Shampiyona ya Handball igiye gukinirwa muri Petit Stade Amahoro

Shampiyona ya Handball mu mpera z’iki cyumweru irakinirwa muri Petit Stade Amahoro, imikino izasozwa n’umukino uzahuza APR HC na Police HC ku Cyumweru

Shampiyona y’icyiciro cya mbere muri Handball mu bagabo, irakomeza mu mpera z’icyumweru ikinirwa muri Petit Stade Amahoro guhera ku wa Gatandatu ndetse no ku Cyumweru, imikino igiye kuhabera ku nshuro ya mbere

Shampiyona ya Handball bwa mbere igiye gukinirwa muri Stade Amahoro
Shampiyona ya Handball bwa mbere igiye gukinirwa muri Stade Amahoro

Umwe mu mikino uba utegerejwe na benshi ni umukino uhuza Police na APR HC, uyu mukino ukazaba kuri iki Cyumweru i saa kumi z’umugoroba muri Petit Stade Amahoro.

Petit Stade Amahoro igiye kwakira shampiyona ya Handball ku nshuro ya mbere
Petit Stade Amahoro igiye kwakira shampiyona ya Handball ku nshuro ya mbere

Ubusanzwe imwe muri iyi mikino yari iteganyijwe kuzabera ku bibuga bya ES Kigoma, College ADEGI ndetse na Maison des Jeunes Kimisagara, ariko habaho impinduka zishingiye ku ngengabihe y’amarushanwa mpuzamahanga ari imbere ndetse no kwirinda ko imihindagurikire y’ikirere yarogoya iyi mikino.

Gahunda y’imikino mu mpera z’iki yumweru izabera muri Petit Stade Amahoro

Ku wa Gatandatu tariki 07/12/2024

NYAKABANDA HC vs POLICE HC 9:00
APR HC vs COLLEGE ADEGI 10:30
ES KIGOMA vs NYAKABANDA HC 12:00
COLLEGE ADEGI vs GICUMBI HT 13:00
POLICE HC vs ES KIGOMA 15:00
GICUMBI HT vs APR HC 18:00

Amakipe azaruhuka: UR HUYE, GORILLAS, UB SPORTS, MUSANZE HC AND UR RUKARA

Ku Cyumweru tariki 08/12/2024

UR RUKARA vs ES KIGOMA 9:00
COLLEGE ADEGI vs GORILLAS HC 10:30
UR HUYE vs UR RUKARA 12:00
ES KIGOMA vs COLLEGE ADEGI 13:00
GORILLAS HC vs UR HUYE 15:00
APR HC vs POLICE HC 16:30

Amakipe azaruhuka: GICUMBI HT, UB SPORTS, MUSANZE HC AND NYAKABANDA

APR HC na Police HC zigiye gucakirana muri Petit Stade Amahoro kuri iki Cyumweru
APR HC na Police HC zigiye gucakirana muri Petit Stade Amahoro kuri iki Cyumweru
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka