Amasezerano ya DRC n’u Rwanda i Washington twaranayasengeye - Min. Nduhungirehe
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb Olivier Nduhungirehe yahishuye ukuntu, mbere yo gusinya amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), babanje kwiyambaza Imana kugira ngo ayo masezerano azashyirwe mu bikorwa.
Yabivugiye mu kiganiro ku mibanire y’ u Rwanda n’amahanga mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano ya kabiri, kuri uyu wa 06 Gashyantare 2026.
Mu buryo busa n’ubushyenga, Amb Nduhungirehe yagize ati “Ndabona hano hari n’abihayimana, mbere yo gusinya amasezerano i Washington, Pastor Polar White yarabanje arayasengera.”
Ati “Yaratubwiye tuzamura amaboko arabanza aradusengera.”
Aha Amb Olivier Nduhungirehe yagaruka ku kibazo cy’umutekano mu Karere k’Ibiyaga Bigari bya Afurika, aho yavuze ko ibibazo bya DRC n’u Rwanda birimo ibinyoma byinshi, kandi ibihugu by’amahanga bikaba bibigoreka nkana.
Yagize ati “Nk’uko Perezida Kagame yabivuze ejo, inkomoko y’ikibazo cya Congo irazwi, ariko ibihugu by’amahanga harimo n’abafatanyabikorwa bacu bahitamo kutavugisha ukuri.”
Yibukije uburyo Perezida Kisekedi yagiye ahagarika ibiganiro bigamije amahoro, ahereye ku biganiro byagombaga byahurizaga M23 na DRC i Nairobi, ariko akabihagarika atanasobanuriye abakuru b’ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba (EAC) bari babisabye.
Yahereyeho yibutsa uburyo EAC yari yarohereje i Goma ingabo zo kubungabunga umutekano, ariko Kisekedi, na zo akazirukana agahitamo kuzana abanshanshuro. Ibi byatumye ibibazo bya DRC bikomeza gukururuka kugeza ubwo, kinjirwamo na Perezida Trump.
Mu buhuza bwa Trump rero, bikaba byarageze aho hiyambazwa ubuhange nk’umuntu, ariko bibuka n’imbaraga z’amasengesho ngo barebe ko hari icyo byatanga, ariko na bwo biba iby’ubusa.
Pasiteri Paula White-Cain bakunda kwita Pastor Polar White wabasengeye mbere yo gusinya amasezerano, ni umupasiteri uzwi cyane mu biganiro by’ivugabutumwa ku mateleviziyo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), ariko akaba n’Umujyanama wa Perezida Trump mu bijyanye n’imyemerere nyobokamana.
Ubwo u Rwanda na DRC bari bamaze gusinyana amasezerano y’amahoro, Perezida Kagame yashimiye mugenzi we Trump, avuga ko we yakoze icyo yagomabaga gukora, cyane ko byari bananiranye kubikemurira mu Karere.
Ati “Aya masezerano nadashyirwa mu bikorwa ntibizaba ari ikibazo cya Perezida Trump, azaba ari ikibazo cyacu twebwe ubwacu,” maze avuga ko u Rwanda rwo rwiteguye gukora ibirureba ngo ibiyakubiyemo bishyirwe mu bikorwa, ariko ko atazi icyo ku ruhande rwa Congo biteguye kubigenza.
Inkuru zijyanye na: Umushyikirano 20
- Dore imyanzuro yafatiwe mu Nama y’Umushyikirano yateranye ku nshuro ya 20
- Abarezi bahangayikishijwe n’abangavu baterwa inda
- MINISANTE yijeje gutanga serivisi zinoze kandi zegereye abaturage
- Ubu turi mu miyoborere izira ‘cachot, cachet na cash’
- Turasaba ko mwanoza gahunda y’imiturire kuko ikigaragaramo ibibazo - Umuturage
- Perezida Kagame : Ubwenge n’ubushobozi murabufite, ni iki kitubuza gutera imbere?
- U Rwanda rwahisemo imiyoborere myiza igaragara mu buzima bwa buri munsi bw’umuturage
- Ikibazo si ugushyira umukono ku masezerano, ikibazo ni ubushake bwa Politiki - Min. Nduhungirehe
- Umushyikirano ni umwanya mwiza wo gusuzuma ibyagezweho - Depite Mukabalisa Germaine
- Nimuhumure Imana yo izi kuringaniza - Perezida Kagame
- Umunyarwenya yatumiye Perezida Kagame mu ‘Isetsa Rusange’
- U Rwanda ni umufatanyabikorwa wizewe, uhamye kandi wubahwa - Minisitiri Nduhungirehe
- Ikibazo cya serivise z’ibyangombwa by’ubucuruzi cyongeye kugaruka mu Mushyikirano
- Abatuye Ngoma batakambiye Perezida Kagame ngo abagarurire Kaminuza ya INATEK
- Abakoresha imbuga nkoranyambaga mu Rwanda barasaba koroherezwa kuzibyaza amafaranga
- Abiga amashuri yisumbuye bikubye inshuro zirenga 20 mu myaka 32 ishize
- Umuyobozi w’urwego rw’abanyamakuru bigenzura yasabye Leta kugira amafaranga igenera abanyamakuru
- Kuki u Rwanda rutarega Congo?
- Umushyikirano 20: Umunsi wa mbere mu mafoto
- Hari ibintu bine tudakora neza - Minisitiri w’Imari
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|
|