Perezida w’Inteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite, Donatille Mukabalisa yongeye kunenga ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zatereranye Abatutsi bari bazihungiyeho muri ETO Kicukiro.
Umuhanzi Danny Vumbi afatanyije na Bruce Melody bashyize hanze indirimbo yitwa “Twibuke twubaka” ijyanye no kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Mfashingabo Matayo wo mu Murenge wa Kigina muri Kirehe ashimwa n’abatari bake kubera uburyo yarokoye Abatutsi babarirwa hagati ya 800-1000 muri Jenoside.
Mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Maitre Sinzi Tharcisse wari mu Batutsi bahigwaga ngo bamburwe ubuzima, yakoresheje umukino wa Karate arwanya interahamwe n’abasirikari ba ExFAR, abasha kurokora abantu 118 mu bari bahungiye muri ISAR –SONGA mu cyahoze ari Butare.
Umuhanzi Bonhomme wamenyekanye cyane mu ndirimbo zigaragaza ukuri nyako k’ubugome bwakorewe Abatutsi mu gihe cya Jenoside zigafasha Abanyarwanda mu gihe cyo kwibuka, yagiye kwifatanya n’umuryango w’Abanyarwanda baba mu Bubiligi, mu mihango wo kwibuka ku nshuro ya 23 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Uwitwa Uwizeyimana Bernadete warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yatewe icyuma mu gahanga n’umuntu utaramenyekana ariko ararusimbuka.
Abahanzi Yvan Buravan, Ben Kayiranga na Andy Bumuntu bashyize hanze indirimbo yitwa “Turibuka”, bahumuriza abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi banamagana ingengabitekerezo ya Jenoside.
Nyampinga w’u Rwanda 2017, Elsa Iradukunda yafatanyije na Ndayisaba Fabrice Foundation mu rugendo rwo kwibuka abana bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, i Nyarubuye mu karere ka Kirehe ni hamwe mu hiciwe abatutsi benshi bicwa bashinyagurirwa birenze.
Minisitiri w’ubutabera, Johnston Busingye avuga ko impamvu bamwe mu bakekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi badafatwa ari uko ibihugu bahungiyemo bibakingira ikibaba.
Abanyarwanda baba muri Koreya y’Amajyepfo, bifatanyije n’abanyeshuri biga mu Ishuri rikuru rya Gisirikare i Nyakinama ndetse n’inshuti nyinshi z’u Rwanda, mu muhango wo gutangiza kwibuka ku nshuro ya 23 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Mu Bufaransa hari abayobozi badakozwa ibyo kwemera uruhare iki gihugu cyagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bigatuma batera ubwoba abifuza izo mpinduka.
Depite Cecile Murumunawabo yibukije abaturage bo mu Kagari ka Nyarutarama mu Mudugudu wa Kangondo ya I, kwirinda no kwamagana abagifite imvugo zisesereza Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.
Iki cyifuzo cyagaragarijwe mu Murenge wa Rwaniro ho mu karere ka Huye, ubwo hatangizwaga icyunamo cyo kwibuka ku nshuro ya 23 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Mu ijambo ritangiza icyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 23 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, Perezida Kagame yihanangirije abashaka gusubiza u Rwanda inyuma bapfobya Jenoside bishingikirije ubuhangange bwabo.
Mu gihe Abanyarwanda binjiye mu gihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 igasiga imfubyi n’abapfakazi benshi, Kigali Today yasuye incike zo muri Rwamagana, Umurenge wa Fumbwe ireba uko zibayeho nyuma y’imyaka 23 Jenoside ihagaritswe.
Mu gihe twitegura kwibuka inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi, Kigali Today yaganiriye n’Abarabu b’Abanyarwanda babaga mu Rwanda, bayitangariza uko bari babayeho muri Jenoside nk’Abanyarwanda batagiraga ubwoko babarizwamo.
Nyirangegera Carolina ufite myaka 101, avuga ko yakuriye mu bihe byaranzwe n’ubugome, itotezwa n’ubwicanyi bwakorerwaga Abatutsi, ibi bihe bikaba byaraganishije kuri Jenoside yamutwaye benshi mu muryango we.
Uko imyaka ishira indi igataha,imibiri y’Abatutsi bishwe muri Jenoside mu 1994 ikomeza kugenda itahurwa hirya no hino aho yagiye ijugunywa, gusa hari itazigera iboneka kubera aho yatawe nyuma yo kwicwa.
Imibiri y’abishwe n’abacengezi mu 1997 bo mu karere ka Musanze, yari ishyinguye hamwe n’imibiri y’abazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, yamaze kwimurwa no gushyingurwa mu irimbi.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside, Dr Bizimana Jean Damascene, mu bushakashatsi yakoze yagaragaje ibikorwa bitandukanye by’ingenzi, bigaragaza ku buryo buziguye itegurwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi hagati ya Mata na Nyakanga 1994.
U Rwanda rwifatanyije na Isiraheli kwibuka Jenoside yakorewe Abayahudi, umuhango wabereye ku rwibutso rwa Gisozi, kuri uyu wa kabiri tariki 14 Gashyantare 2017.
Abarokotse jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Murenge wa Bushenge mu Karere ka Nyamasheke, bishimiye ko Akarere katangiye kubaka urwibutso ruzashyingurwamo ababo.
Ubwo imashini zarimo gusiza ahazubakwa ikibuga cy’indege mpuzamahanga cya Bugesera, zataburuye imirambo ibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abatuye Umurenge wa Nyange muri Ngororero bavuga ko kubaka urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abautsi m 1994 na kiliziya yahiritswe ku Batutsi bari bayihungiyemo ari intambwe y’ubumwe ku bwiyunge.
Mu Murenge wa Ngoma wo mu karere ka Rulindo, hashyinguwe imibiri itanu y’abazize Jenoside yakorewe abatutsi .
Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG) yasobanuriye abatuye Akarere ka Bugesera aho igeze isaba ko urwibutso rwa Nyamata rushyirwa mu bimenyetso ndangamurage by’isi.
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Karere ka Nyamasheke bavuga ko bateguye igikorwa cyo guha inka Silas Haabiyaremye wabarokoye muri Jenoside.
Umunyarwandakazi utuye muri Leta zunze ubumwe za Amerika yagaruwe no gushimira Umukongomanikazi wamuhishe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Imibiri 18,382 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bashyinguwe mu cyubahiro mu rwibutso rwa Jenoside rushya rwa Kibungo mu Karere ka Ngoma.