Ambasade y’u Rwanda muri Repuburika ya Congo (Brazzaville) yatangije ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 24 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda muri 1994.
Burende (blindé) Inkotanyi zarasiye ku gisozi yahinduwe urwibutso rw’amateka, bitewe n’uko yari igiye gutsemba Abatutsi bari bihishe mu mirenge ya Kinyinya, Gisozi na Jabana.
Leta ya Amerika yasohoye itangazo ryihanganisha Abanyarwanda mu gihe cyo kwibuka ariko uburyo ryanditswe byateye bamwe kwibaza impamvu batise Jenoside inyito yayo.
Uwitwa Nsengiyumva Francois afunzwe azira amagambo yavuze agaragaza ingengabitekerezo ya Jenoside no kuba yaraguze umuhoro akigamba ko agomba gutema abaturage.
Mu biganiro Komisiyo yo kurwanya Jenoside CNLG irimo guha abaturage, hatangajwe uburyo Ingabo zari iza FPR-Inkotanyi zitarwanyaga umuntu utazisagariye.
Abanyarwanda bibumbiye muri Diaspora ya Brisbaine muri Australia, bifatanyije n’abaserukiye u Rwanda mu mikino ya Commonwealth mu gikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi.
Hashize imyaka 24 Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe, ariko ingaruka zayo zikigaragara ziri mu bituma intimba y’ababuze ababo idashira uko imyaka ishira.
Perezida Paul Kagame yemeza ko buri gihe cyo kwibuka, kiza kimeze nk’aho ari inshuro ya mbere, n’ubwo Abanyarwanda bamaze imyaka 24 babikora.
Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU) wifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, aho bacanye urumuri rw’icyizere.
Perezida Kagame aratangiza ibikorwa byo Kwibuka ku Nshuro ya 24 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umuhanzi Bonhomme uririmba indirimbo zihumuriza benshi mu gihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi zikabafasha kwibuka kandi biyubaka, yashyize hanze indirimbo ishimira Inkotanyi zahagaritse Jenoside zigakura Abatutsi bicwaga mu kaga.
Mu buzima bw’ishyamba, ntawinjira mu ndiri y’intare ngo ayicire ibyayo agende ari muzima, kereka iyo nayo ayambuye ubuzima.
Ntamuhanga Yusufu ukomoka mu Karere ka Rubavu yashimiwe kuba yararokoye abantu benshi barimo na Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’umuryango Nyirasafari Esperance.
Boniface yahagaze imbere y’imbaga y’abitabirye misa asaba imbabazi abo yiciye abantu muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Kuva Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yahagarikwa, Ndakubana Bertin w’imyaka 59 y’amavuko ntarakandagira mu kiliziya kubera amagambo y’agashinyaguro Padiri Athanase Seromba yababwiye igihe bamuhungiragaho.
Ibihumbi by’urubyiruko rugize umuryango w’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi berekeje mu Karere ka Nyanza mu bikorwa byo gufasha abaturage.
Mu gihe hasigaye iminsi mike u Rwanda rukunamira ku nshuro ya 24 abazize jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, mu murenge wa Gatsata muri uku kwezi habonetse imibiri y’abatutsi barenga 20 bishwe muri jenoside.
Abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Karere ka Ruhango baravuga ko Urwibutso rwa Mbuye rugiye gusubiza agaciro ababo biciwe ku gasozi ka Nzaratsi, bagashyingurwa mu buryo buciriritse
Mu Karere ka Musanze ntibarafata umwanzuro ku kibazo cy’imibiri isaga 800 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ikomeje kwangizwa n’amazi mu rwibutso rwa Muhoza.
Komisiyo y’Igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside(CNLG), yatangaje ko umuhango wo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi utagomba kurenza amasaha atatu mu rwego rwo korohereza abawitabiriye barindwa umunariro ukabije.
Perezida Edgar Lungu wa Zambia uri mu ruzinduko mu Rwanda, yafashe akanya asura urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, kugira ngo yirebere amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umuryango w’Abibumbye (UN) wemeje ko imvugo izajya ikoreshwa ari “Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994”, aho kuba “Jenoside yo mu Rwanda” nkuko byari bisanzwe.
Umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda IBUKA, uravuga ko uhangayikishijwe n’imfu za bamwe mu barokotse Jenoside bakicwa nanubu, ugasaba Abanyarwanda bose kurushaho kurwanya Ingengabitekerezo ya Jenoside ikaranduka burundu mu Banyarwanda.
Mu Karere ka Rulindo hashyinguwe imibiri itanu yabonetse ubwo hatunganywaga amaterase y’indinganire mu Mirenge ya Mbogo, Rusiga, Shyorongi na Tumba.
Imicungire y’urwibutso rwa Nyanza yeguriwe umuryango uharanira inyungu z’abacitse ku icumu ‘IBUKA’, nyuma y’amasezerano yasinywe hagati y’Akarere ka Kicukiro n’uwo muryango.
Mu Mujyi wa Ath wo mu Bubiligi habereye imurikama ry’amafoto ryari rigamije kwerekana ububi bwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Imiryango y’Abanyamulenge ituye hirya no hino mu Rwanda yibutse, ababo biciwe mu nkambi ya Gatumba mu gihugu cy’u Burundi.
Ubuyobozi bwa Isilamu mu Karere ka Kayonza n’abayobora imisigiti yo muri ako karere bavuga ko biyemeje guhangana n’abigira intagondwa.
Perezida w’inteko ishinga amategeko, Mukabarisa Donatille arashimira ingabo z’igihugu zakomeje gufasha abturage mu iterambere, nyuma yo kurokora abatari bake muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ihuriro ry’amatorero ya Gikirisitu ritanga imiti mu Rwanda (BUFMAR) rivuga ko gufashanya ari bwo buryo bwiza bwo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi.