Minisiteri y’Uburezi (Mineduc), kuri uyu wa 29 Mutarama 2018, yafashe umwanzuro wo gufunga burundu udushami tubiri twa Kaminuza y’Abadivantisiti b’Umunsi wa karindwi ya Gitwe (ISPG), nyuma yo gusanga ibyo bayisabye gukosora itarabikosoye.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu n’Umujyi wa Kigali barashima abaturage bo mu Mudugudu wa Kavumu, mu Kagari ka Nonko mu Murenge wa Nyarugunga ho mu Karere ka Kicukiro barimo kwiyubakira umuhanda wa kaburimbo bagamije kwishakamo ibisubizo.
Mu gihe Minisiteri y’uburezi iteganya abanyeshuri 45 mu ishuri rimwe, ishuri ribanza rya Nyacyonga rifite abanyeshuri 624 bigira mu byumva bitandatu n’ibindi bitatu biri gusanwa, bivuze ko mu ishuri rimwe higiramo abanyeshuri barenga 70.
Marie Claire Ingabire, ufite inzu itunganya imisatsi y’abagabo n’abagore (salon de coiffure) mu Mujyi wa Kigali akaba n’umuyobozi w’ishyirahamwe ry’abatunganya imisatsi muri Kigali, avuga ko umwuga wo kogosha ari umwuga abenshi bafata nk’umwuga ugayitse, bigatuma hari abatawibonamo bitewe n’uko ahanini ufatwa nk’umwuga (…)
Abakanishi 239 bakorera umwuga wabo mu magaraji yo mu Mujyi wa Kigali, kuri uyu wa 23 Mutarama 2019 bahawe impamyabumenyi n’Ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyingiro “Rwanda Polytechnic (RP) zishimangira ubumenyi n’ubushobozi mu mwuga wabo.
Kuva muri Gashyantare uyu mwaka, Abanyarwanda bashobora gutangira gukoresha amashyiga ya gaz akorerwa mu Rwanda, mu gihe ayari asanzwe ku isoko ry’u Rwanda yaturukaga mu Bushinwa.
Imiryango 140 yari isigaye ku Kirwa cya Mazane mu Murenge wa Rweru mu Karere ka Bugesera igiye kwimurirwa mu nzu zigezweho mu rwego rwo kurengera ubuzima bw’abo baturage.
Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe kugenzura imirimo ifitiye igihugu akamaro (RURA) kuri uyu wa 24 Mata 2018 cyasheshe amasezerano aha Radio Amazing Grace uburenganzira bwo gukorera mu Rwanda.
Ku mugoroba wo Kuri uyu wa 14 Mata 2018, Dr CP Daniel Nyamwasa yamuritse igitabo "Le Mal Rwandais" yanditse abitewe n’ishavu yatewe n’itotezwa ry’Abatutsi mu Rwanda no mu mahanga.
Daniel Habanabakize, umusore w’imyaka 25, wo mu Murenge wa Mimuli mu Karere ka Nyagatare yatangiye umushinga wo gukora amagare y’abafite ubumuga none umwinjiriza asanga ibihumbi magana buri kwezi.
Igice cy’Umujyi wa Kigali kitagendwamo n’imodoka kizwi nka “Kigali Car Free Zone” kitakinakorerwamo ubucuruzi nka mbere, Umujyi wa Kigali watangaje ko hagiye gushyirwa ibikorwa bishya by’ubucuruzi.
Banki yo mu Buransa yitwa BNP Paribas irimo gukorwaho iperereza kubera ikirego cyagejejwe mu butabera n’imiryango itegamiye kuri Leta muri icyo gihugu, iyishinja gutera Guverinomo yariho mu Rwanda inkunga yo kugura intwaro zo kwicisha Abatutsi muri Jenoside yo muri 1994.
Imodoka nshya yo mu bwoko bwa Toyota Avanza ifite agaciro ka miliyoni 20FRW yiriwe i Nyarutarama kuri Kigali Golf Club (KGC) itegereje umunyamahirwe ushobora kuyegukana, ariko birangira ibaye ubwa ya mvugo ngo akabuze ubuguzi gasubirana nyirako.
Gashora Girls’ Academy ni ishuri rihereye mu Murenge wa Gashora, mu Karere ka Bugesera ku birometero 28 uvuye i Nyamata.
Madamu Jeannette Kagame yasobanuriye abagore b’abakuru b’ibihugu byo ku isi uko u Rwanda rwahisemo kubaho rutagira ikigo na kimwe cy’impfubyi ahubwo umwana wese akarererwa mu muryango.
Imodoka ziparika mu Mujyi wa Kigali ntizikishyuzwa hakoresheje gitansi mu rwego rwo korohereza abayobozi bazo.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere imyuga n’ubumenyingiro (WDA) kiratangaza ko ibizamini ku banyeshuri barangiza amashuri yisumbuye mu myuga n’ubumenyingiro bizakorwa ku matariki ya 20 na 21 Nzeli 2017.
Ibyumba by’amashuri byubatswe mu gihe cy’ubakoloni byatangiye gusimbuzwa ibindi bijyanye n’igihe u Rwanda rugezemo, ibikorwa byo kubyubaka bikazakorwa mu muganda w’abaturage.
Minisitiri w’Intebe, Anastase Murekezi yizeje Kaminuza y’u Rwanda inkunga ya Guverinoma kugira ngo ireme ry’uburezi rigerweho mu mashuri yose mu Rwanda.
Dieudonné Twahirwa uhinga urusenda akanarugemura mu mahanga, avuga ko uyu mwaka ashobora kuzinjiza miliyoni 46RWf, nyuma yo kubona isoko mu mahanga.
Urebye uburyo avuga atuje kandi yicishije bugufi ntibyakorohera kumenya ko Jean Niyotwagira, umusore w’Umunyarwanda wo mu kigero cy’imyaka nka 29 ari umwe mu baherwe u Rwanda rutegereje mu myaka mike iri imbere.
Mu majyepfo ya Pariki y’Iburunga mu Majyaruguru y’u Rwanda, mu minota 20 gusa mu modoka uturutse mu Kinigi, wakirwa n’amazu asakaje ibyatsi afite ishusho y’ibirunga.
Mu Rwanda, ku nshuro ya mbere mu Kwezi k’Ukuboza 2017 hagiye gutangirwa ibihembo ngarukamwaka byo ku rwego rw’isi byo kwakirana abantu ubwuzu no kubatwara neza (travel and hosipitality).
Urukingo rwa SIDA rwageragerejwe mu bihugu bitanu birimo u Rwanda, Amerika (USA), Uganda, Afurika y’Epfo na Thailand rwagaragaje ibimenyetso ko rushobora kuzatanga umusaruro.
Akon, Umuriribyi w’icyamamare w’Umunyamerika, avuga ko igihe cyose umuntu ageze mu Rwanda atungurwa n’uburyo usanga ibintu byose biri ku murongo kandi buri wese yuzuza inshingano ze.
Nyuma y’uko itegeko ry’ubwisungane mu kwivuza rivuguruye rigomba gusimbura iryashyizweho na Obama rizwi nka “Obama Care”, impuguke zo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (USA) ziragira inama ishyaka ry’Abarepubulike riri ku butegetsi gufatira urugero k’ubwisungane mu kwivuza bwo mu Rwanda (MUSA).
Uretse kuba amashanyarizi bahawe abafasha mu buzima bwabo bwa buri munsi, abaturage baturiye urugomero rw’amashanyarazi rwa Rusumo bagiye gutangira kurubonamo izindi nyungu zitandukanye.
Igisirikare cy’u Rwanda (RDF) cyahaye ikiruhuko abasirikare 817 barimo abahawe ikiruhuko cy’izabukuru n’abahagaritse akazi kubera uburwayi.
J Boima Rogers, Impuguke mu itangazamakuru ya Oxford mu Bwongereza yandikira Ikinyamakuru “The Patriotic Vanguard”, isanga umwihariko wa demokarasi y’u Rwanda ukwiye kuba urugero ibindi bihugu by’Afurika byafatiraho mu kwigobotora “demokarasi nzungu”.
Kuri uyu wa gatanu tariki 14 Nyakanga 2017, urugamba rwo guhatanira umwanya w’umukuru w’igihugu ruratangira ku mugaragaro, aho abakandida bose bazazenguruka igihugu mu minsi 20 biyamamaza.