Umuyobozi w’akarere ka Ngororero, Ruboneza Gédéon, avuga ko urugaga rw’abikorera muri aka karere rwagize uruhare rukomeye mu kwihutisha iterambere ryako cyane cyane mu kuvugurura umujyi wa Ngororero no gutanga serivisi zitahabonekaga.
Perezida w’urugaga rw’abikorera mu murenge wa Nyagatare, Birasa Johnston asanga ubufatanye bw’abacuruzi aribwo buzatuma umujyi wa Nyagatare uzamuka ukarushaho gutera imbere.
Abacururiza mu isoko rikuru rya Ngoma babangamiwe n’abantu bacururiza mu mabase bagenda bazenguruka mu mihanda no mu ngo z’abantu bigatuma abo mu isoko batabona abakiri uko bikwiye kandi bishyura imisoro.
Mu gihe bamwe mu baturage b’umurenge wa Nyagatare mu karere ka nyagatare bavuga ko batitabira kubitsa amafaranga mu bigo by’imari kubera ko banki ari iz’abifite, abandi bo bemeza ko hari amafaranga aba ari macye kuburyo bitari ngombwa kuyajyana muri banki.
Banki nkuru y’igihugu irashishikariza abaturage mu karere ka Rulindo kugura impapuro nyemezamwenda zashyizwe ku isoko na Leta kuko zifasha byinshi ku bazazigura no ku gihugu muri rusange mu bijyanye no gutanga inyungu.
Abaturage bo mu mudugudu wa Njambwe mu kagari ka Murambi ho mu karere ka Rusizi bamaze imyaka ibiri bahangayikishijwe n’ikibazo cyo kuba batabona inkunga bagenerwa na leta itangwa hakurikijwe ibyiciro by’ubudehe bitewe n’uko umudugudu wabo wasimbutswe.
Unuyobozi bw’intara y’Iburengerazuba burasaba komite nshya yatorewe kuyobora urugaga rw’Abikorera (PSF), kongera ingufu mu bufatanye no kubyaza umusaruro amahirwe iyo ntara ifite.
Bamwe mu batwara imodoka zijya cyangwa ava mu karere ka Nyaruguru barishimira ko muri aka karere hagiye kubakwa gare, kuko kuba nta yari ihari byajyaga bituma bakorera mu kajagari.
Abaturage batuye mu mirenge ya Muhororo, Gatumba, Bwira, Kavumu na Ndaro bishimiye ko bubakiwe ikiraro cy’abanyamaguru gikozwe ku buryo bwa gihanga. Icyo kiraro kiri ku mugezi wa Kirombozi, uri hafi y’imbibi z’imirenge ya Muhororo na Bwira.
Abarema isoko rya Kibare ryo mu Murenge wa Ndego mu Karere ka Kayonza bavuga ko ubuhahirane hagati y’abaturage b’akarere ka Kayonza n’ab’intara ya Kagera muri Tanzaniya bugenda neza, ariko ngo haracyari ikibazo cy’uko ibyo abo ku ruhande rw’u Rwanda bohereza muri Tanzaniya bikiri bike.
Ibiganiro hagati ya Perezida wa Repubulika, Paul Kagame na Ministiri w’igihugu cy’u Buholandi ushinzwe iterambere n’ubucuruzi mpuzamahanga, Lilianne Ploumen, byashojwe impande zombi zemeranyijwe kwagura umubano no kuzana ishoramari ry’u Buholandi mu Rwanda.
Guverinoma y’u Budage yageneye u Rwanda inkunga ya miliyoni 69.5 z’amayero zo guteza imbere ubumenyingiro n’ubukungu. Aya mafaranga yatanzwe mu rwego rw’ubutwererane ibihugu byombi bisanzwe bifitanye kuva mu 1963.
Abatuye ikirwa cya Bugarura giherereye mu murenge wa Boneza ho mu karere ka Rutsiro baratangaza ko imibereho yabo itari myiza kubera ko babuzwa kuroba mu kiyaga cya Kivu kandi bateza imyaka kuko hera igihingwa cy’ikawa gusa.
Abaturage bo mu murenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi baravugavko mu mezi atatu ari imbere bashobora guhura n’ikibazo cy’inzara kubera ko urutoki rwari rubatunze n’imyumbati bari biteguye gusarura byangijwe n’ibiza biherutse kubibasira.
Abagenda mu modoka z’amasosiyete atarwa abagenzi mu muhanda Rusizi- Kigali, bavuga ko batanyurwa na serivise bahabwa kuko ngo bamwe babata mu nzira mu gihe abandi bavuga ko basigara baguze amatike yabo bamaze no kwishyura.
