Banki Nyafurika y’Ubucuruzi (CBA) yatangaje ko iri mu nzira zo kwemererwa gukorera mu Rwanda, aho yiteguye kuziba icyuho muri serivisi za banki zifashisha ikorabuhanga rya telefone.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) yasabye amabanki n’ibigo by’imari gukusanya amafaranga yose ari kuri konti zimaze igihe zidakoreshwa (dormant) agashyirwa kuri konti yabugenewe muri BNR.
Umuceri u Rwanda rwohereza mu mahanga wikubye inshuro 230 mu gihembwe cya 2015-2016 ruhinjiriza ayikubye inshuro 468 ugereranyije n’igihembwe cyabanje cya 2014-2015.
Muri uyu mwaka dusoza, u Rwanda rwaranzwe no gufata imyanzuro ikomeye ku bukungu bwarwo ndetse runatsura umubano n’ibindi bihugu byinshi birimo n’iby’ibihangange.
Mu butumwa bwifuriza ingabo n’izindi nzego zishinzwe umutekano Noheli nziza n’umwaka mushya muhire, Perezida Kagame yavuze ko ubwitange, ubunyamwuga n’ikinyabupfura cyabo, ari yo nkingi y’iterambere u Rwanda rugezeho.
Umwe mu myanzuro 12 y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 14, ugaruka ku kugena igihe ntarengwa u Rwanda ruzagera ku rwego rwo kwihaza mu ngengo y’imari.
Uruganda rw’imodoka rwa Volkswagen rwo mu Budage rwasinyanye amasezerano n’u Rwanda azatuma umwaka wa 2017 uzasiga hari imodoka zarwo zateranyirijwe mu Rwanda.
Bamwe mu Banyarwanda b’inararibonye barasaba ko habaho ishuri ryitiriwe Kagame, “Kagame Institute of Good Governance”, rifasha mu gusigasira imiyoborere myiza no kuyisangiza abandi.
Ikigo cyo muri Amerika cyitwa National Geographic gifata kikanatunganya amafoto n’amavideo y’urusobe rw’ibinyabuzima binyura ku ma televiziyo atandukanye yo ku isi, kigishije abanyeshuri bo mu Rwanda gufotora no gufata amashusho.
Perezida Kagame yaburiye abayobozi bihisha mu itangwa ry’amasoko bakijandika muri ruswa babinyujije mu bikorera.
Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) zitangaza ko mu mpeshyi ya 2016 zasenye ambasade ya baringa muri Ghana yari ihamaze imyaka 10.
Minisiteri y’Ubucuruzi, Inganda n’Ibikorwa by’Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba mu Rwanda irahamagarira ibihugu by’Afurika kwihutisha iterambere ry’inganda.
Novartis, uruganda rwo mu Busuwisi rukora imiti, rugiye kujya rugeza imiti ya Kanseri, indwara z’umutima, indwara z’ubuhumekero na diabeti mu Rwanda, kuri make.
Fidel Castro wategetse Cuba imyaka 49 akayigira igihugu kigendera ku matwara ya gikominisiti yatabarutse mu ijoro ryo ku wa 25 rishyira ku wa 26 Ugushyingo 2016.
Minisitiri w’Umutekano muri Malawi, Grace Chiumia yafashe icyemezo cyo kwikurikiranira iby’umunyemari w’Umunyarwanda, Vincent Murekezi, ushinjwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Itsinda rihagarariye abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda ryasuye Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU) i Buruseli rigaragaza uburyo ikibazo cy’abahakana Jenoside giteye inkeke.
Umushoramari wo mu gihugu cya Scotland yaguze imigabane myinshi mu nganda ebyiri z’icyayi mu Rwanda yizeza Perezida Kagame gukuba kabiri umusaruro w’icyayi mu myaka ibiri itaha.
Danald Trump niwe watorewe kuyobora Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (USA) nyuma yo gutsinda Hillary Clinton ku majwi 276 kuri 218.
Leta zunze Ubumwe z’Amerika zageneye u Rwanda inkunga ya Miliyari 14,5Frw yo kurufasha ku rwanya Malariya mu mwaka utaha wa 2017.
Padiri Ubald Rugirangoga aratangaza ko impano ye yo gusengera abarwayi bagakira ntaho ihuriye na politiki ko ahubwo abamwita umunyapolitiki ari abapadiri bagenzi be bamufitiye ishyari.
Mu murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Nyarugenge hari agace kiswe “Norvège” ya Kigali ngo kubera iterambere ryako kandi ari mu cyaro.
Abaturage bo mu Gashyushya mu Murenge wa Jali muri Gasabo bubakiwe isoko ahantu bari basanzwe bariremera ntibarigarukamo.
Mu mafaranga akenewe kugirango ishami rya Loni ryita ku Mpunzi (UNHCR), ribashe kwita ku mpunzi z’Abarundi ziri mu Rwanda, hamaze kuboneka 18% byayo gusa.
Mu murenge wa Jabana, Akarere ka Gasabo, hagiye kubakwa inzu 2500 zijyanye n’igishushanyo mbonera cy’Umujyi wa Kigali, kandi zitandukanye mu biciro.
Mu cyumweru gitaha, kuva tariki 12 kugeza 16 Nzeri 2016, mu Rwanda hazateranira inama y’Ihuriro ry’Ibihugu by’Afurika bikoresha icyogajuru cy’u Burayi.