Abanyeshuri basaga ibihumbi 258 bo hirya no hino mu Rwanda kuri uyu wa 15 Nyakanga 2026 batangiye gukora ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye, mu gihe uru rwego rw’uburezi rumaze imyaka mike ruri mu mavugurura agamije gutegura urubyiruko rufite ubumenyi n’ubushobozi bujyanye n’ibikenewe ku isoko ry’umurimo.
Minisitiri w’Intebe, Dr Justin Nsengiyumva, yemeza ko ikibazo cy’imishara itajyanye n’ibiciro ku isoko gihangakishije guverinoma, ariko agaragaza ko ahanini kijyana n’umusaruro abakozi ba Leta batanga.
Mu iburanisha rw’urubanza rwa Dr. Eugène Rwamucyo mu Bufaransa, impuguke mu by’imitekerereze, Emmanuelle Semiaticki, yabwiye urukiko ko mu isuzuma yamukoreye ku wa 20 Kamena 2026 yabonye uregwa ashaka kugenzura uko ikiganiro kigenda aho gusubiza mu buryo busanzwe ibibazo yabazwaga.
Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko ikomeje gushyira imbaraga mu guteza imbere inganda zikoresha ibikoresho fatizo biboneka imbere mu gihugu, mu rwego rwo kubaka ubukungu budashingira cyane ku bicuruzwa bitumizwa mu mahanga no kongera ibyoherezwa ku masoko mpuzamahanga.
Inteko Ishinga Amategeko yibukije Guverinoma icyifuzo yayigejejeho cyo gushyiraho Banki y’Ubuhinzi n’Ubworozi, ibaza aho ishyirwa mu bikorwa ryacyo rigeze, bavuga ko amabanki menshi n’ibigo by’imari bikigaragaza ubushake buke bwo kuguriza abahinzi n’aborozi.
Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko ishinzwe gukurikirana ikoreshwa ry’Imari n’Umutungo bya Leta (PAC) yanenze Akarere ka Musanze nyuma y’aho raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta yerekanye ko hari ibyumba by’ikoranabuhanga (Smart Classrooms) byahinduwe ububiko bw’ibikoresho bitandukanye, harimo na mudasobwa zagombaga (…)
Akarere ka Rulindo kananiwe kumvikana na Komisiyo y’Abadepite ishinzwe kugenzura ikoreshwa ry’Umutungo wa Leta (PAC) ku kibazo cy’ibagiro rya Shyorongi ryafunzwe by’agateganyo n’inzego z’ubuziranenge kubera kutuzuza amabwiriza y’isuku, maze aho kuzuza ayo mabwiriza akarere kagahitamo kurifunga burundu.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yavuze ko isi irimo kwinjira mu gihe gishya aho kuba abantu bahuzwa n’ikoranabuhanga bidahagije, ahubwo hakenewe gukoresha amakuru (data) n’ubwenge buhangano mu guteza imbere ubuzima, uburezi, ingufu n’izindi nzego z’ingenzi.
Mu rubanza rwa Dr. Eugène Rwamucyo rukomeje mu Bufaransa, impuguke mu by’imitekerereze, Bwana Delannoy, yatangaje ko mu kiganiro yagiranye n’uregwa, yamusobanuriye ko afata ifatwa rye nk’ingaruka z’ihinduka ry’umubano wa dipolomasi hagati y’u Bufaransa n’u Rwanda.
Perezida Kagame yavuze ko kugira ngo AI igirire abantu bose akamaro, amahanga akwiriye gushyira imbaraga mu bintu bitatu by’ingenzi.
Perezida Paul Kagame yavuze ko Afurika ikwiye kugira uruhare rugaragara mu kubaka no guteza imbere ikoranabuhanga rishingiye ku bwenge buhangano (Artificial Intelligence/AI), aho gukomeza kuba umuguzi waryo gusa, ashimangira ko gushora imari muri iri koranabuhanga ari byo bizafasha kurinda ejo hazaza h’umugabane n’isi muri (…)
Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko ishinzwe gukurikira ikoreshwa ry’Ingengo y’Imari n’Umutungo bya Leta (PAC) ntiyumva ukuntu Akarere ka Ruhango kohereza abakozi mu butumwa bw’akazi ntikibishyure nk’uko amategeko abiteganya.
Rutahizamu w’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, Kylian Mbappé, n’Umusenateri wa Paraguay, Celeste Amarilla, bakomeje guterana amagambo nyuma y’umukino wa 1/8 cy’Igikombe cy’Isi wahuje u Bufaransa na Paraguay, warangiye Abafaransa batsinze igitego 1-0.
Komisiyo y’Abadepite ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’Umutungo n’Imari bya Leta (PAC) yagaragaje impungenge ku mikorere y’amasoko ya Cyakabiri na Nyabisindu yo mu Karere ka Muhanga, nyuma y’uko habaye kutumvikana hagati y’Akarere n’Ibiro by’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta (OAG) ku bijyanye n’imikorere yayo.
