Abarokotse Jenoside bo muri Ngororero batanga ubuhamya bagaragaza uko Interahamwe zageze aho zikajya zihamba abana b’Abatutsi ari bazima.
Itsinda ry’abantu 30 bahagarariye abakozi ba Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Bisesero mu Karere ka Karongi.
Batandatu muri 15 baregeye indishyi mu rubanza rwa Berinkindi Claver wahamwe n’icyaha cya jenoside yakorewe Abatutsi n’ibigishamikiyeho bakazitsindira, batangiye kuzihabwa.
Munyanshoza Dieudonné ahamya ko kurokora Abatutsi bari bahungiye i Kabgayi byabasabye iminsi ine, bataruhuka, barwana na Ex FAR.
Umuryango w’abacitse ku icumu rya Jenoside barangije amashuri Makuru na Kaminuza (GAERG) werekana ko imiryango ibarirwa mu 7797 ariyo imaze kugaragara ko yazimye muri Jenosdie yakorewe Abatutsi.
Gen Maj Jack Nziza yatangaje ko iterambere ry’u Rwanda rigomba gushingira ku bumwe ndetse n’Ubunyarwanda, kugira ngo ribe Iterambere rirambye kandi ridaheza buri Munyarwanda.
Abakecuru b’incike za Jenoside yakorewe Abatutsi b’i Nyamagabe bavuga ko banezerwa n’uko batakiyumva nk’incike kuko bafite igihugu nk’umuryango wababyariye abana babitaho.
Abayobozi b’amadini n’amatorero mu Karere ka Nyagatare basabwe kwigisha abayoboke babo gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”, kuko ari yo shingiro ry’Ubunyarwanda.
Dr. Jean Damascène Bizimana, umunyamabanga nshingwabikorwa wa komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG) avuga ko guhora binginga abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi ngo bavuge aho bashyize imibiri y’abo bishe bikwiye guhagarara.
Zigirumugabe Theophile wigaga mu ishuri rya GS Marie Marci Kibeho mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, akaba ari naho yarokoye, avuga ko ubwicanyi bwabereye muri iri shuri bwakozwe na bagenzi babo biganaga ndetse n’abarimu babigishaga.
Miss Rwanda, Elsa Iradukunda yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kabgayi anasura incike za Jenoside yakorewe Abatutsi zituye mu mu Karere ka Muhanga.
Abacitse ku icumu bo mu Murenge wa Kinazi by’umwihariko mu Kagari ka Gisali ahazwi nka Gisali na Kibanda mu yahoze ari Komini Ntongwe, bavuga ko umusozi wa Nyiranduga wabarindaga ibitero by’abicanyi kuva mu 1959 Jenoside itangira kugeragezwa.
Ihuriro ry’Abanyawanda baba n’abakorera muri Chad ryibutse ku nshuro ya 23 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Rusiribana Jean Marie Vianney ni umwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ariko ibye ntibigarukira aho kuko yanarokotse Abarundi bendaga kumukuramo umutima ngo bawurye.
Jenoside yakorewe Abatutsi yahagaritswe muri Nyakanga 1994, Mwiseneza Jean Claude n’abavandimwe be, ntibabimenya, baguma mu buhungiro kugera muri Kanama 1995.
Umuryango w’Abanyarwanda baba muri Leta ya Arizona muri Leta zunze Ubumwe z’Amerika, wibutse abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ubwo yari mu muhango wo kwibuka ku nshuro ya 23 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Murenge wa Mugina, muri Kamonyi, Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Marie Rose Mureshyankwano, yafashwe n’ikiniga ararira.
Visi Perezida wa Ibuka, Egide Nkuranga, avuga ko n’ubwo kiriziya gatorika ari yo yagiye isabwa gusaba imbabazi, n’abadivantisiti batari shyashya.
Abarokowe n’Intwari Felecita Niyitegeka muri Jenoside yakorewe Abatutsi n’inshuti zabo bifuza ko urugo yabagamo rwagirwa inzu ndangamurage y’urukundo ifasha Abanyarwanda kwiga ubumuntu.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu Françis Kaboneka arasaba urubyiruko kutumvira ababyeyi barwigisha amacakubiri n’ivangura iryo ari ryo ryose, bagaharanira kubaka u Rwanda ari bamwe.
Abakozi n’abakunzi ba Banki ya Cogebanque bunamiye abazize Jenoside yakorewe Abatutsi bashyinguye mu rwibutso rwa Jenoside rwa Nyanza ya Kicukiro.
Abakozi n’abayobozi ba Banki y’abaturage y’u Rwanda (BPR) bibutse abari abakozi b’iyo banki babarirwa muri 33 bazize Jenoside yakorewe Abatutsi.
Minisitiri w’Ubuzima, Dr Diane Gashumba, avuga ko bigayitse cyane kubona abari bashinzwe kuvura abantu ari bo babica mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abagize Umuryango w’Abagide mu Rwanda bemeza ko kumenya amateka yaranze u Rwanda harimo n’aya Jenoside yakorewe Abatutsi, bizabafasha kuyirwanya.
Abarokokeye Jenoside yakorewe Abatutsi i Kibeho muri Nyaruguru bavuga ko hari igihe cyageze ubuzima bugakomera ku buryo igikombe cy’amazi bakiguraga 1000RWf.
Muri iki gihe u Rwanda rwibuka Jenoside yakorewe Abatuts,abanyarwanda baba muri Leta zunze ubumwe za Amerika, bibutse banishimira intamwe yatewe n’abanyarwanda mu kwiyubaka.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gakenke burizeza abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo muri ako karere ko ku mugezi wa Mukungwa hagiye kubakwa Urwibutso rwa Jenoside.
Kugira ngo abatutsi bo ku musozi wa Kesho ho mu murenge wa Muhanda akarere ka Ngororero bicwe, hitabajwe abasirikare babeshywe ko hari Inkotanyi zihishe mu myobo.
Icyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 23 Jenoside yakorewe Abatutsi cyasojwe, cyagaragayemo ibikorwa by’ingengabitekerezo ya Jenoside hirya no hino mu gihugu.
Abatutsi ibihumbi 50 bari bahungiye i Murambi, bahanganye n’interahamwe mu minsi itatu bakoresha amabuye, ariko intwaro za gerenade n’amasasu by’abajandarume bibaca intege.