Hari ibintu bine tudakora neza - Minisitiri w’Imari

Minisitiri w’Imali n’Igenamigambi, Yusouf Murangwa, yavuze ko u Rwanda rukora ibintu byinshi byiza, ariko ko hari ibintu bine rudakora bituma rutihuta mu iterambere uko bigomba.

Minisitiri Murangwa yabivuze kuri 5 Gashyantare 2026, mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano ubwo bari mu kiganiro ku mikoranire ya Leta n’abikorera.

Icya mbere yavuze ni imikoranire y’abayobozi mu nzego zitandukanye, aho yagize ati “ntabwo dushobora gutera imbere tutanogeje imikoranire.”

Ati “Kudahuza amakuru, kudahuza ibyo tugiye gukora, kudakorana hagati y’inzego za Leta n’abikorera biratudindiza. Turakwizeza ko tugiye kubikurikirana kandi tuzabinoza.”

Ikintu cya kabiri Minisitiri Murangwa yagarutseho kidindiza iterambere ni ukutanoza akazi, aho yavuze ko muri Leta usanga hari amafaranga menshi adakoreshwa neza.

Ati “Muri Leta hari amafaranga menshi tudakoresha neza, amafaranga twagombaga gukoresha mu mwaka umwe ugasanga turayokoresha mu myaka itanu.”

Avuga ko gihombo igihugu kibikuramo akagira ati “Icyo gihe ayo mafaranga aba yarataye agaciro cyane.”

Yagarutse ku mitangire ya serivise aho yavuze ko serivise mu nzego zitandukanye zirimo iza Leta, ibitaro n’izindi usanga zerivisi zigicumbagira.

Icya gatatu yavuze ko ari ukutabyaza umusaruro amahirwe menshi Leta Izana, bigatuma urubyiruko rutakaza amahirwe y’akazi.

Nko ku bijyanye n’ubukerarugendo, Minisitiri Murangwa yavuze ko u Rwanda rugira abashyitsi benshi barusura bakishima, ariko bagataha batanyuzwe.

Ati “Abantu benshi iyo basuye u Rwanda barishima, ariko bakaduha amakuru ko nta byinshi bihari byo kugura.”

Icya nyuma yagarutseho ni imbaraga nyinshi Leta ishyira mu gushaka amasoko ya ku bicuruzwa bikorerwa mu Rwanda, ariko nyamara ugasanga bikiri bike cyane.

“ Ibyo bihugu barashaka ibintu byinshi ariko ikibazo dufite umusaruro ni mukeya.”

Ibitekerezo   ( 2 )

The leaders must solve the issues among the citizens ,so as the government you can protect the people from harm

Habiyaremye jean de dieu yanditse ku itariki ya: 6-02-2026  →  Musubize

Ndabashimiye rwose, n’ubwambere ikinyamaku cyacu cyanditse inkuru 20 umunsi umwe

Gakuba yanditse ku itariki ya: 6-02-2026  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka