Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Rayon Sports y’abagore yatsindiye Muhazi United W FC i Rwamagana 1-0 yegukana shampiyona ya 2023-2024 itari yarangira.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 22 Werurwe 2024, ikipe y’Igihugu y’u Rwanda (Amavubi) yanganyije na Botswana 0-0 mu mukino wa gicuti wabereye muri Madagascar, umutoza Frank Spittler w’Amavubi avuga ko umukino wari mubi, ariko ko bagize amahirwe.
Kuri uyu wa Gatanu, ahitwa mu Kiyovu mu Mujyi wa Kigali, hateganyijwe umuhuro wa bamwe mu banyamuryango ba Kiyovu Sports, bakaza kuganira ku ngingo zitandukanye z’ubuzima bw’ikipe yabo iri mu bihe bitari byiza.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda "Amavubi" yakoze imyitozo ya nyuma kuri uyu wa Kane, mbere y’umukino wa gicuti uzayahuza na Botswana kuri uyu wa Gatanu muri Madagascar
Ku wa 20 Werurwe 2024, hatanzwe ibihembo by’ukwezi kwa Gashyantare 2024 ku bakinnyi bitwaye neza muri shampiyona umutoza wa APR FC Thiery Froger, Shaiboub Eldin, Nzeyirwanda Djihad na Ani Elijah barabyegukana.
Mu mukino w’umunsi wa 18 wa shampiyona ya Basketball mu Rwanda, ikipe ya Patriots BBC yatsinze irusha cyane APR BBC amanota 73-59, ifata umwanya wa mbere ku rutonde rw’agateganyo rwa shampiyona.
Ku wa Kabiri tariki 19 Werurwe 2024, kuri Stade Umuganda, habereye ibiganiro hagati y’abayobora n’abahoze bayobora Etincelles FC n’abakinnyi, barebera hamwe uko ikipe itazamanuka, baboneraho gushyiraho Umunyamabanga Mukuru mushya wayiririmbiye indirimbo.
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatatu yakiriye Madamu Clare Akamanzi, Umuyobozi Mukuru wa NBA Africa ndetse Amadou Gallo Fall, Perezida wa Basketball Africa League (BAL).
Kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Werurwe 2024, harakinwa umunsi wa 18 wa shampiyona ya Basketball mu Rwanda aho APR BBC yakira Patriots BBC, amakipe akurikirana ndetse anganya n’amanota acakirana saa moya z’umugoroba (19:00) muri LDK.
Abakinnyi 13 muri 38 umutoza w’Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Frank Spittler yari yahamagaye bakuwe mu ikipe yerekeza muri Madagascar mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere aho igiye gukina imikino ya gicuti ibiri.
Uwahoze ari rutahizamu w’ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi, Danny Usengimana, yahishuye ko mu byatumye ava muri APR FC harimo ikiganiro yatanze akavugamo ko yakuze abona Se afana ndetse anakunda kureba imikino ya Rayon Sports bigatuma akura azi ko nta yindi kipe ibaho.
Ntabwo bikiri inkuru ko ikipe ya Gisagara VC isanzwe ifashwa n’akarere ka Gisagara yatewe mpanga n’ikipe ya REG VC, bagombaga gukina muri shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda.
Muri shampiyona ya Basketball yakomezaga ku wa Gatanu tariki 15 Werurwe 2024, amakipe ya APR na Patriots yitwaye neza, REG BBC itakaza umukino wayo wa mbere.
Ikipe ya Patriots Basketball Club ikomeje urugendo rwo kwiyubaka muri shampiyona y’ikiciro cya mbere mu Rwanda, yasinyishije Nikola Scekic ukomoka mu gihugu cya Serbia.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 15 Werurwe 2024, i Nyon mu Busuwisi habereye tombola ya 1/4 cya UEFA Champions League 2023-2024 isiga Real Madrid izahura na Man City, Arsenal igahura na Bayern Munich.
Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku mugabane w’i Burayi yakoze impinduka mu irushanwa ry’amakipe yabaye aya mbere iwayo (UEFA Champions League) zirimo kongera amakipe akaba 36 ndetse n’uburyo bw’imikinire bukaba bwahindutse.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 15 Werurwe 2024, abakinnyi b’ikipe ya AS Kigali banze gukora imyitozo kubera ko ngo bamaze amezi ane badahembwa.
Kuri uyu wa Kane tariki 14 Werurwe 2024, Ndagijimana Enock wari Perezida w’ikipe ya Etincelles FC yatangaje ko yeguye ku buyobozi bwayo.
Umulisa Joselyne wakijijwe ibikomere bya Jenoside na Tennis, yavuye muri Amerika gutanga ubuhamya. Ku gicamunsi cyo ku wa Kabiri tariki 12 Werurwe 2024 nibwo Umulisa Joselyne, umudamu akaba n’umukinnyi w’icyamamare mu mukino wa Tennis, yagarutse mu Rwanda avuye muri Amerika aho yari amaze iminsi ku butumire bw’umuryango wa (…)
Mu ijoro ryo ku wa Kabiri rishyira ku wa Gatatu tariki 13 Werurwe 2024, ikipe ya Arsenal yageze muri 1/4 cya UEFA Champions League isezereye FC Porto kuri Emirates Stadium, yongera gukora amateka yaherukaga mu 2010.
Inama y’Inteko rusange isanzwe y’abanyamuryango ba FERWAHAND yateranye kuri uyu wa Gatandatu yemeje amatariki shampiyona ya Handball y’uyu mwaka izatangirira
Ikipe yari ihagarariye igihugu cy’u Burundi mu mikino ya Basketball African League (BAL) 2024, yasezerewe mu irushanwa kubera kudakurikiza amategeko arigenga, arimo kwambara iriho umuterankunga w’irushanwa (Visit Rwanda).
Ikipe ya REG y’abagore yegukanye irushanwa rya Basketball ryo kwizihiza umunsi w’abagore, irushanwa ryabereye muri Lycee de Kigali ku Cyumertu tariki 10 Werurwe 2024.
Ku wa 10 Werurwe 2024, Umunya-Nigeria Rafael Osaluwe ukina hagati mu kibuga mu ikipe ya AS Kigali, yasabye umukunzi we Umuhoza Liliane kuzamubera umufasha iteka ryose.
Mu mpera z’icyumweru gishize, i Kigali hasojwe irushanwa riba buri mezi atatu rya Boxing Night Series icyiciro cya kabiri, aho abakinnyi nka Nsengiyumva Vincent na Kabango Jerry baryegukanye mu cyiciro cy’ababigize umwuga.
Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu Amavubi batangiye umwiherero wo kwitegura imikino ibiri ya gicuti ruzahuriramo na Botswana na Madagascar.
Abakinnyi b’ikipe y’Ingabo z’Igihugu mu mikino wa Basketball (APR BBC) kuri uyu wa Gatandatu tariki 09 Werurwe 2024, basangiye n’abana bakina basketball barenga 150 babarizwa muri ishuri ryigisha uyu mukino ryitwa Rafiki Kids Academy.
Ikipe ya APR WFC na Forever WFC zakinaga icyiciro cya kabiri cy’umupira w’amaguru mu Rwanda zamaze kubona itike yo kuzakina icyiciro cya mbere cy’umupira w’amaguru umwaka utaha nyuma yo gutsinda imikino ya kamarampaka.
Kuri iki Cyumweru, ikipe ya Liverpool yanganyirije mu rugo na Man City 1-1 mu mukino w’umunsi wa 28 wa shampiyona y’u Bwongereza, biha Arsenal umwanya wa mbere.
Mu mukino w’umunsi wa 24 wa shampiyona, ikipe ya APR FC yatsinze Rayon Sports ibitego 2-0, ishyiramo ikinyuranyo cy’amanota 13 ku rutonde rwa shampiyona.