Mu Ntara y’Iburasirazuba, hamaze gutangizwa umushinga w’ingufu z’amashanyarazi aturuka ku mirasire y’izuba utegerejweho kugeza amashanyarazi ku ngo ibihumbi 49 n’ibigo by’amashuri 1000 byo muri iyi Ntara mu gihe cy’imyaka 4, ukazatwara amafaranga y’u Rwanda asaga miliyari 19.
Abaturage bo mu karere ka Nyamasheke barasabwa kugura impapuro nyemezamwenda (bond de tresor) ku bwinshi mu rwego rwo kwizigamira no gufasha leta gukomeza gukwirakwiza ibikorwaremezo mu gihugu cyose.
Kuba abatorerwa kuyobora abikorera bahita bagirwa abajyanama mu Nama Njyanama y’akarere ngo bizafasha mu kunoza imikoranire ya bo n’inzego z’ubuyobozi nk’uko abo mu karere ka Kamonyi babivuga.
Bamwe mu bacuruzi bacururiza mu isoko rya Viro riherereye mu Murenge wa Cyahinda Akarere ka Nyaruguru, cyane cyane abacururiza mu gice kidatwikiriye, baratangaza ko bashimishijwe no kuba iri soko rigiye kwagurwa, ku buryo nabo bizera ko bazabona aho bacururiza hatanyagirwa.
Sindikubwabo Théogene, wo mu murenge wa Musha mu karere ka Gisagara, nyuma y’iimyaka 8 aba mu mujyi wa Kigali akahigira uko bakora injugu, ubu ngo uyu mwuga umaze kumuteza imbere aho yasubiriye iwabo.
Bamwe mu batuye mu Murenge wa Gishubi mu Karere ka Gisagara mu baravuga ko bamaze kubona ibyiza byo gutura ku mudugudu mu gihe bahatujwe babyangira.
Abaturage batishoboye bo mu murenge wa Nkombo mu karere ka Rusizi, tariki 08/11/2014, borojwe ihene 30 na banki y’ubucuruzi ya Kenya (KBC) muri gahunda yo kubafasha kwiteza imbere.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Ruhango bwijeje komite nshya yatorewe kuyobora abikorera bo muri uwo murenge kuzayiba hafi kugirango abikorera bakomeze guteza imbere umujyi wa Ruhango kandi barusheho kongera umubare w’abikorera.
Nyuma y’aho ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro (RRA) gitangiye amabwiriza ko umusoro uwo ariwo wose ugomba kugezwa kuri banki n’usora, bamwe mu basora barema isoko rya GAkenke bavuga ko ubwo buryo buri kudindiza imirimo yabo kubera gutonda umurongo kuri banki, bagasaba ko Leta yakwiga neza uburyo iki kibazo cyakemuka.
Bamwe mu bacuruzi bo mu karere ka Rusizi baravuga ko guhura n’ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro (RRA) bakaganira bibafasha gusobanukirwa neza gahunda y’imikorere n’imikoranire hagati yabo n’icyo kigo, bikabarinda kutubahiriza igihe cyo gusora kuko hari igihe bacibwa amande biturutse ku kudasobanukirwa neza uburyo (…)
Umuyobozi mukuru w’ikigo cy’igihugu gishinzwe ingufu (REG) Mugiraneza Jean Bosco aratangaza ko igerageza ry’urugomero rwa Nyabarongo rigenda neza kandi ko rigaragaza ko ingufu zari ziteganyijwe gutangwa zishobora kuboneka.
Itsinda rigizwe n’abantu baturutse muri Banki y’isi ryagendereye akarere ka Gakenke mu rwego rwo kwirebera uruhare rw’abaturage bagira mu bibakore, nyuma y’uko aka karere kagaragaje ubuhanga mu gukoresha no gucunga wa leta nk’uko byagaragajwe na rapro y’Umuvunyi.
Ubwo yasuraga ahakorerwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu murenge wa Rukoma, tariki 6/11/2014, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’umutungo Kamere, Evode Imena, yasabye abakozi bo mu birombe gukora cyane bakongera umusaruro kugira ngo bagere ku iterambere.
Abanyamuryango ba Koperative DUFASHABACU, koperative y’Abagore bo mu murenge wa Nyamata ibumba amatafari ya Block ciment, costrat n’ibindi bikoresho by’ubwubatsi, baravuga ko bishimira intera ibikorwa byabo bimaze kubagezaho, bitandukanye n’uko bari bameze bataribumbira muri iyi Koperative.
Abakora umwuga wo gutwara abantu kuri moto (Abamotari) bakorera mu mujyi wa Nyanza bakomeje kutavuga rumwe n’amasosiyete atwara abagenzi mu modoka ahakorera aho bayashinja gutwara abantu ku buntu mu ngendo nto ziva cyangwa zijya muri uyu mujyi n’inkengero zawo.