Volleyball: Police VC itaratsindwa iracakirana na Kepler, RRA irakomeza kuyobora mu cyiciro cy’abagore?

Kuri uyu wa Gatanu tariki 06 muri Sitade nto y’i Remera (Petit Stade Amahoro) harakomeza shampiyona ya Volleyball hakinwa umunsi wa gatanu, aho imikino yose iteganyijwe kuri uyu munsi iri bugire impinduka ku rutonde rwa shampiyona.

Police VC y'abagore irisobanura na RRA zombi zitaratakaza umukino n'umwe
Police VC y’abagore irisobanura na RRA zombi zitaratakaza umukino n’umwe

Ku ikubitiro ku isaha ya saa kumi z’umugoroba, mu bagore, ikipe ya Rwanda Revenue Authority (RRA) itaratsindwa umukino n’umwe kuva shampiyona yatangira, irakina na Police VC na yo itaratakaza umukino n’umwe kuva shampiyona yatangira, bivuze ko ikipe iza gutsinda hano, iza kuyobora urutonde rwa shampiyona bidasubirwaho ndetse binashoboka ko yazasoza imikino ibanza iyoboye izindi.

Nyuma y’uyu mukino, harakurikiraho undi mukino na wo ukomeye ugomba guhuza ikipe ya APR VC y’umutoza Sammy Mulinge na Gisagara VC itozwa na Yakana Guma Laurence saa kumi n’ebyiri. Gisagara VC iri ku mwanya wa kabiri ku rutonde rusange rwa shampiyona mu gihe ikipe ya APR VC yo iri ku mwanya wa Gatanu. Ibi bivuze ko ikipe ya APR VC niramuka itakaje uyu mukino, iraba yishyize mu mibare myinshi yo kubura mu makipe ane ya mbere, mu gihe Gisagara yo yakomeza kwirukanka inyuma ya Police VC.

Ese Kepler irasubira Police VC ?
Ese Kepler irasubira Police VC ?

Nyuma y’uyu mukino, harakurikiraho imikino y’abagabo aho Police VC y’umutoza Musoni Fred utaratsindwa kugeza ubu, na we aza gucakirana na Kepler VC itozwa na Nyirimana Fidèle. Uyu mukino uteganyijwe ku isaha ya saa mbili z’umugoroba.

Kwinjira kuri iyi mikino ni amafaranga ibihumbi bitanu kuri buri muntu. Imikino ibanza ya shampiyona ya Volleyball biteganyijwe ko izasozwa mu mpera z’icyumweru gitaha.

Iyi mikino yose irabera muri Petit Stade i Remera
Iyi mikino yose irabera muri Petit Stade i Remera
Uko amakipe aza guhura mu bagore uyu munsi
Uko amakipe aza guhura mu bagore uyu munsi
Uko biza kuba bimeze mu bagabo
Uko biza kuba bimeze mu bagabo
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka