Ahagana mu mpera z’i 1996 Guverinoma ya Tanzania yirukanye Abanyarwanda barenga ibihumbi 480 bari bahatuye, bituma bakwira imishwaro mu bihugu bikikije u Rwanda.
Abasiramu ba Kirehe bavuga ko bakibabazwa n’inzirakarengane zazize Jenoside zirimo abari abana n’urubyiruko kuko ubu bari kuba ari amaboko ateza igihugu imbere.
Umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi Ibuka, washimiye Ingabo z’u Rwanda zashubije agaciro abishwe bitwa ibishingwe bigiye kumenwa ku Kicukiro.
Abamotari b’i Huye bibumbiye muri koperative Cottamohu bifuza ko urubyiruko rwajya rusura urwibutso rwa jenoside rwa Murambi kugira ngo rusobanukirwe amateka ya jenoside.
Urubyiruko rwa Congo rwifatanyije n’urubyiurko rw’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, baharanira ko ibyabaye mu Rwanda ntahandi byakongera kuba.
Umudugudu wa Giheka wo mu Kagari ka Kagugu mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo, ufite umwihariko w’uko muri Jenoside yakorewe Abatutsi, abaturage bawo batigize bitandukanya, abahigwaga n’abatarahigwaga bishyize hamwe bakumira ibitero by’interahamwe zashakaga kwinjira mu Mudugudu wabo ngo bice Abatutsi.
Ishuri ryisumbuye rya IFAK rivuga ko rigiye kwandika amateka ya Jenoside yakorewe abarimu, abanyeshuri n’abaturanyi baryiciwemo mu 1994.
Komisiyo y’igihugu ishinzwe kuvugurura amategeko “RLRC” yasuye urwibutso rwa Komini rouge mu karere ka Rubavu inasura umuturage yavugururiye inzu.
Abanyapolitiki bahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda n’abandi bahakorera bemeye inshingano zabo mu gufasha u Rwanda gukurikirana abashinjwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Perezida wa Ibuka mu Rwanda, Prof. Jean Pierre Dusingizemungu, avuga ko abarokotse Jenoside badakwiye kureka kunamira ababo ngo kuko batazi aho baguye.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Murenge wa Mwendo baravuga ko kwibuka ababo bazize Jenoside bikwiye kujyana no gukemura ibibazo bafite.
Abari baturiye ibitaro bya Kabutare kimwe n’abahahungiye mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bavuga ko ibi bitaro byiciwemo Abatutsi benshi.
Ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi bugaragaza ko, zimwe mu mvugo abayiteguye bakanayishyira mu bikorwa mu 1994 bakoreshaga, bazikomora ku bakurambere babo bazwiho kwimakaza urwango ku Batutsi.
Utekereza gukorera Jenoside abantu, abanza kubagira babi, akabitirira ikibi cyose gishoboka, kugira ngo uzabica azumve ko akoze igikorwa cyiza cyo kwikiza abantu babi.
Umuryango uharanira inyungu z’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 IBUKA, uratangaza ko abacitse ku icumu batazongera gusaba amakuru y’ahajugunywe imibiri y’ababo.
Abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bavuga ko yatewe n’ihanurwa ry’indege y’uwahoze ari Pereziza w’Igihugu Habyarimana Juvenal ariko amateka agenda agaragaza ibihabanye.
Madame Jeannette Kagame arashimira abakomeje kugira uruhare mu gusobanurira amahanga jenoside yakorewe Abatutsi bifashishije ibimenyetso bifatika.
Chorale de Kigali imenyerewe mu ndirimbo zo guhimbaza Imana mu idini gatulika, yibutse abahoze ari abaririmbyi bayo bagera kuri 23 bazize Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ubuyobozi bwa IPRC-Huye buvuga ko n’ubwo bivugwa muri iri shuri ryahoze ari iry’aba sous-officiers (ESO) hiciwe abatutsi benshi, nta mubiri barahabona.
Uwihanganye Jumaine atanga ubuhamya bw’ukuntu yatemaguye Mukamuyango Xaverine mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi akamusiga aziko yapfuye, ariko ubu akaba ari umwe mu nshuti ze magara.
Muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 hagaragayemo ubugome ndengakamere hirya no hino mu Rwanda, bimwe byagiye bivugwa ariko hari n’ibigenda bimenyekana nyuma y’imyaka 24.
Abanyeshuri biga muri kaminuza n’amashuri makuru anyuranye barasabwa kugira uruhare mu gukumira Jenoside n’ingengabitekerezo yayo kandi banabika amateka yayo mu nyandiko.
Benshi mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, bavuga ko ari Imana yabahagazeho igatuma barokoka Jenoside yatwaye abarenga Miliyoni mu gihe cy’amezi atatu gusa.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside CNLG, avuga ko inyito zikoreshwa kuri Jenoside yakorewe Abatutsi zirimo ivuga ko Abatutsi bapfuye zigomba guhinduka, ngo kuko Abatutsi batapfuye urupfu rusanzwe, ahubwo bishwe.
Simugomwa Stanislas wari wahungiye mu bitaro bya CHK (CHUK ubu) mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, avuga ko kuyirokoka abikesha guhindura ahari handitse mu irangamuntu ye ko ari Umututsi, akandikamo ko ari Umutwa.
Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, ni yo Jenoside ya mbere mu mateka y’isi yahitanye abantu benshi mu gihe gito, kuko yatwaye abarenga Miliyoni imwe mu gihe cy’amezi atatu gusa.
Urubyiruko rwibukijwe ko amahirwe rwagize yo kuvuka igihugu cyaraciwemo amacakubiri, rutagomba kuyapfusha ubusa ngo rube rwasubiza igihugu aho cyahoze.
Benshi mu bapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, bavuga ko yatewe n’ihanurwa ry’indege y’uwahoze ari Perezida wa Repubulika, Habyarimana Juvenal.
Abatuye mu Karere ka Huye n’abakoraga ku bitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB),bahuriye kuri ibi bitaro mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 24 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Imwe mu ntwaro yo guhangana n’abapfobya jenoside yakorewe Abatutsi, ni ukwandika ukuri kw’ibyabaye ku Batutsi bishwe mu gihe cya jenoside na mbere yayo, kugira ngo bitazasibangana.