imishinga yabo ibyara inyungu.
Désiré Komayombi wo mu kagari ka Mutanda mu murenge wa Cyabingo mu karere ka Gakenke, ni umwe mu baturage batangiranye na gahunda y’ubudehe mu mwaka wa 2008 aho yahawe amafaranga ibihumbi 60 yaje kubyaza umusaruro ku buryo uyu munsi abarirwa umutungo uri hejuru ya miliyoni icumi.
Ikigo cy’imari cyitwa Letshego cy’abanya Botswana cyafunguye ishami mu Rwanda aho ngo kigiye kwibanda ku iterambere ry’abaturage bataragerwaho na serivisi z’imari, kandi bafatwa nk’abasuzuguritse.
Abanyehuye bakora umwuga w’ubucuzi binubira abagura ibyuma bitagifite umumaro bakunze kwita injyamani bakabijyana mu gihugu cya Uganda, kuko ngo batuma babura bimwe mu bikoresho ubundi bifashisha mu mwuga wabo.