Komisiyo y’Abadepite ishinzwe gukurikirana imikoresherezo y’Umutungo n’Imari bya Leta yatangajwe n’ibisubizo yahawe n’Ibitaro bya Nyabikenke ku makosa yagaragajwe n’Umugenzizi Mukuru w’Imari wa Leta muri ibyo bitaro.
Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko Ishinzwe Kugenzura Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo bya Leta (PAC) yabajije ubuyobozi bw’Ibitaro by’Intara bya Ruhango ibisobanuro ku mwenda wa miliyoni 121 Frw ibitaro biberewemo n’abarwayi.
Urwego rushinzwe Ubutasi mu by’Imari (FIC) rwasohoye amabwiriza mashya agena amakosa n’ibihano ku bigo n’abashinzwe gutanga amakuru batubahiriza ibisabwa mu gukumira iyezandonke, gutera inkunga iterabwoba no gutera inkunga ikwirakwizwa ry’intwaro za kirimbuzi, aho amwe mu makosa ashobora gutuma ikigo gicibwa ihazabu igera (…)
Perezida Paul Kagame yashimiye abahoze mu ngabo za RPA zafashe iya mbere mu kubohora u Rwanda, ariko ashimira by’umwihariko abahatakarije ubuzima, avuga ko n’ubwo batakiriho ibyo baharaniye bigaragara mu Rwanda tubona uyu munsi.
Perezida Paul Kagame yashimiye abahoze mu ngabo za RPA zafashe iya mbere mu kubohora u Rwanda, ariko ashimira by’umwihariko abahatakarije ubuzima, avuga ko n’ubwo batakiriho ibyo baharaniye bigaragara mu Rwanda tubona uyu munsi.
Umujyi wa Kigali wagowe no gusobanura uburyo watumyeho imodoko ikora isuku utanze ibisabwa 25 (specifications) igomba kuba yujuje, ariko rwiyemezamirimo ikazana ifite 9 gusa mu byo wasabye kandi ukayakira.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwijeje Komisiyo Ishinzwe kugenzura ikoreshwa ry’Ingengo y’Imari ya Leta (PAC) ko ikiraro cya Karuruma cyari kimaze imyaka ine cyarabaye agatereranzamba, noneho bitarenze impera z’uyu mwaka kigomba kuzaba cyatangiye kubakwa.
Mu Rukiko rwa Rubanda i Paris, mu rubanza rw’ubujurire rwa Dr Eugene Rwamucyo wakatiwe gufungwa imyaka 27 kubera ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, umutangabuhamya yabwiye urukiko ko Dr Rwamucyo yari umugabo w’umufungamutwe wabaga mu itsinda ry’abakozi ba CUSP baturukaga mu Majaruguru y’u Rwanda.
Ikigo cya WASAC Group cyagowe no gusobanurira Komisiyo y’Umutwe w’Abadepite ishinzwe kugenzura ikoreshwa ry’Imari n’Umutungo bya Leta (PAC) impamvu kimaze imyaka ibiri kidakorerwa ubugenzuzi bw’imari.
Komisiyo y’Abadepite ishinzwe kugenzura ikoreshwa ry’Imari n’Umutungo bya Leta (PAC) yagaragaje impungenge ku mushinga wo gutunganya amazi yanduye mu Mujyi wa Kigali (Kigali Centralized Sewage System-KCSS), nyuma y’aho ubuyobozi bwa WASAC GROUP busobanuye ko uburyo wari wateguwemo bwari gusaba gusenya hafi 80% by’imihanda yo (…)
Mu rubanza rwa Dr Eugène Rwamucyo rubera i Paris mu Bufaransa, umutangabuhamya yabwiye urukiko ko katiripirali (Caterpillar) yakoreshejwe mu gushyingura imibiri y’Abatutsi biciwe kuri Paruwasi ya Nyumba no muri Seminari Nkuru ya Nyakibanda, yakoraga mu buryo bwashinyaguriraga imibiri y’abishwe.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ubucukuzi bw’Amabuye y’Agaciro, Peteroli na Gaze (RMB) cyabwiye abadepite bo muri Komisiyo ishinzwe kugenzura Ikoreshwa ry’Imari n’Umutungo bya Leta (PAC) ko kutubahiriza inama z’Umugenzuzi Mukuru w’Imari wa Leta byatewe no kuba badatindana abakozi kubera guhembwa amafaranga make.
Ubuyobozi bwa Rwanda Housing Authority (RHA) bwabwiye abadepite bagize Komisiyo ishinzwe gukurikirana Ikoreshwa ry’Imari n’Umutungo bya Leta (PAC) ko ukwezi kwa Kamena 2026 kuzasiga ubwatsi bwabugenewe bushyizwe muri Sitade ya Huye nk’uko byari biteganyijwe.
Ubuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere ry’ibikorwa by’Ubwikorezi (RTDA) bwagowe no gusobanurira abadepite bagize Komisiyo ishinzwe gukurikirana Ikoreshwa ry’Umutungo wa Leta (PAC), uburyo bakoresheje miliyoni 392FRW mu gushyira laterite mu muhanda Rusizi-Bugarama, nyamara umuhanda bikigaragara ko n’abanyamaguru (…)